Ku wa 31 Mutarama 2024 ni bwo Perezida Paul Kagame na
Madamu Jeannette Kagame bageze i Washington DC.
Aho ku wa 01 Gashyantare 2024 bifatanije n’Abayobozi mu nzego
zo hejuru za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abagize Inteko Ishingamategeko,
Abashoramari n’abandi bavuga rikijyana mu masengesho yo gusabira iki gihugu.
Kuri uyu wa 02 Gashyantare 2024,akaba aribwo Rwanda Day izagutangira
ikazasozwa ku wa 03 Gashyantare 2024, iyi minsi yose izabera Gaylord National
Resort&Convention Center.
Abarenga ibihumbi 7000 nibo byitezwe ko bitabira Rwanda
Day muri abo harimo abafite amazina akomeye mu myidagaduro n’ubuhanzi muri
rusange mu Rwanda.
Twavuga Bruce Melodie uza no kugira uruhare muri iki
gikorwa mu gutanga ikiganiro kirebana n’Iteramabere rya Siporo n’Ubukungu afatanije
Masai Ujiri Umuyobozi wa Giants Of Africa, Clare Akamanzi ,Umuyobozi wa
Basketball Africa na Eugene Ubalijoro uri mu bashinze Moison Coors.
Mu bandi bitezwe muri iki gikorwa bafite aho bahuriye n’imyidagaduro
barimo The Ben, Massamba Intore, Ally Soudy, Babo, Ngabo Karegeya uzwi nk'Ibere rya
Bigogwe.
Hakaza kandi Sonia Mugabo umwe mu bakomeye mu mideli, Ernesto
Ugeziwe, Innox, DJ Toxxyk, Ruti Joel, King James, Cedru, Teta Diana, Kitoko,
Mutonia Assia.
Ni benshi bitezwe muri iyi nama bamaze kubaka izina mu
gisata cy’ubuhanzi n’imyidagaduro n’abanyamakuru nka Sandrine Isheja na Andy
Bumuntu bamaze gufata rutemkirere berekeza i Washington DC.
Rwanda Day yatangiye mu mwaka wa 2010 bitewe n’ibihe bya
COVID19, ikaba hari imyaka itabaye ariko mu nshuro zigera ku 10 imaze kuba
yatanze umusaruro ugaragara.
Imaze kubera ku Mugabane w'u Burayi no muri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ikaba yaragize
uruhare mu kuzamura ibikorwa by’ishoramari ry’Abanyarwanda baba hanze mu
Rwanda.Perezida Kagame na Madamu bageze i Washington DC ahagiye kubera Rwanda Day
Soni Mugabo uri muri ba rwiyemezamirimo mu mideli bamaze no guterwa imboni na Forbes ari mu bayitabira
Bruce Melodie ari mu batanga ikiganiro muri Rwanda Day yitezweho ko anasusurutsa abayitabira
The Ben amaze iminsi muri Amerika aho yitabiye Rwanda Day byitezwe ko azasusurutsa abayitabira
Teta Diana uri mu bahanzikazi bihagazeho mu Rwanda ari mu bataramira abitabira Rwanda Day
Ruti Joel uri mu bahanzi bari mu bihe byabo byiza ari mu bitabira bakanamara irungu abitabiye Rwanda Day
Sandrine Isheja uri mu banyamakuru bihagazeho mu myidagaduro y'u Rwanda yamaze kugera i Washington DC ku bwa Rwanda Day
Ngabo Karegeya wamamaye kubwo gukunda gakondo nyarwanda no guharanira ko Ubukerarugendo bushingiye ku muco mu Bigogwe butera imbere na we ari mu bategerejwe muri Rwanda Day
Andy Bumuntu umuhanzi ubihuza n'itangazamakuru yamaze kugera i Washington DC ahabera Rwanda Day ku nshuro ya 11