FPR
RFL
Kigali

Ibyamamare 10 Isi imaze guhomba mu ntangiriro za 2024

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:17/01/2024 11:56
0


Isegonda ku rindi hirya no hino ku Isi, hitaba Imana umubare w’abantu benshi biturutse ku mpamvu zitandukanye. Mu minsi itageze ku Kwezi umwaka wa 2024 utangiye, Isi imaze guhomba ibyamamare bitabarika mu nzego zinyuranye.



Mu gihe benshi bakiri mu byishimo byo gutangira umwaka mushya wa 2024, hari n’abandi bari mu marira yo kubura ababo bakomeje kwitaba Imana umusubirizo.

No mu Isi y’imyidagaduro, uyu mwaka utaramara n’ukwezi utangiye umaze gutwara ubuzima bw’ibyamamare byinshi  byafatwaga nk’ibyitegererezo.

Mu nzego zinyuranye haba muri Sinema, muzika, imideli n’ibindi, umunsi ku munsi humvikana inkuru z’incamugongo z’imfu z’abanyabigwi bagiriye Isi umumaro ukomeye.

Kuva umwaka watangira hamaze kubura ubuzima ibyamamare byinshi, ariko uyu munsi InyaRwanda yaguteguriye 10 gusa bamaze kwitaba Imana mu minsi 17 gusa y’ukwezi kwa Mutarama 2024:

1.    Mila De Jesus


Inkuru y’incamugongo y’urupfu rw’umwe mu bavugaga rikijyana akaba n’umunyamideli, Mila De Jesus yamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mutarama 2024, itangajwe n’umukobwa we Anna Clara wabinyujije ku rubuga rwa Mila rwa Instagram.


Mila De Jesus witabye Imana ku myaka 35 y’amavuko ni nyuma y’amezi atatu gusa akoze akoze ubukwe. Uyu mugore wakomokaga muri Brazil yakundaga gusangiza abantu ibiganiro bibafasha kumenya uburyo bakoresha bagatakaza ibiro, yifashishije ubuhamya bwe bw’uko yanganaga mbere ndetse n’uko yaje guhinduka nyuma yo kwibagisha mu 2017.

Impamvu y’urupfu rw’iki cyamamare ntabwo iratangazwa kugeza ubu.

2.    Mário Zagallo


Ku wa Gatandatu tariki 6 Mutarama 2024, nibwo humvikanye inkuru y’urupfu rw’icyamamare muri ruhago akaba umukinnyi rukumbi usigaye mu bakinnye umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 1958.

Umunya-Brésil,Mário Zagallo wanditse amateka akomeye muri ruhago, akaba uwa mbere watwaye Igikombe cy’Isi nk’umukinnyi ndetse n’umutoza, yitabye Imana afite imyaka 92 y’amavuko. Uyu, yegukanye igikombe cy’Isi inshuro enye zose.


Mu makipe yakiniye harimo Botafogo na Flamengo zo muri Brésil ndetse arazibera n’umutoza mbere yo gukora ako kazi muri Fluminense, Koweït, Al-Hilal n’izindi.

3.    Franz Beckenbauer


Umudage Franz Beckenbauer, wafatwaga nk’umwe mu bakinnyi bakomeye babayeho mu mupira w’amaguru, yitabye Imana ku myaka 78 y’amavuko.

Mu byo Beckenbauer yibukirwaho kugeza uyu munsi, ni uko yegukanye Igikombe cy’Isi cyo mu 1974 ari Kapiteni w’u Budage bw’Uburengerazuba, akongera kucyegukana nk’umutoza w’iki gihugu mu 1990.


Franz Beckenbauer wahimbwaga ‘Der Kaiser’ kandi, yegukanye Ballon d’Or inshuro ebyiri mu 1972 na 1976. Beckenbauer yafashije Bayern Munich gutwara ibikombe bitanu bya Shampiyona y’u Budage ndetse n’ibindi bitatu byikurikiranya byo ku Mugabane w’u Burayi mu 1974, 1975 na 1976.

4.    Adan Canto


Umukinnyi wa filime Adan Canto wakunzwe muri filime zirimo nka 'Designated Survivor', '2 Hearts', n'izindi nyinshi, yitabye Imana ku myaka 42 y'amavuko azize indwara ya kanseri y'urwagashya.

Umugore we Stephanie Lindquist Canto yatangarije CNN ko uburwayi bw'umugabo we bwagizwe ibanga ndetse anagaruka ku mpamvu batinze gutangaza amakuru y'urupfu rwe.

Yagize ati:''Ntabwo Adan ntiyifuzaga ko uburwayi bwe bumenyekana, yashakaga ko biguma hagati y'umuryango we, ni nayo mpamvu ku wa Mbere tutigeze dutangaza ko yatuvuyemo. Twashakaga ko umuryango wacu ubanza ukabyakira tukabona kubitangariza abandi.''


Urupfu rwe rwatangajwe n'umujyanama we Jennifer Allen wanareberaga inyungu ze, aho yatangaje ko Adan Canto yitabye Imana ku itariki 08 Mutarama 2024 nyuma y'igihe kitari gito arembejwe n'indwara ya kanseri y'urwagashya.

5.    Georgina Hale


Umukinnyi wa filime Georgina Hale yitabye Imana ku ya 04 Mutarama 2024, ku myaka 80 y’amavuko.

Ikigo cy’Abongereza gikora ibijyanye na Filime na Televiziyo, BAFTA nicyo cyatangaje inkuru y’incamugogo y’urupfu rw’umukinnyi wa filime, Georgina Hale wari umaze imyaka 50 muri uyu mwuga.


Yari azwi cyane ku bikorwa bye byagiye bimuhesha gutsindira ibihembo muri filime za Ken Russell, aho yahawe igihembo cy’umukinnyi mushya utanga icyizere mu kuyobora filime mu 1975.

6.    Alec Musser


Alec Musser yamenyekanye nka Del Henry muri filime " All My Children" yavutse kuya 11 Mata 1973 yitaba Imana tariki 12 Mutarama 2024, ababaza abarimo umuryango,inshuti n'abo babanye muri uyu mwuga byumwihariko  i Hollywood.


Iyi nkuru y'akababaro yatangajwe na Adam Slander, umunyamerika wamamaye muri filime za Hollywood, avuga ko Alec Musser atagihumeka umwuka w'abazima bitunguranye.

Iperereza ryaje kugeragaza ko  yapfuye  yirashye  mu mutwe kuko yasanzwe yapfuye  afite n'imbunda mu ntoki, umuryango we ubanza kubigira ubwiro wanga ko bivugwa ko yiyahuye.

7.    Glynis Johns


Ku wa Kane tariki 04 Mutarama 2024, ni bwo umukinnyi wa filime Glynis John wamenyekanye cyane nka Mrs Banks muri filime yitwa ‘Mary Poppins’ mu 1964, yitabye Imana afite imyaka 100 y’amavuko.


Uwari ushinzwe kureberera inyungu z’ibikorwa bye, Mitch Clem niwe wemeje inkuru y’urupfu rw’iki cyamamare aho yagize ati ''Uyu munsi ni umunsi utoroshye kuri Hollywood. Ntabwo twababajwe gusa n'urupfu rwa Glynis dukunda, ahubwo tunababajwe n'iherezo rya ‘Golden Age of Hollywood’."

Golden Age of Hollywood, ni igihe kiri hagati yo mu 1920 no mu 1960, aho Sinema yagize iterambere rikomeye mu buryo bw’umwimerere w’amajwi ndetse n’amafoto.

8.    Bill Hayes


Umukinnyi wa filime wamenyekanye cyane nka Doug Williams muri “Days of Our Lives,” filime ya Soap Opera yitabye Imana ku ya 12 Mutarama 2024 afite imyaka 98 y’amavuko.


Bill yaciye agahigo ko kubana n’umukobwa bahuriye muri filime bombi bagakinana bakundana, hanyuma akaza kubigira impamo bagakora ubukwe mu 1974.

9.    Christian Oliver


Ubuyobozi bwemeje ko umukinyi wa filime w’imyaka 51, Christian Olivier wagaragaye nka Luca muri filime yitwa “The Baby-Sitters Club” yagiye hanze mu 1995, yitabye Imana azize impanuka ikomeye y’indege ku ya 4 Mutarama ari kumwe n’abakobwa be Annik w’imyaka 12 na Madita w’imyaka 10 n’umupilote wari utwaye iyo ndege, Robert Sachs.

10.  Roy Battersby


Inkuru y’urupfu rw’umuyobozi wa filime, Roy Battersby yatangajwe n’umukobwa we w’umukinnyi wa filime, Kate Beckinsale ku wa 15 Mutarama 2024.

Mu by’ukuri, Roy wari inkingi ya mwamba muri Sinema, yitabye Imana ku ya 10 Mutarama 2024 ari iwe i Los Angeles ku myaka 87 y’amavuko.


Muri filime yayobowe zigakundwa cyane harimo, ‘A Touch of Frost,’ ‘Red Mercury,’ ‘Between the Lines,’ ‘Eurocops,’ n’izindi.

  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND