Ibirori bya Paris Fashion Week birarimbanije ndetse abanyarwanda nabo bari mu babyitabiye aho bari kumurika imyambaro y’inzu zitandukanye zikomeye ku Isi.
Guhera ku wa 26 Gashyantare kugera
ku wa 05 Werurwe 2024, abakurikiranira hafi ibirebana n’imideli bahanze amaso mu
Bufaransa ahari kubera ibirori bya Paris Fashion Week.
Nk'uko byagenze n’umwaka ushize, abanyarwanda ni bamwe mu bari kwerekana imyambaro muri ibi birori
barimo Umutoni Ornella, Niyirera Esther, Mushikiwabo Denyse, Christine Munezero
na Umufite Anipha.
Ibi birori bikaba byaritabiwe
na Kanye West umuhanzi ariko ubihuza n’ishoramari rishamikiye ku mideli n’ibindi
aho yari kumwe n’umugore we Bianca Censori.
Amafoto y'aba bombi akaba
akomeje guhererekanwa ku mbuga zitandukanye ariko byumwihariko hagarukwa ku buryo
uyu mugore ubwambure bwe bwagaraga kandi ubona ntacyo bibwiye Kanye cyane ko
atari ubwa mbere.Mu bihe bitandukanye Bianca agaragara yambaye hafi y'ubusa yakabya akambara ishashi ibonerana
Kanye West ntacyo biba bimubwiye kuba umugore yakereka Isi ubwambure bwe nubwo mu bihe bitandukanye Kim Kardashian yakomeje kwerekana ko bidakwiye nk'umugabo uzi ko yabyaye
TANGA IGITECYEREZO