RFL
Kigali

Bruce Melodie mu b'imbere! Abahanzi nyarwanda baciriye bagenzi babo inzira y'ubwamamare

Yanditswe na: Freddy MUSONI
Taliki:5/03/2024 6:38
0


Uzumva abanyarwanda bavuga ngo ‘Ugira ineza ukayisanga imbere’. Ubanza iyi ariyo ntero yo kugira neza ku bantu bamwe na bamwe cyangwa se ikaba impamvu yo kugira neza cyane ko uziko nawe wigeze kuyigirirwa.



Umuhanzi mpuzamahanga w’umunya Nigeria David Adedeji Adeleke wamamaye nka Davido niwe ukunda gukoresha ijambo ‘We rise by lifting others’ ry’umwanditsi w’umunya Amerika, Robert G Ingersoll. Iri jambo rifite igisobanuro mu rurimi rw’ikinyarwanda rivuga ngo ‘Dutera imbere kugirango dufashe abandi’.

 Iri jambo nkaho ridahagije, Abanyarwanda bo bagiye kure baravuga ngo ‘Akebo kajya i wa Mugarura, icyo ubibye nicyo usarura’ n’indi migani iganisha ku kuba iyo ugize neza, nawe uba uzagirirwa neza cyangwa se uwagiriwe neza agomba kugirira neza abandi.

Umuhanzi uri mu bagezweho muri iyi minsi, Kevin Kade yatangaje ko Christopher ariwe wamwishyuriye indirimbo bwa mbere. Abasomye Bibiliya cyane bakubwira ko iyo utanze ukoresheje ukuboko kw’iburyo, ukw’ibumoso kutagomba kubimenya. Ibi ubanza aribyo Christopher yizera kuko ntiyanyuzwe n’uko byamenyekanye.

Umuhanzi Christopher yavuze ari ibintu byakorewe inyuma y’amarido bityo ko bitari bikwiye kujya hanze. Icyakora hari n’abizera ko igihe ukoze ikintu cyiza uba ugomba kugitangaza cyane ko uba wabera n’abandi urugero. Ibi byatumye InyaRwanda ibategurira urutonde rw’abahanzi batandatu bashyize itafari muziki wa bagenzi babo.


Kevin Kade yatangaje ko Christopher yamwishyuriye indirimbo bwa mbere


Christopher ntiyemeranya na Kevin Kade uvugira mu ruhame ko yamufashije

 

Ku mwanya wa mbere turahasanga Igitangaza Bruce Melodie

Umuhanzi Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie, ukunze kwiyita Igitangaza, urugendo rwe rwabereye igitangaza abandi kuko kuva yatangira kumenyekana muri 2012, amaze gufasha abahanzi batandukanye.

Bruce Melodie wafashijwe n’inzu zifasha abahanzi zitandukanye zirimo ‘Super Level, Cloud9 Entertainment’ n’izindi, muri 2020 nibwo yashinze kompanyi ifasha abahanzi ya Igitangaza Music.

 Iyi nzu yahise isinyisha abahanzi babiri aribo Juno Kizigenza wari uvuye kwiga amashuri yisumbuye ndetse na Kenny Sol wari urimo kugorwa no gukora umuziki wenyine.

Aba bahanzi Bruce Melodie yababereye itara ku buryo aho bakomangaga bakiranwaga na yombi cyane ko ari naho ubuzima bwabo bwahindukiye. Juno Kizigenza wari urimo gatangira umuziki, yakoze indirimbo nka ‘Mpa Formula, Nazubaye, Nightmare, Solid’ n’izindi zatumye aba umuhanzi munini.

Kenny Sol wari umaze iminsi avuye mu itsinda rya Yemba Voice, yari amaze igihe akora indirimbo zirimo ‘Babiri, Njye Nawe’ n’izindi ariko zitarenga umutaru. Akimara gutangazwa nk’umuhanzi urimo gukorana na Bruce Melodie, yahise akora indirimbo nka ‘You & I, Umurego, Agafire na Ikinyafu’ yakoranye na Bruce Melodie.

Nyuma y’izi ndirimbo icyo yakoragaho cyose cyabaga zahabu dore ko indirimbo zose yakoze zakunzwe zirimo ‘Haso, Say My Name, Foret, Jolie’ n’izindi.

Usibye aba bahanzi babiri Bruce Melodie yafashije ku buryo bweruye, yanashyize itafari ku kumenyekana kwa Element.

Bruce Melodie iyo umubajije impamvu akunda gufasha bagenzi be, akubwira ko nawe yafashijwe n’abandi. 

Bruce Melodie atangira ubuzima ntago byari byoroshye kuko n’iyo yashakaga itike yo kujya kuri radio, akenshi yategerwaga na producer Piano cyangwa Fazzo big Producer.


Bruce Melodie aza ku isonga mu bahanzi nyarwanda bafasha cyangwa se bafashije bagenzi babo



Kenny Sol na Juno Kizigenza ni abanyeshuri wa Bruce Melodie

Riderman

Gatsinzi Emery, Riderman cyangwa se Igisumizi,ni umuraperi ufatwa nk’uwibihe byose mu bagikora mu Rwanda. Uyu mugabo ni bake banganya ibigwi ku va mu  2006 akora umuziki wo munjyana y’umujinya izwi nka HipHop.

Riderman ugiye kubara uruhare rwe mu muziki wageza ejo kuko ni gake wakumva hari umuraperi cyangwa undi muhanzi utazi ubufasha bw’uyu muraperi haba mu gukorana no gukorerwa indirimbo.

Riderman muri 2012 nibwo yashinze Label ya Ibisumizi ahita asinyisha abahanzi batandukanye bari bagezweho icyo gihe barimo Amag The Black, Queen Cha, Social Mula, M Izo n’abandi batumye izina ‘Ibisumizi’ ritumbagira cyane kugeza n’ubu ritazapfa gusibangana mu mitwe y’abanyarwanda.

Iyi label yabayeho kuva 2012 kugeza mu mpera za 2014 ikaba yari ifite studio yayo yakoragamo producer T Brown.

 Mu mwaka ushize nibwo Riderman yongeye gufungura iyi nzu ariko igaruka ari studio ikoreramo producer Evy decks na Chrsy Neat usanzwe ari umuhanga mu gutunganya amajwi akaba n’umuririmbi.

Usibye abo bahanzi yasinyishije, kuva muri 2020 iyo Riderman iyo agiye  ku rubyiniro aba ari kumwe n’umuhanzi Karigombe Siti True akaba amaze kumenyekana kubera gukorana nawe ariko akaba azwiho ubuhunga budasanzwe mu njyana ya Hiphop ndetse yasoje amashuri y’umuziki ku ishuri rya Nyundo.


Riderman yafashije benshi mu muziki nyarwanda

Uncle Austin

Austin Lowano, umunyamakuru akaba n’umuhanzi wamamaye ku izina rya Uncle Austin arazwi mu myidagaduro nyarwanda kuva mu mwaka wa 2006 kugeza n’ubu ni ishyiga ry’inyuma.

Uyu mugabo ukorera radio Kiss Fm yaciye kuri nyinshi zitandukanye ndetse ni umwe mu bahanzi bagize uruhare ku iterambere ry’abahanzi nyarwanda.

 Byumwihariko Uncle Austin yafashije abahanzi barimo Bruce Melodie na nyakwigendera Yvan Buravan.

Usibye aba bahanzi yagiye afasha, Uncle Austin abinyujije muri The Management yaje guhinduka, yafashije abahanzi barimo Victor Rukotana ndetse na Linda Montez barimo gukorana kugeza ubu.

Muri 2017 nibwo Uncle Austin yasinyishije Victor Rukotana bahita banakorana indirimbo ‘Mama cita’ yakunzwe cyane. Uyu muhanzi yahise akora izindi ndirimbo nka ‘Sweet love, Promise, Se agapo, Warumagaye’ n’izindi.

Icyakora aba bombi batandukanye muri 2019 , bongera gusubirana mu 2022 nabwo bakorana indirimbo zitandukanye zirimo ‘Igipfunsi’ n’izindi.

Uyu muhanzi ujya ucishamo akaririmba umuziki wo mu bwoko bwa Gakondo, ni umwe mu bamaze kugira izina abikesha Uncle Austin.

Icyakora nubwo batabyerura, barasa n’abongeye bagatandukana.

Uncle Austin kandi muri 2023 yasinyishije umuhanzikazi Linda Montez bakorana indirimbo ‘Slow Down’.

Icyakora n’aba bivugwa ko umubano utakiri mwiza cyane ariko bidakuraho ko hari amarembo yamukinguriye.

Usibye aba yasinyishije, ntawakwirengagiza uruhare rwa Uncle Austin ku muziki wa Marina cyane ko ariwe wavumbuye iyi mpano binyuze kuri radio ubwo Marina yahamagaraga mu kiganiro uyu Austin yakoraga agashima Impano ye ndetse akamuhuza n’abamufasha barimo Bad Rama


Uncle Austin yashyize itafari ririni ku rugendo rw’abahanzi batandukanye mu Rwanda


Victor Rukotana yaberewe itara na Uncle Austin


Linda Montez aherutse guca mu biganza bya Uncle Austin


Marina yaberewe ikiraro na Uncle Austin

The Ben

Nyakwigendera Mbonimpa John, umubyeyi wa Mugisha Benjamin [The Ben] yigeze kuvuga ko yise The Ben ‘Mugisha’ kandi akaba yarawubonye.

 Abagerageje kubana n’uyu muhanzi bakubwira ko ari umugisha ku bandi ndetse n’ababirebera kure bagerageza kubibona.

Kuba umugisha abana nabyo no mu kazi ke ka buri munsi ariko k’umuziki. The Ben ugiye kubara abahanzi yahaye ubufasha mu buryo butaziguye ntiwababara kuko binavugwa ko ariwe wahuje Meddy na Producer Lick Lick nyuma yo kumva impano ye akayishima kuri ubu akaba ari umuhanzi udasanzwe.

Muri 2019 nibwo yatangaje ko yasinyishije umuhanzi mushya ‘Shaffy’ wari wakoze indirimbo ‘Akabanga’ binyuze muri Rockhil label. 

Uyu muhanzi yari aje neza kubera ko yari aje yisanga cyane ko atari akeneye gukomanga kuko imyidagaduro yari ajemo, The Ben wari umuzanye yari intiti.

Shaffy yahise ahirwa n’urugendo akundwa cyane mu ndirimbo nka ‘Akabanga ndetse na Sukuma’. Aba bombi nyuma y’izi ndirimbo ebyiri bahise bahagarika imikoranire uyu musore atangira urugendo rwe cyane ko atari akigowe nka mbere.

Shaffy nyuma yo guca mu biganza bya The Ben yakoze indirimbo zitandukanye zakuznwe zirimo na ‘Bana’ aheruka gukorana na Chriss Eazy.

Icyakora kuva yatandukana na Shaffy bakoranye umwaka umwe, ntago arasinyisha undi muhanzi


The Ben yafashije Shaffy wari ugitangira umuziki


Shaffy ukunzwe muri ‘Bana’ yanyuze mu biganza bya The Ben

King James

Ruhumuriza James, umuhanzi akaba n’umushoramari muri muzika nyarwanda, ni umwe mu bafite izina rinini ndetse nawe yatangiye kubikoresha afasha abandi bahanzi.

King James ari ku ruhembe mu bahanzi nyarwanda kuva mu mwaka wa 2009 ndetse byaramuhiriye cyane ko yavanyemo ubuzima kuri akaba afite urubuga rucuruza imiziki n’ibindi bihangano mu by’ubwenge yise ‘Zana Talent’.

Muri uyu mwaka nibwo King James yatangiye gukorana n’umuhanzi mushya witwa Manike. King James yabigaragaje akorana n’uyu musore indirimbo yitwa ‘Akayobe’ yahise yerekwa igikundiro ikuzuza miliyoni y’abayirebye kuri YouTube mu gihe kigana n'ukwezi.

Iyi ndirimbo yarirukanse ndetse irakundwa cyane kubera izina King James ndetse binavugwa ko ashobora kuzatangaza ko barimo gukorana ku mugaragaro.

Iyi ndirimbo ikaba yaragaragaje ko igihe King James yakoza uyu mujyo byaba ari amata abyaye amavuta ku ruganda rwa muzika.


King James yinjiye mu gufasha abahanzi mu buryo butaziguye


Manike ushobora kuba arimo gufashwa na King James

Juno Kizigenza

Uwavuga Kwizera Jean Bosco umaze kwamamara nka Juno Kizigenza nawe yari agikeneye gufashwa ntiyaba abeshye ariko ubanza yemeranya n’abavuga ngo ‘Ahatari umwaga uruhu rw’urukwavu rusasira batanu’. Iri ni ijambo abanyarwanda bakoresha iyo bagira ngo berekane ko nta bike byo kudasangirwa.

Byagora buri umwe kumva ko Juno Kizigenza umaze imyaka itatu mu muziki, nawe yatangiye gufasha abandi. Juno yasinye muri Igitangaza Music muri 2020 atandukana nayo muri 2021, muri 2023 atangaza ko yasinyishije umuhanzikazi France Mpundu.

Juno Kizigenza akimara gusinyisha France yahise amukorera indirimbo yise ‘Umutima’ kugeza ubu imaze kurebwa n’abagera ku ibihumbi magana ane kuri YouTube.

Umunyamakuru wa InyaRwanda aherutse gusura imwe muri studio ikomeye mu Rwanda yumvamo umushinga w’indirimbo ihuriyemo uyu mukobwa, Chriss Eazy, Alyn Sano, Danny Nanone n’abandi nayo ishobora kuzakundwa.


Juno Kizigenza yabaye urugero rwiza rw’umuhanzi muto ariko wafasha mugenzi we bibaye ngombwa


France Mpundu afashwa na Juno Kizigenza






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND