Nsabimana Eric ukoresha Dogiteri Nsabi nk’amazina y’ubuhanzi yavuguruje inkuru zimaze iminsi zimuvugwaho, zimubika ko yamaze gushiramo umwuka atakiri mu mubiri, yemeza ko agihumeka
Dogiteri Nsabi uri mu banyarwenya bakunzwe mu Rwanda
yamenyekanye muri filime zirimo iza Killaman ndetse akundwa mu gutambutsa
urwenya no mu bitaramo bitandukanye bihuza abafite aho bahuriye n’uyu mwuga.
Nsabi ukomoka
mu Ntara y’Amajyaruguru yatangiye kugerwa amajanja, kuko hari inkuru n’amafoto
amwe n’amwe akwirakwizwa bivuga ko yamaze kwitaba Imana, bikamutera kwibaza
byinshi ariko ubuzima bugakomeza nk’ibisanzwe.
Nsabi,
akoresheje urubuga rwe rwa WhatsApp, yagaragaje ifoto banditsweho amagambo bandika
ku muntu wapfuye asezerwa. Iyo foto yanditsweho amagambo agiri ati" RIP" cyangwa se
Ruhukira mu Mahoro mu magambo arambuye.
Mu kiganiro na InyaRwanda yatangaje ko, iyo foto
yayikuye kuri Facebook yanditseho amagambo agaragaza ko yatabarutse, gusa
atangaza ko ibyo bitamutera ubwoba kuko n’ubundi ariyo nzira ya buri wese utuye
ku Isi.
Ati “ Ntabwoba bintera kuko n’ubundi nzataha”.
Uyu musore ukiri muto akomeje kwamamara binyuze mu mwuga wo gukina filime no kwagura ibikorwa bijyanye no gutambutsa urwenya.
Nsabi wakuze yarihebeye uyu mwuga, amaze kuba umwe mu batunze Youtube Channel
zirebwa kandi zinyuzwaho ibihangano bye bwite nka Dogiteri Nsabi Comedy.
Ibi yabitangaje abifatanije no gushimira benshi
bamukurikira kuri Instagram. Nsabi yageneye ubutumwa abantu bagera ku bihumbi 100 bakamukurikira kuri Instagram.
Ati “Ubu mwangurira akantu tugafatanya kwishimira
aba bankurikira kuri Instagram, babaye ibihumbi 100. Uwakanze follow wese Imana
imuhe umugisha”.
Nsabi yakunzwe mu gutambutsa urwenya ndetse
agaragaza umwihariko mu myambarire, mu mvugo ye, ndetse yigarurira Imitima ya
benshi binyuze mu mpano ze n’imyuga akora
TANGA IGITECYEREZO