RFL
Kigali

Abandi banyarwandakazi b'ibizungerezi Harmonize yakundanye nabo mbere ya Poshy Queen-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:13/01/2024 13:18
0


Rajab Abdul Kahali [Harmonize] yerekanye ikizungerezi gishya bari kuryana isi muri iyi minsi nyuma y'abandi batandukanye bo mu Rwanda yagiye yigeraho.



Harmonize ni umwe mu bahanzi bazwiho guhinduranya abakobwa bafite hasi hanini bamwe bita ibisabo. Ntabwo kandi yagarukiye mu bihugu birimo Tanzania na South Africa, ahubwo no mu Rwanda yarahageze.

Ababyibuka bazi ko ubwo umwaka wa 2022 warimo urangira ubwo yatandukanaga na Frida Kajala, hahise haza inkuru z’uko ari mu rukundo na Munezero Rozine [Dabijou Bijou].

Uyu munyarwandakazi akaba ari umwe mu bakobwa batigisa imbuga nkoranyambaga wanamaze kwinjira mu muziki aho aheruka gushyira hanze indirimbo yise ‘Jamais.

Ntibyatinze yahise atangira kugaragaza ko yihebeye Kirenga Phiona [Yolo The Queen] aza no kumuririmba mu ndirimbo ‘Zanzibar’ yakoranye na Itahiwacu Bruce [Bruce Melodie].

Bitari ibyo gusa, yahaye impano y’imodoka uyu mukobwa anavuga ko yifuza kumugurira inzu, gusa na none mu mezi asoza umwaka wa 2023 uyu muhanzi yaje kwinjira mu rukundo na Umuhoza Laika [Laika].

Laila ni umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda ariko ukorera ibikorwa bye muri Uganda. Bombi baje kwishyiraho Tatto zimwe banagaragara mu mashusho baca ibintu nk’abari mu kinyotera cy’urukundo.

Umwaka wa 2024 ariko uyu muhanzi awinjiranyemo imigambi mishya aho yasabye abafana be kumurebera igikwiye niba we na Jacqueline Obed [Poshy Queen] hagati yo kumwifashisha mu mashusho y’indirimbo bikagarukira aho cyangwa niba banashyingiranwa.

Mu butumwa yasangije abamukurikira, Harmonize yagize ati: ”Uyu munsi abanya-Tanzania benshi bari kuvuga byinshi muri 2024 kuri Poshy Queen, ibyo byibagirwe turimo turanezerwa. Ese mwifashishe mu mashusho y’indirimbo yanjye imwe cyangwa nshyingiranwe na we.”

Yakomeje kandi agaruka ku ndirimbo ‘Away’ yamaze kugera hanze mu buryo bw’amajwi yakoranye Omary Ally Mwanga [Marioo] umwe mu bahanga mu muziki bo muri Tanzania.

Iyi ndirimbo bikaba byanakwitegwa ko Poshy Queen yazayigaragaramo ubwo izaba igiye hanze mu buryo bw’amashusho. Amakuru avuga ko Poshy Queen nawe ari umunyarwandakazi kuko avuga kuri Nyina w'umunyarwandakazi ndetse na Se w'umunya-Tanzania.

Poshy Queen ikizungerezi cyo muri Tanzania ariko unafite amaraso y'Abanyarwanda ari mu bihe byiza na Harmonize nyuma y'akarindi amaranyemo iminsi n'abandi bakobwa banyuranye bo mu Rwanda

Yolo The Queen wanahawe imodoka na Harmonize mu mwaka wa 2023 bakanyujijeho kugeza nubwo bari basigaye bakora ibiganiro ku mbuga nkoranya mbagaBijou Dabijou uri mu banyarwakazi bafite imiterere ikurura abatari bacye ku mbuga nkoranyambaga na we yavuzwe mu rukundo na HarmonizeUmuhoza Laika mushiki wa Alpha Rwirangira bose bakaba abanyamuziki ni we munyarwandakazi waherukaga guca ibintu mu nkuru z'urukundo na Harmonize

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ZA LAIKA UMWE MU BAKOBWA BAGEZWEHO CYANE MURI UGANDA


KANDA HANO UREBE INDIRIMBO YA JAMAIS YA DABIJOU URI MU BANYARWAKAZI BAVUZWE MU RUKUNDO NA HARMONIZE

">

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ZANZIBAR YA HARMONIZE NA BRUCE MELODIE ARIRIMBAMO YOLO THE QUEEN

">


 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND