RFL
Kigali

Ni umuhamagaro w’Imana! Jado Masengesho yiyongereye ku bahanzi ba Gospel nyarwanda – VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:31/01/2024 12:18
0


Umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana nawo ukomeje gutera intambwe ikomeye, aho uko bwije n’uko bukeye urushaho kunguka abahanzi bashya kandi bafite impano ndetse n’umuhamagaro wo kwamamaza ubutumwa bwiza.



Masengesho Jean de Dieu wahisemo gukoresha Jado Masengesho nk’izina ry’umuziki, ni umwe mu bahanzi bakiri bato biyemeje gutangira urugendo rwo kwamamaza ubutumwa bwiza babinyujije mu mpano bahawe yo kuririmba.

Jado avuga ko yatangiye kuririmba mu 2013 ubwo yabaga muri korali zitandukanye, ariko akaza kubitangira mu buryo bweruye muri uyu mwaka wa 2014 kuko ni na bwo yashyize hanze indirimbo ye ya mbere ikoze neza mu buryo bw’amajwi n’amashusho.

Nyuma yo kuvumbura ko kuririmba kwe ari umuhamagaro w’Imana, Jado Masengesho yashyize ahagaragara indirimbo yo kuramya yise ‘Unyubake.’ Iyi ndirimbo ishingiye ku ijambo ry’Imana riboneka muri Yeremiya 31:3-4, Jado avuga ko irimo isengesho ry’umuntu ku giti cye, ikaba ikubiyemo icyifuzo cyo kwegera Imana cyane ngo ‘itwubake.’

Masengesho usengera muri ADEPR mu itorero rya Gatenga, yabwiye InyaRwanda ko yanditse iyi ndirimbo ari mu bihe byo gusenga, akaba yarayigeneye abantu bose bifuza guhemburwa n’Imana no kwegezwa imbere nayo.

Yeteguje indirimbo, ibikorwa ndetse n’imishinga mishya, ahishyura ko hari n’indi ndirimbo nshya iri mu nzira zo kujya hanze mu minsi ya vuba.

Akomoza ku cyo yisabira abakunzi b’ibihangano bye, yagize ati: “Abantu bankunda cyangwa n'abazankunda kubera iyi ndirimbo, ndabasaba gukomeza kunkunda no kunshyigikira cyane ndetse no kumba hafi kugira ngo dufatanye kwamamaza inkuru nziza ya Yesu Kristo.”

Kugeza ubu uyu muhanzi nta muntu afite wemewe ureberera ibikorwa bye, ariko yatangaje ko afite intego yo kuzana abantu benshi kuri Yesu ‘binyuze mu bihangano azajya ampa.’ Yongeyeho ko yifuza gufatanya n'abandi baramyi kuzamura ibendera ry'u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga by’umwihariko mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Uyu muramyi yatangaje ko yishimira kubona umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana uhagaze neza by'umwihariko hano mu Rwanda, haba imiririmbire n'imicurangire bikaba bigenda bizamuka ku rwego rushimishije.


Jado Masengesho yashyize hanze indirimbo ye ya mbere yanditse ari mu bihe byiza byo gusenga


Yiyemeje gufatanya n'abandi bahanzi kuzamura ibendera ry'u Rwanda ku rwego mpuzamahanga

Reba hano indirimbo ya mbere ya Jado Masengesho yise "Unyubake."







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND