RFL
Kigali

Zarabyinwe karahava! Zimwe mu ndirimbo za Afrobeats zigiye kuzuza imyaka 10 zigiye hanze

Yanditswe na: Umukundwa Josue
Taliki:10/01/2024 6:11
0


Mu 2014 umuziki muri rusange wa Afurika nibwo wasaga n’utangiye gucengera mu mpande zitandukanye z’Isi yose ndetse abahanzi bakomeye mu bihugu bitandukanye begukana ibihembo, bitangwa ku rwego mpuzamahanga.



InyaRwanda yakusanyije indirimbo 15 muri uyu mwaka zizaba zimaze imyaka 10 zigiye hanze. Ndetse ni indirimbo benshi bagiye bakunda twabonye byaba byiza twongeye kuzibibutsa.

 

1.     “Aye” -  Davido

Iyi ndirimbo ni imwe mu zamenyekanishije umuhanzi w’umunya-Nigeria,David Adedeji Adeleke OON wamamaye nka Davido.

Ni imwe mu zamenyekanishije uyu muhanzi. Iyi ndirimbo muri Gashyantare uyu mwaka izaba yujuje imyaka 10  igiye hanze. Imaze kurebwa na Miliyoni zirenga 79 ku rubuga rwa Youtube.

 

2.     “Ojuelegba” -  Wizkid

 

Iyi ni imwe mu ndirimbo za Wizkid zamamaye cyane mu myaka icyenda ishize. Iyi nayo iri mu ndirimbo zizaba zuzuza imyaka 10 mu minsi iri imbere. Ni imwe mu ze zakunzwe cyane.

 

 

3.     “Dorobucci”  -  Don Jazzy, Tiwa Savage, Dr SID, D'Prince, Reekado Banks, Korede Bello na Di'Ja bose babarizwaga muri Mavins  Records

 

Iyi ndirimbo yahuriyemo abahanzi batandukanye bakomeye babarizwaga muri label ya Mavins Records ya Don Jazzy uri mu bahanzi b'abanyemari bakomeye bafasha abahanzi mu muziki. Muri Nyakanga nibwo izaba imaze imyaka 10 igiye hanze.

  

4.     “Johnny “ - Yemi Alade

Muri werurwe 2014 nibwo iyi ndirimbo yagiye hanze, imaze kurebwa n’abarenga Miliyoni 160. Iri mu zamenyekanishije Yemi Alade mu muziki we muri Nigeria no hanze yayo.

  

5.     “Mama Africa’’- Bracket

Iyi yo yagiye hanze muri Mutarama 2014. Ni imwe mu ndirimbo zamenyekanishije itsinda rya Bracket ku rwego rwo hejuru.

  

6.     “Shoki” - Lil Kesh ft. Davido, Olamide

Iyi ndirimbo yagiye hanze muri Nyakanga 2014. Ni imwe mu zamenyakanye zahuje aba bahanzi uko ari batatu muri Nigeria no hanze yayo.

 

 

7.     “Sekem” – McGalaxy

McGalaxy ntabwo ari umuhanzi wakunze gukora indirimbo nyinshi zamenyekanye ariko muri nke yakoze, iyi ni imwe mu zakunzwe cyane kuva muri Kamena 2014 ubwo yajyaga hanze.

  

8.     “Adonai” - Sarkodie  ft. Castro

Ni indirimbo y’umuraperi w’Umunya-Ghana Sarkodie uri mu baraperi bakomeye muri Afurika.

Ni indirimbo yaririmbye nk’isengesho. Yagiye hanze muri Kamena 2014  bivuze ko nayo muri uyu mwaka izaba yujuje imyaka 10 igiye hanze.

  

9.     “Sura Yako” – Sauti Sol

Ni imwe mu ndirimbo zamenyekanye cyane mu z’abahanzi bo muri Afurika y’Iburasirazuba, ica igikuba muri Afurika yose. Sauti Sol yo muri Kenya yayishyize hanze muri Nzeri 2014.

  

10. “Sitya Loss” – Eddy Kenzo

Iyi ndirimbo y’Umugande,Eddy Kenzo yagiye hanze muri Nzeri 2014. Ni indirimbo yakunzwe cyane ihesha uyu muhanzi ibihembo birimo icyo yahawe  mu bikomeye muri muzika bitangwa na Televiziyo ya BET(Black Entertainment Tv) ari naryo zina byahawe. Ibi bihembo byatanze tariki 28 Kamena 2015.

 

Eddy Kenzo wari mu cyiciro cyashyizweho n’abafana cya ‘Viewer’s Choice Best New International Artist’ , ni we wegukanye igihembo ahigitse abahanzi nabo b’ibihangange.

 Yegukanye iki gihembo atsinze Cassper Nyovest(Afurika y’Epfo), Mz Vee (Ghana) na George The Poet, MIC Lowry , Novelist bo mu Bwongereza.

 

11.“Number One Remix” – Diamond Platnumz ft. Davido

 Ni indirimbo Umunya-Tanzania,Diamond Platnumz yasubiranyemo na na Davido wo muri Nigeria. Iyi ndirimbo yafunguye amayira ya Diamond ku rwego mpuzamahanga muri muzika.

  

12.“Mwana” – Ali Kiba

Ni indirimbo y’umunya-Tanzania Ali Kiba uri mu bahanzi bamaze igihe kinini bakora umuziki.

Iyi yamenyekanye cyane yagiye hanze ku wa 19 Ukuboza 2014. Mu mpera z’uyu mwaka izaba yujuje imyaka 10 imaze igiye hanze.

 

13.“Girlie 'O' (Remix)” – Patoraning ft. Tiwa Savage

 Ni imwe mu ndirimbo zamenyekanishije umuhanzi Patoranking na Tiwa Savage bose bo muri Nigeria. Iyi yakunzwe kuva mu 2014 yajya hanze ndetse na n’ubu iracyakunzwe.

  

14.Tchelete (Goodlife) - Davido ft. Mafikizolo

 Ni indirimbo yahuriyemo abahanzi Mafikizolo na Davido wabifashishije. Iyi ndirimbo iri mu zafashije Davido mu kwagura imbago ze mu muziki ku ruhando mpuzamahanga.

  

15.“Show You The Money” – Wizkid

 

Iyi ndirimbo ya Wizkid iri mu zakunzwe cyane ze. Kuva yajya hanze kugeza uyu munsi iracyanakunzwe ndetse iri mu zaharuye inzira y’umuziki wo muri Nigeria ku ruhando mpuzamahanga.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND