RFL
Kigali

Akomoka mu muryango w’Intumwa y’Imana Muhammad: Amateka y’Umwami Abdullah II wakiriwe na Perezida Kagame

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:8/01/2024 11:40
0


Umwami Abdullah II Ibn Al-Hussein ari kubarizwa mu Rwanda yakiriwe na Perezida Kagame basanzwe banafitanye umubano wa hafi, akigera ku kibuga mpuzamahanga cy'indege cya Kigali i Kanombe.



Muri Kamena 2023 Perezida Kagame na Madamu bitabiriye ubukwe bw’Amateka bw’Igikomangoma gifite ikamba muri Jordanie, Al Hussein bin Abdullah II akaba umuhungu w’Umwami Abdullah II  washakanye na  Rajwa Al-Saif.

Uretse ibyo kandi u Rwanda rusanzwe rufitanye umubano mwiza na Jordanie ndetse amateka y’Umwami Abdullah ajya gusa neza n'aya Perezida Kagame bari no mu myaka imwe.

Ubwo yageraga mu Rwanda nyuma y’ibiganiro yagiranye na Perezida Kagame,habayeho umwanya wo gushyira umukono ku masezerano y'imikoranire hagati y’ibihugu byombi yiyongera kuyari rasazweho arimo ay’ibijyanye na politiki.

Tukaba twifuje kubagezaho mu buryo bwagutse ibigwi by’Umwami Abdullah wari uzi ko azasoreza urugendo rwe mu  gisirikare agatungurwa n'uko  Se ajya gutanga yamuhaye Intebe y’u Bwami amusimbuje umuvandimwe we.Umwami wa Jordanie Abdullah II ari mu Rwanda aho akihagera yakiriwe na Perezida Kagame

Abdullah yabonye izuba kuwa 30 Mutarama 1962, Se ni Umwami Hussein mu gihe nyina ari Igikomangomakazi Muna Al Hussein, Umwongerezakazi wavutse akitwa Antoinette Avril Gardiner.

Umuryango w’iwabo ukaba ukomoka ku mukobwa w’Intumwa y’Imana Muhammad, Fatimah n’umugabo we Ali. Imiryango yabo ikaba ariyo yahanze ubwami bwa Jordanie bwayoboye imyaka isaga 700.

Avuka mu muryango w’abahungu bane n’abakobwa 6, yize mu bihugu bitandukanye birimo u Bwongereza na Leta Zunze za  Amerika. Yafashe kandi amasomo ya gisirikare aho yize mu Bwongereza mu ishuri rurangiranwa rya Royal Military Academy Sandhurst mu 1980.

Yatangiriye imirimo ya gisirikare mu Bwongereza aho yakoreye umwaka no mu Burengerazuba bw’u Budage. Yashyingiranwe na Rania Al Yassin mu 1993, mu mwaka wa 1994 yari amaze kugera ku ipeti rya Brigadier General.

Mu bihe bitandukanye Se umubyara,Umwami Hussein yagiye amwohereza mu butumwa ariko ubundi izindi nshingano ugasanga zikorwa n’umuvandimwe we Igikomongoma Hassan.

Ariko mbere y'uko Umwami Hussein ajya gutanga  ku wa 24 Mutarama 1999,yatunguye buri umwe aha Inkoni y’u Bwami Abdallah mu buryo butari bwitezwe.

Inshingano z’Umwami Abdallah zikaba ari nk'iza Perezida w’igihugu aho ari na we mugaba w’ikirenga w’ingabo gusa byinshi bigakorwa na Minisitiri w’Intebe uba wemerewe no kugena Inteko Ishingamategeko.

Abdullah yaciye intege ibikorwa byose n’abayobozi ba Hamas muri Jordanie  hari 1999. Ku wa 23 Kamena 2000 bigizwemo uruhare n’umukuru w’ubutasi bwa Jordanie ,muri iyo myaka haburijwemo igitero cyagombaga kwibasira Abdullah n’umuryango we cyari cyateguwe na Al Qaeda.

Nubwo umubano w’uyu Mwami na Leta Zunze Ubumwe za Amerika wakomeje kuba mwiza ariko nyuma y’ibitero bya 11 Nzeri 2001,muri iki gihugu byakuruye kutumvikana kuko Abdullah atashakaga ko Amerika itera Saddam Hussein.

Nyuma ariko baje gusa n'abajya ku ruhande rumwe, ibintu byababaje Abu Musab Al Zarqawi umwe mu bacurabwenge banatangije Al Qaeda, atangaza ko uyu mutwe ugiye kugaba ibitero muri Jordanie.

Ibi bitero by’ubwiyahuzi bikaba byaribasiye iki gihugu ku wa 09 Ugushyingo 2005, bihitana abagera kuri 60 abandi 115 barakomereka, mu 2006 iki gihugu cyahize bukware Al Zarqawi aricwa kuva icyo gihe umutekano warakajijwe ntihongera kugira ibindi byihebe byibasira iki gihugu.

Mu 2007 Perezida Vladimir Putin yasuye iki gihugu bwa mbere mu ruzinduko rw'ibanze ku gushakira hamwe ibisubizo ku bibazo by'icurwa ry’ibitwaro bya kirimbuzi muri Iran.

Hagati ya 2011 na 2012 u Bwami bwa Jordanie bwanyuze mu bihe bitoroshye,abaturage basaba ko ibyo kuyoborwa bya cyami byarangira hakajyaho inzira ya demokarasi yeruye.

Ibi kandi byakurikiwe no kwibasirwa cyane ku Ingoma y’u Bwami bavuga ko yabatswe na ruswa, ibintu uyu Mwami yagiye akomeza kwerekana ko nta shingiro bifite hari mu mwaka wa 2013.

Muri Mata 2014  Isamic State,umutwe w’ibyihebe ukorana bya hafi na Al Qaeda wageneye ubutumwa Isi bavuga ko bagiye kwivuna Abdullah babonaga nk’inkomyi mu bikorwa byabo, ibintu byakurikiwe no guhunga kw’Abakiristo muri Jordanie bikanga ibitero by’ubwiyahuzi.

Mu bihe bitandukanye Politiki  ya Abdullah yagiye igaragaza ko yihariye ugereranije n’ibindi bihugu aturanye nabyo cyane ku kuba umuntu utagendera cyane ku by'amahame ya kisilamu.

Akaba kandi umugabo wizerera mu mbaraga za gisirikare nk’umuntu watojwe kandi akagikora imyaka itari mike.

Mu 2004 yambuye umuvandimwe we Igikomangoma Hamzah ikamba ry’uwamusimbura igihe byaba bibaye ngombwa.

Iri kamba yaje kuriha umuhungu we Igikomangoma Hussein akaba ari we urifite guhera mu mwaka wa 2009.

Nk'uko twabivuze haruguru Abdullah yashakanye na Rania Al Yassin mu 1993 bafitanye abana bane aribo Igikongoma gifite ikamba Hussein wabonye izuba mu 1994.

Hakaza kandi Igikomangomakazi Iman wavutse mu 1996, Igikomangomakazi Salma 2000 n’Igikomangoma Hashem 2005.

 Uyu mwami kandi akaba ari n’umwanditsi w’ibitabo aho yanditse nka ‘One Last Best Chance’.Umwami Abdullah II wasoje imirimo ye ya gisirikare ageze ku ipeti rya Major General ariko akanagira ni Peti rya Marshal kubera ubuhanga yagiye agaragaraza mu ntambara yakiranwe ikaze na Perezida KagameIgikomangoma Hussein umuhungu w'Umwami Abdullah II wamusimbura igihe icyari cyose byaba ngombwa Igikomangoma Hussein n'umufasha we Rajwa baheruka gushyingiranwa mu bukwe bw'amateka Umwami Abdullah II ari kumwe n'abana be 4 yabyaranye na Rania bashyingiranwe muri 1993Perezida Kagame na Madamu bari mu banyacyubahiro bitabiye muri Kamena 2023 ubukwe bw'Igikomangoma gifite ikamba Hussein muri Jordanie na Rajwa 

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND