RFL
Kigali

Abahanzi nyarwanda 10 bakizamuka bakwiye guhangwa amaso mu 2024 – VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:23/01/2024 10:10
0


Uko iminsi ihita indi igataha, niko umuziki nyarwanda ugenda urushaho kwaguka ubifashijwemo n’impano nshya zigenda zivuka umunsi ku wundi.



Imbaduko iri hejuru abahanzi nyarwanda batangiranye umwaka wa 2024, itanga icyizere gifatika cy’uko uyu mwaka uzaba udasanzwe mu mateka y’umuziki nyarwanda n'impano nshya ariko  zigaragaza.

Uyu mwaka, watangiranye amaraso mashya bigendanye n’umwaka ushize wa 2023 wasohotsemo indirimbo nyinshi zakunzwe zikagera no ku rwego mpuzamahanga zica uduhigo.

Nubwo buri munsi havuka abahanzi bashya, hari abigaragaje kurusha abandi ndetse banatangiranye umwaka amahirwe indirimbo zabo zigakundwa cyane ndetse zigacurangwa hirya no hino kurusha iz’abahanzi babimazemo iminsi.

1.     QD

">

Shema Qusay Diaby umaze kumenyekana ku izina rya QD binyuze mu ndirimbo ye imaze kwigarurira imitima ya benshi yise ‘Teta,’ ni umwe mu bahanzi bakizamuka batangije neza abanyarwanda umwaka mushya, kandi bitezweho ibyiza byinshi bitewe n’impano idasanzwe yibitseho.

2.     Li John

">

Iradukunda Jean Aimé [Li John] ukomeje kuzamuka neza mu muziki, yatangiranye umwaka indirimbo nshya ikunzwe n’abatari bake yafatanije n’umuvandimwe we yitwa ‘Naragusariye.’

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Li John yasobanuye ko yabonye umuvandimwe Pamaa ashoboye umuziki, maze yiyemeza gukorana nawe kugira ngo barusheho gukora ibintu byiza.

Li John amaze imyaka itatu atangiye kuririmba. Ni mu gihe ibijyanye no gutunganya indirimbo yabitangiye yiga mu mashuri yisumbuye, akomereza muri Uganda aho yabyize mu ishuri, asoje atangira kubikora mu buryo bw’umwuga ahereye ku ndirimbo ‘Log Out’ ya Marina.

3.     Aobeats

">

Hatangimana Anani umaze kumenyekana nka Aobeats ni umwe mu bahanzi batangije neza abanyarwanda umwaka, nyuma yo gushyira hanze indirimbo yise ‘Uri Keza’ yakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki nyarwanda.

4.     Addy d’Afrique

">

Ishimwe Adelaide umaze kumenyekana ku izina akoresha mu buhanzi rya Addy d’Afrique, yamamaye cyane nyuma yo kugaragaza ubuhanga budasanzwe, ubwo yasubiragamo indirimbo y’umuhanzikazi Clarisse Karasira na Mani Martin bise ‘Urukerereza.’

Nyuma yo gushyira hanze ibisigo ndetse n’indirimbo zirimo iyitwa ‘Mundangire,’ Addy d’Afrique yatangiye umwaka anyura imitima ya benshi mu ndirimbo nziza ya gakondo yise ‘Rudasumbwa.’

5.     Nillan

">

Ntare Senga Moses watangiye kuririmba mu 2018, nawe ni umwe mu bahanzi bakizamuka ukomeje gutanga icyizere mu muziki nyarwanda.

Uyu musore wiyita Nillan YNB [Ya Ntare] yatangiye neza umwaka, nyuma yo gushyira hanze indirimbo yakoranye na Mistaek bise ‘Credit Card.’

6.     Manick Yanni

">

Manigabe Delphin ukoresha amazina ya Manick Yanni mu muziki, ari mu bahanzi nyarwanda bakizamuka batangiranye imbaduko mu mwaka wa 2024, kuko yatangiye ashyira ahagaragara indirimbo yise ‘Akayobe.’

Kuri ubu kandi uyu musore w’imyaka 21 y’amavuko, aritegura no gusubiranamo iyi ndirimbo n’umuhanzi King James wiyemeje kumufasha mu gihe cy’imyaka itanu.

7.     Da Rest

">

Umuhanzi Ishimwe Prince wahisemo izina rya Da Rest mu muziki, amaze igihe gito atangiye gukora ku giti cye, nyuma yo gutandukana n’itsinda rya Juda Muzik yari amazemo imyaka itandatu.

Nyuma y’indirimbo zirimo You, Nakupenda, Papa, Mama, Somebody n’izindi, yamaze gushyira ahagaragara n’iyindi nshya yise ‘Distance’ mu rwego rwo gsuhimangira ko azanye imbaraga zidasanzwe mu mwaka wa 2024.

8. The Nature

">

Umuhanzi The Nature ukunzwe cyane mu ndirimbo yise 'Umuvuno,' ubusanzwe yitwa Mugisha Prince akaba afite imyaka 25 y'amavuko. Uyu musore ufite impano idasanzwe nawe ari mu bitezweho gukomeza kwigaragaza cyane muri uyu mwaka.

9. Fela Music

">

Abavandimwe bagize itsinda rya Fela Music, Shimye Faida na Ngabo Lucky, ni bamwe mu bahanzi bakizamuka bakomeje kwigaragaza neza mu ruganda rwa muzika nyarwanda. 

Nyuma y'izirimo Diyama, Infinity, Wasanga n'izindi bakoze mu bihe byashize, aba basore batangiranye 2024 indirimbo nziza bise 'Utulips.'

10. Shemi

">

Shemi, ni umwe mu bahanzi b'abahanga bakiri bato u Rwanda rufite. Shema Gibril amaze igihe gito yinjiye mu muziki, ariko kugeza ubu akomeje gutambuka kuri benshi bamaze imyaka myinshi muri uyu mwuga. 

Mu mwaka ushize, yakoze indirimbo zakunzwe cyane zirimo 'One Time' na 'Peace of Mind.' None 2024 yayitangiye akorana n'umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda, Ish Kevin mu ndirimbo bise 'Big Shaq.'






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND