RFL
Kigali

Agira indoto zagutse - Uko Juliana Kanyomozi abona Bobi Wine ufite inyota yo kuyobora Uganda

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:28/02/2024 11:28
0


Juliana Kanyomozi yagarutse ku bihe yanyuranyemo na Robert Kyagulanyi Ssentamu [Bobi Wine] mu muziki akomoza ku kuba uyu mugabo kuva cyera agira indoto ngali anavuga ku mahirwe yo kongera gukorana indirimbo.



Juliana Kanyomozi wakoranyeho indirimbo zitandukanye na Bobi Wine, yavuze uko abona uyu mugabo usigaye afatanya umuziki na politike. Agaragaza ko Bobi Wine ari umuntu wamye agira inzozi ngari kandi uharanira kugera ku cyo yiyemeje.

Mu magambo ye Julianna ati: ”Bobi Wine nzi aracyari wa wundi. Yahoze ari umunyarava, ugira indoto zagutse kuruta uko abandi bantu babitekereza kandi ntewe ishema nuko akigerageza kuzigeraho.”

Ibi yabitangaje nyuma gato yo gusubiza ibitangazamakuru niba hari amahirwe y'uko abakunzi b'umuziki wa Uganda bazongera kumva indirimbo nka Maama Mbire yabiciye mu Karere aba bombi bakoranye.

Uyu mugore yavuze ko bigoye kuvuga ko byakunda kuko muri iyi minsi Bobi Wine ari muri politike cyane mu gihe uyu mugore ari mu muziki ariko yongeraho ko ibihe ari byo bigena.

Julianna yagize ati: ”Indirimbo twakoranye zaramamaye cyane bitari muri Uganda gusa, ahubwo no mu Karere, ariko nk'uko mubizi gukura bigenda bitanga amahitamo mashya, ari muri politike ndi mu muziki.”

Yongeraho ati: ”Ntawamenya ariko muri iki gihe Bobi Wine arahuze sinzi niba yakongera kubona umwanya w'ibyo. Bibaho simbihamya pe.”

Uretse Maama Mbire, Bobi Wine na Juliana Kanyomozi banafitanye Taata W’abana zose zikaba ari indirimbo z’amateka mu muziki w’aba bombi kandi zazamuye ibyishimo bya benshi.

Kugeza ubu Bobi Wine ashyira imbaraga nyinshi muri politike aho muri 2017 yiyamamarije kuba umudepite mu Nteko Ishingamategeko ya Uganda akaza no gutsinda.

Nyuma yaje gushinga ishyaka aniyamamariza umwanya wa Perezida wa Uganda mu matora ya 2021 aho yari ahatanye na Perezida Kaguta Museveni.

Juliana Kanyomozi yavuze ko Bobi Wine ari umugabo ugira umurava, indoto zagutse kandi uharanira kugera ku cyo yiyemeje kandi akaba ari ko yahozeMuri iki gihe Bobi Wine yashyize imbaraga nyinshi muri politike aho agaragaza inyota yo kuyobora Uganda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND