RFL
Kigali

Yasabwe kugira ubudahemuka: Diamond yagaragaje uburyo Zuchu amwitaho

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:6/02/2024 8:52
0


Diamond Platnumz na Zuchu bongeye kuzamura amarangamutima y’abakunzi babo bashyira hanze ibihe bagiranye bari kumwe mu gikoni.



Diamond wamamaye mu ndirimbo zitandukanye nka Jeje n’imishinga inyuranye irimo Wasafi, yasangije abamukurikira amashusho amugaragaza afashe Zuchu amuturutse inyuma ku ijosi mu gihe undi yageragezaga kunoza imitekere.

Inkoko niyo uyu muhanzikazi yari atetse ariko ku ruhande hagaragara n'andi mafunguro yari yamaze gutegurira umukunzi we.

Muri ayo harimo umuceri w’umweru, ifiriti n’ibindi Diamond yagaragaje ko yagirango yereke abakunzi be uko Zuchu amwitayeho.

Diamond Platnumz ati”Ibi byose bijyanye no gufungura ndetse no kuryama.”

Ibitekerezo byakomeje kwisukiranya ari byinshi kuri aya mashusho yabo bombi bari mu gikoni kigezweho.

Bamwe bagaragaje Zuchu nk’umuhanga mu guteka kandi wubaha akanita ku mukunzi we ati”Mukobwa wacu Zuchu urabikwiriye.”

Abandi basabye Diamond na we kujya yita kuri Zuchu bawubanye muri iyi minsi.

Urukundo rwa Diamond na Zuchu rukomeza kugaragaza ibimenyetso nubwo bamwe babifata nk’intwaro y’ubucuruzi bwabo bw’umuziki.Urukundo rwa Diamond Platnumz na Zuchu  rukomeje gufata intera Bamwe bafata umubano w'aba bombi nk'inzira y'ubucuruzi mu muzikiZuchu na Diamond bari mu bahanzi bafite amazina aremereye mu myidagaduro yo mu Karere






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND