Mu ibaruwa InyaRwanda ifitiye kopi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 25 Mutarama 2024, FIFA yandikiye Kiyovu Sports iyimenyesha ko itemerewe kugura umukinnyi n'umwe yaba mpuzamahanga cyangwa uwo imbere mu gihugu kubera kutishyura amafaranga ibereyemo umukinnyi John Otenya Khames Roba uzwi nka John Mano.
Iki
cyemezo FIFA yagifashe nyuma y'aho ibonye ko ibyo yari yasabye Kiyovu Sports
itabyubahirije.
Tariki
13 Ukuboza 2023, nibwo FIFA yari yandikiye Kiyovu Sports iyisaba kwishyura
amafaranga ibereyemo John Mano. gusa kuva icyo gihe iyi kipe ntabwo yabikoze.
Mu
ibaruwa FIFA yasabye Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda FERWAFA ko
batagomba kwemera Kiyovu Sports kuba yasinyisha umukinnyi niyo yaba ari uwa
hano imbere mu gihugu.
Tariki
10 Kamena 2022, ni bwo Sharaf Eldin Shaiboub na Mano John basinyiye ikipe ya
Kiyovu Sports amasezerano y'imyaka ibiri, aho iyi kipe yiteguraga umwaka
w'imikino 2022/23. Icyo gihe, shampiyona yari itararangira aho yari igeze ku
munsi wa 28 wa shampiyona.
Nubwo
aba bakinnyi basinye, nyuma y'amezi abiri gusa, umuyobozi wa Kiyovu Sports
Mvukiyehe Juvenal, yaje kwemeza ko abakinnyi baherutse gusinyisha batandukanye
kubera kutubahiriza ibisabwa.
Mvukiyehe Juvenal niwe waguze John Mano gusa yagiye atayikiye umukino n'umwe