RFL
Kigali

AFCON: Harimo n’amayinite! Ibyo abakinnyi ba Angola bemerewe nibasezerera Nigeria

Yanditswe na: Aloys Niyonyungu
Taliki:2/02/2024 11:36
0


Abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Angola bemerewe ibirimo amayinite azamara umwaka wose nibaramuka batsinze ikipe y’igihugu ya Nigeria mu mikino y’igikombe cy’Afurika.



Kuri uyu wa Gatanu ni bwo hatangira gukinwa imikino ya ¼ y’igikombe cy’Afurika cya 2023 kiri kubera muri Cote d’Ivoire.

Saa moya zuzuye kuri Felix Houphouet ikipe ya Angola yasezereye Burkina Faso muri 1/8 iyitsinze ibitego 2-0, iraba icakirana na Nigeria nayo yasezereye Cameroon iyitsinze ibitego 2-0.

Mbere y’uyu mukino, ikipe y’igihugu ya Angola yemerewe ibintu bitandukanye kugira ngo abakinnyi baze gukoresha imbaraga zidasanzwe. 

Banki yo muri Angola ya ‘Banco Angolano de Imvestimento’ yemeye ko nibaramuka  basezereye Nigeria, iri butange ibihumbi 250 by’Amadorari ku bakinnyi n’abatoza.

Ntabwo ari ibyo gusa kubera ko kampani icuruza amatelefone ya 'Angolan Mobile Phone Company' yemeye kuzatanga telefone yo mu bwoko bwa iPhone 15, amayinite yo guhamagara ndetse na interineti bizamara umwaka wose ku bakinnyi, abatoza ndetse n’abandi bari kumwe n’ikipe muri Cote d’Ivoire nibaramuka basezereye ikipe y’igihugu ya Nigeria.

Ikipe y’igihugu ya Angola yageze muri ¼ muri iyi mikino y’igikombe cy’Afurika  itaratsindwa umukino ariko iraba ikina na Nigeria nayo itari yatsindwa kuva mu matsinda kugeza ubu.


Abakinnyi ba Angola bemerewe ibirimo amayinite nibaramuka basezereye Nigeria







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND