Rutahizamu wakiniye Rayon Sports na AS Kigali, Hussein Shabani yatandukanye n'ikipe ya Al Ta'awon SC ku bwumvikane.
Mu
ijoro ryo kuri iki Cyumweru, nibwo ikipe ya Al Ta'awon SC ikina icyiciro cya mbere muri Libya, yemeje aya makuru
ivuga ko yamaze gutandukana na rutahizamu w'ikipe y'igihugu y'u Burundi Hussain
Shabani Tchabalala, nyuma y'ibiganiro byari bimaze iminsi.
InyaRwanda
iganira n'umwe mu bashinzwe gushakira akazi uyu mukinnyi, nawe yemeje aya
makuru. Yagize Ati" Yego Shabani yatandukanye na Al Ta'awon SC ku
bwumvikane. Zimwe mu mpamvu zatumye dutandukana, ni uko iyi kipe itubahirizaga
ibikubiye mu masezerano, harimo no kutamuhembera ku gihe."
Yakomeje
avuga ko kandi bari mu biganiro n'andi makipe abiri yo muri iki gihugu cya
Libya, bikunze bakaba basinyira imwe murizo, cyangwa akaba yakwereze ahandi.
Kubaha ibikubiye mu masezerano, biri mu byatumye Shabani atandukana na Al Ta'awon SC
Shabani
na Kapiteni w'ikipe y'igihugu Amavubi Haruna Niyonzima, bose bageze muri iyi
kipe bavuye muri AS Kigali mu ntangiriro z'uyu mwaka w'imikino. Ikipe ya Al
Ta'awon SC muri shampiyona iri mu itsinda rya mbere, ikaba iri ku mwanya wa 4
n'amanota 12 mu mikino 8 imaze gukina.
Hussein
Shabani w'imyaka 33, yakiniye amakipe arimo Flambeau de L'Est na Vital'O FC zo
mu Burundi, ahava yerekeza mu Magaju FC yerekeza muri Rayon Sports, ahava ajya
muri Boroka yo muri Afurika y'Epfo ahava ajya muri Ethiopian Coffee, nyuma
agaruka mu Rwanda asinyira Bugesera FC nyuma yaho akinira AS Kigali yavuyemo
ajya muri Libya.
TANGA IGITECYEREZO