RFL
Kigali

Igitego cy'ubukure kirijije APR FC, Police FC yegukana igikombe cy'Intwari - AMAFOTO

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:1/02/2024 17:30
1


Ikipe ya Police FC yegukanye igikombe cy'Ubutwari itsinze APR FC ibitego 2-1 mu mukino waranzwe n'imvururu mu minota ya nyuma..



APR FC niyo yatangiye ifungura amazamu mu gice cya mbere ku gitego cyatsinzwe na Yunussu, mu gihe mu gice cya kabiri, Police FC yaje gutsinda ibitego 2 byatsinzwe na Peter.

UKO UMUKINO WAGENZE

90+14" Umukino urarangiye 

90+13" Mugisha Didier yari atunguye umunyezamu wa APR FC kumupira ateye abona ko yasohotse, ku bw'amahirwe umupira uca ku ruhande

90+12" APR FC irimo gushaka igitego cyo kwishyura ariko bikagorana kubera igihunga

90+8" Umukino wahagaze iminota igera ku 8 kubera imvururu gusa nyuma umusifuzi yemeza ko ari igitego umukino urakomeza

mu kibuga hahise havuka imvuru, kuko umusifuzi wo hagati yari yemeje ko umupira ari ukurengura, mu gihe umusifuzi wo ku ruhande yari yemeje ko ari ikosa rya Police FC, APR FC ariyo yagombaga guhana.

90" Gaolllllll: Police FC ibonye igitego ku mupira urenguwe na Hakizimana, ahereza Abedi nawe ahereza Peter nawe wahise atereka mu izamu

75" Goalll: Police FC ibonye igitego cyo kwishyura gitsinzwe na Peter Agblevor kumupira wari uturutse mu mpande utewe na Akuki

68" APR FC nayo ikoze impinduka, Taddeo Lwanga avuye mu kibuga asimburwa na Niyibizi Ramadhan

67" Police FC ikoze impinduka, Akuki yinjiye mu kibuga asimbuye Eric Niyonsaba

60" Police FC irarokotse, Onesme ayigaruye mu mukino nyuma y'ishoti rikomeye ritewe na Shaiboub, Onesme umupira awushyira muri koroneri.

Ubu Shaiboub ari gukina nka rutahizamu, Ruboneka wacaga kuruhande ubu ari mu kibuga hagati, naho Mugisha akaba ari guca kuruhande ibumoso

52" APR FC ihushije igitego ku mupira uzamukanwe na Bacca, ahereza ruboneka nawe wahise ahereza Shaiboub, atera adafunze umupira ujya hanze

45" Igice cya kabiri kiratangiye. APR FC ikoze impinduka, Bizimana Yannick avuye mu kibuga asimburwa Mugisha Gilbert

45+4" igice cya mbere kirarangiye, amakipe agiye kuruhuka APR FC iyoboye n'igitego 1-0 bwa PoliceFC

45" Umusifuzi yongeyeho iminota 4 kugirango igice cya mbere kirangire

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'UKO AS KIGALI WFC YATSINZE RAYON SPORTS WFC

45" Nsabimana Zidane ateye ishoti rikomeye ari mu kibuga hagati umupira ujyana imbaraga nyinshi, Pavelh awufashe umurusha imberaga ukomeza ugana mu izamu, umunyezamu awugarurira ku murongo

44" Police FC ihushije igitego ku mupira Muhadjiri ateye atunguye umunyezamu ariko akoraho ujya hanze.

42" Alain Kwitonda ahawe ikarita y'umuhondo nyuma yo gukorera ikosa Ndahiro Derrick

34" Harabura iminota mike kugirango igice cya mbere kirangire, APR FC iracyayoboye n'igitego 1-0 bwa Police FC

Ikipe ya Police FC ikomeje kugorwa no kugera imbere y'izamu, ndetse n'udupira tugezeyo tuba ntacyo twakangiza.

17" Police FC ihushije igitego cyari cyabazwe kuko n'abafana bari bahagurutse, ku mupira uturutse mu mpande, Pavelh ashaka kuwufata bunguri ariko uramucika, usanga Abedi ahagaze imbere y'izamu, arekura ishoti rikomeye kuko yabonaga umunyezamu akiryamye, Yunussu aturuka ahantu abantu batazi aterekaho umutwe ujya hanze.

12" Goalllllllll: Igitego cya mbere cya APR FC gitsinzwe na Nshimiyimana Yunussu, kumupira uturutse kuri kufura yari itewe na Ruboneka Bosco, Yunussu ashyiraho umutwe ahagaze wenyine.

sitade abafana bakubise baruzura, kuko harimo abafana bake ba Rayon Sports y'abagore, abafana ba Police FC, ndetse n'abafana benshi ba APR FC

18:00" Umukino uratangiye: umukino wa nyuma w'igikombe cy'Ubutwari uhuza APR FC na Police FC, uratangiye

17:55" Aabakinnyi bagarutse mu kibuga ku mpande zombi, gusa abasimbura nibo babanje kuza

Abakinnyi 11 APR FC yabanje mu kibuga

Pavelh

Ombolenga Fitina

Ishimwe Christian Niyigena Clement

Nshimiyimana YNUSSU

Taddeo Lwanga

Nshimiyimana Ismael

Ruboneka Bosco

Alain Kwitonda Bacca

Shaiboub

Yannick Bizimana

Abakinnyi 11 Police FC yabanje mu kibuga

Rukundo Onesme

Shami Chris

Ndahiro Derrick

Rurangwa Moss

Nsabimana Eric

Ngabonziza Pacifique

Bigirimana Abedi

Nshuti Savio

Hakizimana Muhadjri

Peter Agblevor

Niyonsaba Eric

17:46" Aamakipe yombi asubiye mu rwambariro, akaba aribugaruke umukino utangira

KANDA HANO UREBE UKO AMAKIPE YAGEZE KU KIBUGA


17:23" Amakipe yose yinjiye mu kibuga, abakinnyi bagiye kwishyushya mbere y'uko basubira mu rwambariro

17:20" Reka twongere tunahe ikaze nshuti ba InyRwanda, aho turi kuri sitade ya Kigali Pele, ahagiye kubera umukino umukino wa nyuma w'igikombe cy'Ubutwari.

TUGENDANE MU MUKINO

Mashami ntabwo ashaka gutsindwa umukino wa 3 wikurikiranya atsindwa na APR FC

Ni umukino ugiye kubera kuri sitade ya Kigali Pele Stadium ukaba uributangire ku isaha ya Saa 18:00 PM za Kigali.

Iyi mikino y'Ubutwari 2024, yatangiye tariki 28 Mutarama 2024, ubwo APR FC yageraga ku mukino wa nyuma itsinze Musanze FC penaliti 4-3, naho Police FC igera ku mukino wa nyuma itsinze Rayon Sports kuri Penaliti 4-3. Ikipe iri bwegukane iki gikombe, iratwara Miliyoni 6 naho iya Kabiri yegukane Miliyoni 3.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Pascal7 months ago
    nakundi muri foot ball ni ukwihangana





Inyarwanda BACKGROUND