RFL
Kigali

Iserukiramuco Mashariki rigiye kuba hanizihizwa imyaka 10 yo guteza imbere Cinema

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/03/2024 12:18
0


Abategura iserukiramuco rya “Mashariki African Film Festival” batangaje ko rizaba tariki 2 Ugushyingo kugeza tariki 8 Ugushyingo 2024 bizihiza imyaka 10 ishize bagira uruhare mu guteza imbere Cinema mu ngeri zinyuranye.



Rizaba ryubakiye ku nsanganyamatsiko y’intumbereho ishamikiye ku mahoro (Visions for Peace). Bazaba bizihiza imyaka 10 ishize mu rugendo rw’amavugurura n’iterambere bahanze amasomo mu guteza imbere cinema Nyarwanda ikagera ku rwego Mpuzamahanga nk’imwe mu nkingi izamura ubukungu bw’Igihugu.

Mashariki yatangiye mu 2003 ifite intego yo gufasha filime zikorerwa mu Rwanda kubasha kugera ku rwego mpuzamahanga rya Cinema. Ryatangiye benshi mu bakoraga filime batarabasha kubona amahirwe yo guserukira u Rwanda mu mahanga.

Nyuma y’uko ritangijwe ryafunguye amarembo, abakora filime batangira kwisanga mu mahanga. Ibi ariko ntibyasubije ibibazo bikigaragara muri cinema, birimo nko kuba abakora filime n’abandika filime batabasha kubigeza ku isoko nk’uko bikwiye.

Ariko mu rugendo rwo kwishakamo ibisubizo, bamwe batangiye kuzicururiza kuri Youtube, zimwe muri Televiziyo zikorera mu Rwanda zitangira kugura filime zo mu Rwanda, ariko ntabyo ntibihagije mu gushakira isoko abakora bakanatunganya filime.

Mashariki African Film Festival ni iserukiramuco ngaruka mwaka rigamije kumenyekanisha filime Nyafurika ndetse n’izo mu Rwanda no kuzikundisha Abanyafurika n’Isi yose muri rusange.

Umuyobozi wa Mashariki African Film Festival, Senga Tressor aherutse kuvuga ko mu rwego rwo kwizihiza imyaka 10 ishize batangije Mashariki, batangiye gutegura ibikorwa birishamikiyeho birimo n’isoko ryo gucuruza ibihangano bise ‘Masharket’, ihuriza hamwe abatunganya filime n’abazigura.

Asobanura ko ari ‘isoko ry’abakora filime, abagurisha, abagura, abakora muri uyu mwuga bose kugeza ku bahagarariye za Televiziyo’.

Iri soko rya filime ryabereye bwa mbere muri Camp Kigali mu mpera za 2023. Ryatangijwe mu gihe muri Afurika hari amasoko abiri gusa ya filime, arimo iryo muri Afurika y’Epfo n’iryo muri Burkina Faso.

Muri rusange abahurira mu isoko rya filime ni abari mu mwuga wa cinema, abacuruza ibihangano, abakoze filime, abafite ibitekerezo, abafite inkuru banditse n’abandi.

Uyu muyobozi avuga ko benshi mu bakora filime bagihura n’imbogamizi zo gukora filime ariko ntibabone aho kuzigaragariza, akavuga ko iri soko rije kuba igisubizo.

Akomeza ati “Mu isoko nkiri haza umuntu ufite amafaranga ariko udafite igitekerezo (ku bijyanye n’ikorwa rya filime) agashaka umuntu ufite igitekerezo runaka akavuga ngo nganiriza ku mushinga wawe, yakumva ari umushinga wunguka mugakorana.”

Imibare igaragaza ko abantu Miliyari 1 na Miliyoni 200 bagerageza kugera ku isoko rya filime muri Afurika, kandi hashorwamo agera kuri madorali Miliyoni 400.


Iserukiramuco rya Mashariki rigiye kuba abaritegura bizihiza imyaka 10 ishize batangiye ibikorwa

Umuyobozi wa Mashariki African Film Festival, Senga Tressor [Uri uburyo] aherutse kuvuga ko bishimira imyaka 10 ishize bateza imbere Cinema
Mu 2023, abahize abandi muri ‘Mashaket’ ishamikiye kuri Mashariki barashimiwe











TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND