Ikipe ya Rayon Sports itsinze Police FC ibitego 2-1 ikomeza kwerekana ko imikino ya shampiyona yo kwishyura itazoroha.
Ibitego bya Luvumbu na Rudasingwa Prince nibyo bifashije ikipe ya Rayon Sports kwigaranzura Police FC, ndetse ikomeza kugira ikizere cyo kuba yahanganira igikombe cya shampiyona.
Rudasingwa Prince watsinze igitego cya kabiri, yari amaze iminsi abafana ba Rayon Sports baramwibagiwe kubera kudakoreshwa, gusa abaraje mu byishimo bidasanzwe ndetse bari bakumbuye.
UKO UMUKINO WAGENZE
95" Umukino urarangiye
90" Umusifuzi yongeyeho iminota 5 kugirangi umukino urangire
Mette utoza Rayon Sports, akomeje kwerekana impinduka ndetse no kugaragaza ko yari akenewe
Mashami Vincent bikomeje nkwa kuko mu mikino 5 ya shampiyona aheruka gukina, afitemo inota rimwe gusa
89" Goallllll: Rayon Sports ibonye igitego cya kabiri gitsinzwe na Rudasingwa Prince ku mupira ukomeye cyane wari utewe na Muhire Kevin, umunyezamu wa Police FC Janvier awugarura nabi, usanga Rudasingwautari kugira ikindi akora usibye gutereka mu izamu.
79" Mugisha Didier wari wagiye mu kibuga asimbuye agize ikibazo cy'imvune, ava mu kibuga ari ku ngombyi, akaba asimbuwe na Chukwuma Odilii
74" Rayon Sports ikoze impinduka, Rudasingwa ajya mu kibuga asimbuye Bbaale
60" Police FC ikoze impinduka, Mugenzi Bienvenue na Kayitaba Bosco bavuye mu kibuga, bahereza umwanya Mugisha Didier na Moses Sseruyide
57" Goalllll: Ntagutunzamo ikipe ua Police FC ibonye igitego cyo kwishyura gitsinzwe na Kayitaba Bosco
53" Goallllll; Igitego cya mbere cya Rayon Sports gitsinzwe na Luvumbu kuri kufura atereye mu ruhande rw'iburyo. iyi kufura yari ibonetse ku ikosa ryari rikorewe kuri Bbaale
45" Igice cya kabiri kiratangiye: Rayon Sports ikoze impinduka, Iraguha Hadji yinjiye mu kibuga, asimbuye Tuyisenge Arsene
45" Igice cya mbere hagati ya Rayon Sports na Police FC kirarangiye
45" Umusifuzi yongeyeho iminota 3 y'inyongera kugirango igice cya mbere kirangire
35" Hakizimana Muhadjiri ahushije igitego ku ishoti rikomeye arekuriye hanze y'urubuga rw'amahina, umupira uca iruhande rw'izamu gato
Mashami Vincent utoza Police FC yitegereza imikinire y'abakinnyi be, bamaze iminsi batitwara neza
26" Police FC ibonye kufura ku ikosa rikorewe Hakizimana Muhadjiri, ndetse ahita ahana umupira ariko arawamurura
24" Tuyisenge Arsene ahawe ikarita y'umuhondo ku ikosa yari akoreye Nshuti Savio, abantu benshi bavugaga ko yakabaye ahabwa umutuku, kuko azamuye umugeri awumukubita munda.
Mashami utiza Police FC, yakoze impinduka Nkubana wari umaze igihe adakina yinjiye mu kibuga, nyuma yaho Shema yari amaze igihe yaricajwe na amwicaza
Abakinnyi 11 Police FC yabanje mu kibuga
Kwizera Janvier
Ndahiro Derrick
Nkubana Marc
Rurangwa Mosi
Kwitonda Ali
Ngabonziza
Kayitaba Bosco
Nshuti Savio
Hakizimana Muhadjiri
Muhenzi Bienvenue
Peter Agbrevol
Amakipe yombi buracyari ubusa ku busa, ndetse nta kipe irabona uburyo bukomeye bw'igitego
Abakinnyi 11 Rayon Sports yabanje mu kibuga
Ndiaye Khadime
Muhire Kevin
Mitima Isaac
Nsabimana Aimable
Serumogo Ali
Bugingo Hakim
Ganijuru Elie Ishimwe
Luvumbu Nzinga
Bbaale Charles
Kanamugire Roger Tuyisenge Arsene
Ikipe ya Police FC yamabaye imyenda y'umutuku hose, mu gihe Rayon Sports yamabaye amakabutura y'ubururu amasokisi n'imipira bikaba ari umweru
18:01" Umukino uratangiye: Reka tongere tubahe ikaze hano kuri Kigali Pele Stadium, ahatangiye umukino uhuza Rayon Sports yakiriye Police FC.
17:55" Amakipe avuye mu Rwambariro, umukino mukanya ukaza kuba utangiye
Ni umukino usoza umunsi wa 20 wa shampiyona, ukaba ugiye kubera kuri sitade ya Kigali Pele Stadium, ugatangira ku isaha ya Saa 18:00 PM. Aya makipe yaherukaga guhura mu gikombe cy'Ubutwari, aho Police FC yasezereyemo Rayon Sports muri 1/2 kuri Penariti.
Rayon Sports igiye kujya muri uyu mukino, iri ku mwanya wa gatatu n'amanota.Mu mikino 27 ya shampiyona iheruka guhuza aya akipe, Rayon Sports yatsinzemo 10, Police FC itsinda 6 banganya 11, bivuzeko ari amakipe akunda kunganya cyane.
Umukino uheruka kubahuza wa
shampiyona, Rayon Sports yatsinze Police FC ibitego 2-1. Tariki 1 Mata 2023,
nibwo Rayon Sports iheruka gutsindwa na Police FC ariyo yakiriye, icyo gihe
ikaba yaratsinzwe ibitego 4-2.36, mu gihe Police FC iri ku mwanya wa 4
n'amanota 32.
AMAFOTO: Ngabo Serge
TANGA IGITECYEREZO