RFL
Kigali

Poromosiyo! Abizigamira bakoresheje SPENN bashyiriweho inyongera ya 12%

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:8/02/2024 18:50
0


SPENN yazanye Poromosiyo idabagiza abakiriya bayo, aho abazizigama amafaranga guhera Tariki 24 Mutarama kugeza tariki 14 Gashyantare, nibayagumishaho igihe cy'amezi 12 kandi bakishyura fagitire byibuze 3 mu kwezi bazahabwa inyongera ya 12% y'ayo bizigamye mu bukangurambaga bwiswe ‘SuperSaver Campaign.



Ikigo cya SPENN kigiye kumara imyaka itandatu kigeza ku banyarwanda serivisi z’imari bakoresheje ikoranabuhanga, nko kohererezanya amafaranga bifashishije telefone za ‘smart phone’, gusaba inguzanyo, kohereza amafaranga kuri konti za banki, kwishyura amazi n’umuriro, kwishyura ibicuruzwa, kwizigamira, kwishyurira icyarimwe abakozi ukoresha (umushahara) n’ibindi.

Iyi gahunda, igamije kuzamurira ubushobozi abizigamira bakoresheje SPENN, aho abubahirije amabwiriza y'iyi Poromosiyo bazajya bahabwa inyongera ya 12% akajya kuri konti zabo z’ubucuruzi bageneye ubwizigamire buri mwaka.

Bivuze ko  nyuma ya Tariki  14 Gashyantare  ubwo  y'iyi Poromosiyo izaba irangiye, abizigama bazajya bahabwa inyongera ya 4% nk'uko bisanzwe.

Hejuru yo kubitsa amafaranga kuri konti yawe ya SuperSaver no kuyifunga amezi 12, uyikoresha asabwa  kuyikoresha mu bikorwa bigera kuri 36 mu mezi 12 yikurikiranya, harimo kwishyura fagitire cyangwa kugura amayinite n’ibindi.

Umuyobozi ushinzwe iyamamazabikorwa muri SPENN mu Rwanda, Julius Karake ashimangira ko iyi ntambwe igamije kwigisha abanyarwanda akamaro ko kuzigama, kuzamura ubukungu bwabo, no kugera ku ntego zabo zijyanye no kwiteza imbere.

Uyu munsi, abakiriya ba SPENN bashobora gukoresha konti zabo babitsa amafaranga banyuze muri porogaramu ya NOKANDA, ku ishami iryo ari ryo ryose rya I&M ribegereye, Banki, cyangwa babinyujije ku bakozi ba SPENN babegereye.

Kuva mu mwaka wa 2018, Ikigo cy’imari giteye imbere cya SPENN cyatangiye gufatanya na I&M gufasha abanyarwarwanda mu bikorwa bigamije iterambere binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga bwa porogaramu igendanwa.

Kugeza ubu, SPENN ifasha kubona konte zo kwizigamira ku buntu, inguzanyo yihuse y’iminsi 14, n’izindi serivisi zifasha abakiriya bayo kugira uruhare mu bikorwa bigezweho bigamije kuzamura ubukungu bwabo.

SPENN ni kimwe mu bigo bikorera mu nyubako ya Norrsken iherereye mu Mujyi wa Kigali ikoreramo ibigo bya ba rwiyemezamirimo, n’abandi bafite imishinga y’ikoranabuhanga.

SPENN igeze kure ubukangurambaga bugamije kuzamura umuco wo kwizigama mu banyarwanda


Urizigamira mu gihe cy'iyi poromosiyo azahabwa inyongera ya 12%

Serivisi za SPENN ni nziza kandi zirahendutse   






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND