RFL
Kigali

Iyo umuntu yitabye Imana nimero ye ya telefone ijya he?

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:5/03/2024 11:33
2


Abanyarwanda hafi ya bose bibaza aho nimero y’umuntu witabye Imana ijya nyuma y’uko atakiriho. Ubusanzwe mu mategeko y’itumanaho, bivugwa ko nimero ari iy’umuntu ku giti cye nta wundi ugomba kuyikoresha uko yiboneye.



Umubare munini w’abantu bafite aho bahurira n’itumanaho, bahorana ikibazo cy’aho nimero y’umuntu ishyirwa nyuma y’uko bimenyekanye ko yitabye Imana.

Umukozi wa MTN Rwanda ushinzwe amashami yayo akorera mu gihugu haba amato n’amanini, Abaho Innocent, yatangaje ko ubusanzwe nimero aba ari iy’umuntu ku giti cye nta wundi bakwiye kuyihuriraho.

Yasobanuye ko nk’uko mu nzego za Leta iyo umuntu yitabye Imana hagomba gukosorwa imyirondoro ye mu bigo bibishinzwe, ari nako no mu itumanaho iyo umuntu yamaze kwitaba Imana terefoni ye ikwiye guhita iva ku murongo kuko nta wundi uba ugomba kuyikoresha, cyeretse iyo hari impamvu ikomeye yemejwe n’ubuyobozi bwa Leta yuko iyo nimero ishobora guhabwa undi muntu.

Ati: “Icyo gihe ashobora kuba ari umwe mu bazungura be, yujuje ibyangombwa byose dusaba iyo nimero tukaba twayimuha nawe. Ariko ubundi nimero ni iy’umuntu ku giti cye, niba utakiriho ntabwo ubundi nimero yawe igombye kuba ikora.”

Mu mpera z'umwaka ushize, MTN Rwanda yari ifite abakiliya barenga miliyoni 7, ubwo yishimirga isabukuru y'imyaka 25 imaze igeza ku baturarwanda serivisi zinoze z'itumanaho n'ikoranabuhanga.





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Niyonkuru Francois Regis 6 months ago
    Ok nibyiza cyane gusa nagiragango nibarize none kuki bashobora gufunga Numero y'umuntu kd ayikoresha ikanafungwa atabimenyeshejwe ikindi kd ese nigute umuntu abakorera mwarangiza mukamufungira sim card ntimunamuhembe kd ntakosa mumushinja. ?
  • Bosco6 months ago
    Nimero y'umugore wange bayihaye undi mugore tutanazi. Rwose MTN izo nimero ihita izigurisha kubandi bantu





Inyarwanda BACKGROUND