Mu mitoma myinshi, Kecapu yifurije umugabo we isabukuru

Cinema - 17/01/2024 12:22 PM
Share:

Umwanditsi:

Mu mitoma  myinshi, Kecapu yifurije umugabo we isabukuru

Umukinnyi wa filime nyarwanda, Mukaziyere Jalia Nelly “Kecapu " yvuze amagambo y’urukundo ku mukunzi we Mutabazi Jean Luck bashyingiranwe, bakabyarana n’abana batatu b’impanga.

Mu kiganiro Kecapu yakoranye n’umukunzi we cyanyujijwe kuri Kecapy Tv Show, yavuze amagambo aryoheye amatwi kuri Mutabazi amwifuriza isabukuru nziza.

Yagize ati “ Uyu mwaka Imana iguhe ibintu byose wifuza, ku buryo ku mpera z’uyu mwaka mu kwa 12 uzajya gusenga uvuga uti Mana ndi mu byishimo bya byabintu nashakaga ".

Kecapu yakomeje yifuriza umukunzi we guhirwa agira ati “ Uzahore uri mu bagabo bashima Imana kandi bayitinya, bayigandukira, ndetse uri mu bagabo bashima ko bafite urugo rwiza n’abana beza ".

Kecapu yavuze ko mu myaka asigaje ku Isi yifuza gusaza ari kumwe numugabo we yihebeye.

Ati “ Mu myaka yose dufite kuri iyi Si tutazi, gusa twifuza kuba twagira myinshi turi kumwe kandi Imana ihaze ibyifuzo byacu. Imana ihe umugisha urugo rwacu, mu rubyaro rwacu ndetse ihaze ibyifuzo byacu koko ibyinshi tubihuriyeho ".

Uyu mukinnyi wa filime wamenyekanye muri Bamenya Series yasabye Imana ikintu gikomeye cyo kuba ingirakamaro ku babazengurutse, kutishyira hejuru, ayisaba  kubarinda abantu babi ndetse n’abanyeshyari.

Nubwo yasabye byinshi Imana, yasabye no kugira inshuti z’ingirakamaro kandi umugisha wayo ugakomeza kugota urugo rwabo, kuko urugo ruhura n’imitego myinshi ndetse Satani akarurwanya bikomeye.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...