RFL
Kigali

Ibyo ntibikwiriye! Perezida Kagame yaburiye abagabo bakubita abagore ‘inkingi y’umuryango’

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:8/03/2024 14:00
0


Perezida Paul Kagame yavuze ko Umugore ari Inkingi y'Umuryango n'Igihugu, bityo akwiriye uburenganzira bungana n'ubw'abandi, kandi akwiriye kurindwa ihohoterwa aho riva rikagera.



Umukuru w'Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Werurwe 2024, mu birori byabereye muri BK Arena mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w'Umugore.

Ni ibirori byitabiriwe n'abantu barenga 7,000. Umukuru w'Igihugu yavuze ko Umunsi Mpuzamahanga w'Umugore ari 'Umunsi ukomeye cyane'. Yavuze ko kuvuga umugore ahera mu Rwanda kuko ari byo byo kwitaho cyane.

Ati “Kuvuga umugore mpereye mu Rwanda niho bindeba cyane ariko uwashaka yakubakira n’aho akajya n’ahandi kuko uyu ni umunsi w’abagore, w’umugore ku Isi hose."

Umukuru w'Igihugu yibukije uruhare rw'umugore mu mateka y'Igihugu ariko cyane cyane mu kubaka Igihugu cyacyu aho 'cyagize amateka atari meza akagisenya'.

Ati “Turahera iwacu, ndetse tugahera ku gushaka kwibuka, uruhare rw’umugore mu mateka y’igihugu ariko cyane cyane mu kubaka igihugu aho cyagize amateka atari meza, akagisenya ariko noneho mu kongera kucyubaka, umugore yagize uruhare runini cyane.”

Yavuze ko umugore yagize uruhare runini mu kongera kubaka u Rwanda nyuma yo guhura n'amakuba y'icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Akomeza agira ati "Umugore yagize uruhare mu iterambere ry'igihugu mu buryo bw'ubukungu, ariko icyabanje ni mu buryo bwo kubaka umuryango nyarwanda. Ni nayo mpamvu twashoboye kongera gushyira abanyarwanda hamwe, kongera kwiyubaka, uruhare runini rwagaragaye ku mugore w'umunyarwanda..."

Perezida Kagame yavuze ko mu kubohora 'iki gihugu' n'umugore yagize uruhare kuko no 'ku rugamba bari bahari'.

Umukuru w'Igihugu yavuze ko umugore ari "umubyeyi urerana abana nari ngiye kuvuga ngo akarera n'abagabo".

Ati "Abagabo ubwo mutureba aha turirarira gusa ariko udafite umugore umufasha akamwubaka biba ingorane. Urumva rero niyo mpamvu umugore yitwa ko ari inkingi y'urugo."

Yavuze ko umugore ari umuntu adasanzwe mu buzima kuko 'abazwa ibyo mu rugo akabazwa n'ibyo hanze'.

Perezida Kagame yavuze ko nta muntu utari ukwiye kumva neza impamvu umugore yahabwa ijambo n'uburenganzira. Ati "Ahatumvikana nihe se?."

Ahubwo igikwiriye kumvikana neza ni ukutitambika imbere ye ngo umubuze amahoro n'ibindi agenewe nk'ubureganzira nk'ubwa buri muntu wese.

Yamaganiye kure ihohoterwa rikorerwa abagore, avuga ko nta muntu ukwiriye kubyihanganira, kandi ibi bigomba gutangirira ku mugore akabyumva.

Yavuze ko hari abagore bashobora kwihanganira ihohoterwa ahanini bitewe n'amateka, ariko siko byagakwiye kugenda. Ati “Ibintu by'ihohoterwa byo ni ugukabya. Ntabwo bikwiriye kuba na gato. Ntabwo bikwiriye na rimwe. Nta n'ubwo abantu bakwiriye kubyihanganira. Reka mbanze mpera no ku mugore ubwe, ntakwiye kubyihanganira.”

Perezida Kagame yavuze ko nta mugabo wakabaye ukubita umugore we, kandi ko Leta yashyizeho amategeko ahana kandi abuza ihohotera ryo mu ngo.

Ati "Iyo umugabo yarakaye, iyo yabuze ikindi akora, umujinya wose akawumarira ku mugore, ubwo se nta n'ubwo nzi ko icyo ari ikinyarwanda icyo ng'icyo. Si amajyambere, si Ikinyarwanda, ntabwo biri mu muco Nyarwanda, byavuye he? Bituruka he? Umugabo ukubita umugore, wagiye ugahimbira ku bandi bagabo bagukubita. Aho se harimo bugabo iki? Ibyo ntibikwiriye kuba na rimwe!

Umukuru w'Igihugu yagaragaje ko ikibabaje ari uko abagabo benshi bakubita abagore batamenyekana ariko 'ubundi baba bakwiriye kubibazwa n'amategeko'.

Ati "...Amategeko akwiriye kubihanira, akwiriye kubibuza. Ariko noneho n'umuco ukwiriye kubibuza, ukwiriye kubihagarika..."

Yavuze ko imiryango ibanye neza bitanga amahoro mu miryango no ku gihugu, bikarenga kuba bubakanye urugo, ahubwo bakubaka igihugu 'buri wese iyo agize ituze'.

Yavuze ko abona uruhare rw'umugore mu iterambere ry'Igihugu, kandi ni ibintu yanabonye mu rugamba rwo kubohora u Rwanda. Yahamagariye abagore kujya mu nzego z'ubuyobozi, kuko bakwiriye kubyumva, kandi buri wese akajyayo 'nk'umuntu afite uburenganzira'.

Ati “Ahafatirwa ibyemezo byukaba igihugu cyangwa biyobora igihugu bigiteza imbere ntabwo waheza umugore. Abagore rero turabahamagarira kwitabira, mwumve kandi ko ari uburenganzira bwanyu mugire n’ubushake bwabyo.”

“ Kujya mu nzego z’ubuyobozi ndetse ntujyeyo nk’umugore, ujyeyo nk’umuntu ubifitiye uburenganzira, nugerayo mu gukemura ibibazo igihugu gifite, uzibuka ko nk’umugore, abagore bafite ibyo babuzwa no kuba abagore, icyo gihe mu ngamba zifatwa mu nzego za leta wibuke ko icyo kigomba gukemuka.”

Umukuru w'Igihugu yavuze ko mu kubaka umutekano w'Igihugu nta mugore ukwiriye guhezwa. Yabwiye abagore kumva ko ntawe ukwiriye kubabuza uburenganzira bw'abo, kandi bakwiriye kubiharanira.

Yababwiye ko iyo 'umuntu ataguhaye uburenganzira' uhagaruka ukabushakisha. Mu ijambo rye, kandi yibukije buri munyarwanda ko ntawe ukwiriye gutekereza ko azamuha uburenganzira, ahubwo akwiriye guhagaruka akabwiha.

Perezida Kagame yavuze ko umutekano n'uburenganzira bw'u Rwanda 'ntawe wo kubisaba'. Ati "Urabiduha ku neza cyangwa ku byo ntavuze."

Yanabwiye abagore kuzirikana uyu munsi nk'urugendo rw'aho bavuye, aho bagana ndetse n'aho bagana. Ariko kandi uyu munsi ukwiriye guhora batuma bisuzuma, bareba aho bavuye ndetse n'aho bageze.

Yisunze indirimbo 'Ndandambara' yamamaye mu buryo bukomeye mu gihe cy'amatora y'Umukuru w'Igihugu mu 2017, Perezida Kagame yavuze ko 'kuri uyu munsi utwibutse iyo nzira, ndandambara'.


Perezida Kagame yavuze ko umugore ari inkingi y’umuryango n’Igihugu


Perezida Kagame yavuze ko imbogamizi zirimo ihohoterwa, kwitambika imbere y’umugore kumubuza ibimugenewe cyangwa uburenganzira zigomba kuvanwaho

Perezida Kagame yavuze ko abagore bafite imbaraga nyinshi mu rugendo rwo kubaka Igihugu















TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND