RFL
Kigali

Rayon Sports itangiye Mutarama bayitarama - AMAFOTO

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:12/01/2024 17:35
0


Rayon Sports yatsinzwe na Gasogi United ibitego 2-1, uba umukino wa kabiri Gasogi United itsinze Rayon Sports mu mateka ya shampiyona.



  • Wari umukino w'umunsi w'umunsi wa 16 ga shampiyona, wabereye kuri Kigali Pele Stadium. Ibitego 2 bya Kabanda Serge birimo icyo yatsinze mu gice cya mbere ndetse n'igitego cyo mu minota ya nyuma cya Luvumbu nibyo bitandukanyije amakipe yombi.  Rayon Sports igumye ku mwanya wa kane n'amanota 27, mu gihe Gasogi United ifashe umwanya wa 7 n'amanota 21

  • 90+8" Umukino urarangiye

  • UKO UMUKINO WAGENZE

  • 90+3" Rayon Sports ibonye igitego cya mbere gitsinzwe na Luvumbu kuri kufura ateye neza cyane
  • 90+2" Rayon Sports ibonye kufura yo mu minota ya nyuma
  • 90" Umusifuzi Rulisa yongeyeho iminota 6 y'inyongera kugirango umukino urangire

  • 84" Gasogi United ikoze izindi mpinduka za gatatu, aho nimero 17 Lisombo avuye mu kibuga hinjira Ngarambe Sadjadi
  • Hasigaye iminota 13 gusa ngo umukino urangire, bivuzeko Rayon Sports igomba gukora ibishoboka byose ngo irebe ko nibura yacyura inota rimwe.
  • 76" Gasogi United ikoze izindi mpinduka, nimero 4 Mugisha Rama Joseph avuye mu kibuga asimbuwere na nimero 14Bucyocyera Karenzi
  • Uko umukino uri kugenda ndetse n'uburyo Rayon Sports yasimbujemo, biraza kugorana kuba yacyura aya manota

  • KNC uyobora Gasogi United avuga ATI" Ibi ni byabindi nari nababwiye"

  • Idrissa ka[iteni wa Gasogi yishimira igitego cya mbere, mu buryo bugaragaza ko Rayon Sports iribukubitwe mpaka

  • 69" Gasogi United nayo ikoze impinduka, Kabanda Serge avuye mu kibuga asimbuwe na Rugangazi Porsper
  • Umutoza Wade utoza Rayon Sports, hari impinduka yatinze gukora kuko Tuyisenge Arsene ari mu bakinnyi bagaragaje urwego rwo hasi kuva umukino watangira
  • 65" Rayon Sports ikoze izindi mpinduka, Iradukunda Pascal yinjiye mu kibuga asimbuye Iraguha Hadji
  • 64" Rayon Sports ibonye kufura itewe na Luvumbu, ariko umupira ukubita igiti cy'izamu urasohoka
  • 59" Igitego cya kabiri cya Gasogi United: Gasogi United itsinze igitego cya kabiri gitsinzwe na Kabanda Serge wari watsinze n'icya mbere,
  • 58" Gasogi United iciye mu rihumye ikipe ya Rayon Sports Kabanda Serge atereka umupira mu izamu, umusifuzi avuga ko habayeho kurarira
  • 55" Muderi Akibar ahawe ikarita y'umuhondo, nyuma yo gukorera ikosa kuri Rwatubyaye Abdul ndetse bagiye guhana ikosa ashota umupira ku bwende



  • Kalisa ahaye umwanya Luvumbu, umwe mu bakinnyi baziguhindura umukino byihuse
  • Rayon Sports ikoze impinduka, Luvumbu yinjiye mu kibuga asimbuye Karisa Rachid, Mitima Isaac asimbura Aimable Nsabimana, ngo Camara Agogo asimbura Gomis.

    45" Igice cya kabiri kiratangiye

  • 45+3 Igice cya mbere kirarangiye

  • Rayon Sports ikindi kibazo ifite kiri kuyigora, ni ukugera imbere y'izamu ifite umupira wo hasi, kuko bari guterera imipira kure kandi nayo ikagera mu rubuga rw'amahina rwa Gasogi United itagikanye, bisaba ko Luvumbu yinjira mu kibuga.

  • 45" Umusifuzi yongeyeho iminota 3 y'inyongera kugirango igice cya mbere kirangire.

  • 42" Hategekimana yongeye gutabara Rayon Sports ku mupira uvuye muri koroneri, Lisere aterekaho umutwe, umupira ugwa mu maguru ya Hategekimana uragaruka

  • Ikintu umuntu yavuga ni uko, Umutoza wa Rayon Sports Amahitamo yakoze yo gushyira Aimable mu mutima w'ubwugarizi, byabaye amahitamo mabi kuko bigaragara ko ari hasi bigendanye n'igihe yaherukiraga mu kibuga. Nsabimana Aimable gukorana na Rwatubyaye byanze ndetse ubonako afite umuvuduko wo hasi.



  • Alain Kirasa utoza Gasogi United, areba uburyo ikipe ye yayidanangiye, bigaragara ko Rayon Sports kuzakugorana bizagorana

  • Dauda Ibrahima

    Niyitegeka Idrissa

    Udahemuka Jean de Dieu

    Nshimiyimana Marc Govin

    Muderi Akabar

    Lisere Cedric Lisombo

    Hakizimana Adolphe

    Malipangou Christian

    Kabanda Serge

    Henock Yao

    Mugisha Rama Joseph

  • Abakinnyi 11 Gasogi United yabanje mu kibuga

  • 28" Igitego cya Gasogi United: Gasogi United yari yakomeje gutanga ibimenyetso byo gushaka igitego, ifunguye amazamu ku mupira uzamukanwe na Muderi Akibar ahereza neza Kabanda Serge, ahita atereka mu izamu nta kuzuyaza
  • 26" Gasogi United ikaba ihushije ikindi gitego ku mupira wari utewe na Muderi Akibar ariko unyura kuruhande gatoya

  • Abakinnyi 11 Gasogi United yabanje mu kibuga

  • Abakinnyi 11 Rayon Sports yabanje mu kibuga

18" Gasogi United ihushije igitego cyari cyabazwe, nyuma yaho abakinnyi bagera kuri 3 bari basigaranye n'umunyezamu nyuma yaho Karisa yari atakaje umupira, gusa abakinnyi ba Gasogi United barawusiganira Lisombo awuteye ufata igiti cy'izamu.

17" Malipangau ateye kufura neza, ndetse acunze uko umunyezamu wa Rayon Sports yari ahagaze umupira awurenza urukuta ariko Hategekimana ariyandayanda umupira awukuramo

15" Selumogo Ali ahawe ikarita y'umuhondo, aba umukinnyi wa mbere ubonye iyi karita muri uyu mukino, ndetse Gasogi ikaba ihawe kufura

Abakinnyi 11 Rayon Sports igiye kubanza mu kibuga

Hategekimana Bonheur

Rwatubyaye Abdul

Nsabimana Aimable

Serumogo Ali

Ganijuru Elie

Ngendahimana Eric

Iraguha Hadji

Kalisa Rachid

Alon Gomis

Muhire Kevin

Tuyisenge Arsene

Amakipe yombi akaba atangiye umukino asatirana cyane ndetse ubona ko buri kipe ishaka igitego hakiri kare

08" Koroneri ya mbere ya Rayon Sports itewe na Tuyisenge Arsene ariko Gomis ashyizeho umutwe urarenga

05" Gasogi United ibonye koroneri ya mbere ku mupira urengejwe na Ganijuru ariko bayiteye ntiyagira icyo itanga

Ikipe ya ya Rayon Sports yambaye amakabutura y'umweru imipira y'ubururu ndetse ndetse n'amasogisi y'umweru. Gasogo United yambaye imipira ya orange, amakubutura y'umukara ndetse n'amasogisi ya Orange

Gomis abwira umufotozi ati "mfata aka gafoto k'amateka muri Rayon Sports"

18:00" Umukino uratangiye: Reka twongere tubahe ikaze bakunzi ba InyaRwanda mu mukino wa shampiyona y'u Rwanda uri guhuza ikipe ya Rayon Sports na Gasogi United. Ni umukino ufungurira iyindi mu mikino yo kwishyura

Abafana by'umwihariko ba Rayon Sports, bakaba babukereye, byumwihariko abicara mu gice cyo hakurya y'ikibuga kidatwikiriye

17:56" abakinnyi babanza mu kibuga nabo bakaba bamaze kwinjira ndetse ubu bari gufata amafoto y'urwibutso

17:55" Abakinnyi b'abasimbura bakaba bagarutse mu kibuga aho bagiye kwicara ku ruhande, bagategereza 11 babanza mu kibuga

Iradukunda Pascal yongeye kuzamurwa mu ikipe nkuru, kuva Wade yatangira gutoza Rayon Sports nk'umutoza mukuru

Rwatubyaye Abdul ni umwe mu bakinnyi bo kwitega mu mikino yo kwishyura, kuko ari kugana ku musozo w'amasezerano ye

17:45" Amakipe yombi asubiye mu rwambariro, akaba aribugaruke umukino utangira

17:30" Abasifuzi barangajwe imbere na Rurisa bakaba binjiye mu kibuga aho nabo baje kwishyushya.

17:15" Amakipe yombi yinjiye mu kibuga, akaba aje kwishyushya mbere y'uko umukino utangira.

Abakinnyi nka Paul Alon Gomis, Khadime Ndiaye na Alseny Agogo Camara, bose bakaba babukereye.

Gasogi United nayo ahanini igiye gukoresha abakinnyi yari isanganwe dore ko ahubwo muri aka karuhuko yagabanyije abakinnyi aho kubongera.

Uyu mukino niwo ugiye gufungurira imikino 120 izakinwa mu mukino yo kwishyura nk'uko byagenze mu mikino ibanza. Umukino ubanza, ikipe ya Rayon Sports yari yatsinze Gasogi United ibitego 2-1.

Uyu mukino ugiye gutangira saa 18:00 PM, uraba ari uwa 10 ugiye guhuza aya makipe muri shampiyona, aho mu mikino 9 iheruka, Rayon Sports yatsinzemo imikino 5 inganya 3 itsindwa umukino umwe. Gasogi United iheruka gutsinda Rayon Sports tariki 23 Ukuboza 2022, igitego 1-0, icyo gihe Rayon Sports nabwo ikaba ariyo yari yakiriye.

Aya makipe agiye guhura arushanwa amanota 9, kuko Rayon Sports iri ku mwanya wa 4 n'amanota 27, mu gihe Gasogi United iri ku mwanya wa 8 n'amanota 18.

Gasogi United na Rayon Sports ni umukino ujya kuba amakipe yombi yabanje guterana amagambo yo hanze y'ikibuga, ari nako byagenze muri iki cyumweru cy'uyu mukino.

AMAFOTO: Ngabo Serge 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND