RFL
Kigali

Yago yamuritse umuzingo wa mbere "Suwejo" mu gitaramo cyitabiriwe na Minisitiri Utumatwishima-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:23/12/2023 10:56
0


Nyarwaya Innocent [Yago Pon Dat] umaze umwaka umwe n’iminsi micye atangiye by’umwuga umuziki, yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo yamurikiyemo Album ya mbere yise ‘Suwejo’.



Kimwe mu bitaramo byari bikenewe mu mpera z’umwaka wa 2023, cyashyizweho akadomo mu masaha akuze y'uyu wa Gatanu tariki 22 Ukuboza 2023 muri Camp Kigali aho umuhanzi Yago yamuritse Album ye ya mbere yise "Suwejo".

Imitegurirwe y'ahabereye iki gitaramo yari iri ku rwego rwo hejuru, aho abantu bakiranwaga urugwiro n’abasore n’inkumi bo muri ‘Uno Protocol’, bakakirwa kandi n’umuziki n’urumuri rw’amatara anyuranamo mu mabara atandukanye mu buryo bwateguwe na Gorilla Events Limited.

Nubwo iki gitaramo cyatangiye gitinze hagati ya saa mbiri na saa tatu n’igice z'ijoro, gusa abitabiriye banyuzwe cyane, yaba mu gice cyayobowe na Anita Pendo utabashije kuhatinda kuko yari afite akandi kazi kamutegereje n'ikindi gice cyayobowe na Phil Peter.

Abahanzi biyerekanye by’amahire imbera ya Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Abdallah, watangiranye n'iki gitaramo yari yazanyemo n’umuryango we.

Zeo Trap, Bushali na Niyo Bosco nibo baririmbye bwa mbere, hanyuramo hakurikiraho Yago wari wateguye urubyiniro neza rwariho ababyinnyi barimo n’abafite amazina azwi nka Divine Uwa na Jojo Breezy.

Abacuranzi bagize itsinda rya Symphony ni bo bafashije Yago waririmbaga mu buryo bwa Live, ibintu byashimishije abari baje kumushyigikira n’abakunzi b’umuziki nyarwanda muri rusange.

Nyuma ye, umuramyi Aline Gahongayire yataramye mu ndirimbo ze yavangaga n’iz'abandi bahanzi bazwi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana. 

Umuhanzi Double Jay na Kirikou nabo bari baturutse mu Burundi biyeretse abanyarwanda. Phil Peter ni we wayoboye igice cya kabiri cy’igitaramo avanga umuziki akanashyushya abantu. 

Uko igitaramo cyagendaga kijya mbere hagaragaragamo amakosa amwe n'amwe arimo kuba hari abahanzi bahamagarwaga ku rubyiniro bagatinda kugeraho n’ibindi.

Icyakora ntibyabujije abishima kwishima no kujyana ubutumwa bw'uko Yago afite ubuhanzi muri we kandi atazuyaje yazagera kure.

Mu bahanzi bari bategerejwe gutaramana n’abakunzi batari bacye ba Yago, ariko bikarangira batabashije kuhagera ni Levixone wo muri Uganda ndetse na Chriss Eazy wo mu Rwanda.

Yago yaririmbye indirimbo ze zitandukanye afatanya na "Inyogo ye" mu ndirimbo yabo yashimishije benshi bise ‘Ni Wane’ anaboneraho gutangaza ko agiye gufasha "Inyogo ye" gukomeza gushyira hanze indirimbo mu buryo bwe bwihariye aho itaha izaba yitwa ‘Mu mazi’.

Ibyamamare mu muziki byitabiriye iki gitaramo harimo Element, Alyn Sano, Bob Pro, Karigombe, Bahati Makaca. Mu myidagaduro na siporo muri rusange hari Noopja, David Bayingana, Miss Cadette, Bijou Dabijou, Junior Rumaga n’abandi batandukanye.

Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Abdallah n’umuryango we bari mu bitabiriye iki gitaramo cya Yago nubwo atahatinze ariko ababashije kumubona wabonaga banejejwe no kuba ari kumwe nabo.

"Suwejo", umuzingo Yago yamuritse wariho indirimbo Suwejo, Rata, Si Swing, Umuhoza, Yahweh, Original Kopy, True Love, Alright, Naremeye yakoranye na Bushali, My Love, Vis a Vis, Yago Piano na 'T'en Vas Pas".

Aba ‘Producers’ bayikozeho ni Element, The Major, Iyzo Pro, Knox on the Beat, Bob Pro, Santana Sauce, Fanta Pro, Prince Kiiz, Pakkage, Chrisy Neat, Nessim, Logic Hit It na Flyest Music.

Igitaramo Yago yakoze kirashimangira ko urubyiruko rukwiriye gutinyuka rukabyaza impano zabo umusaruro rutitaye ku bica ntege kuko igihe kigera abantu bakemera ko ushoboye iyo udacitse intege.

Ni igitaramo gitanze kandi umukoro ku bandi bahanzi barimo n'abamaze ikinyacumi kirenga ariko batarakora igitaramo cyabo na kimwe kandi bahora babisunika nyamara birengagiza ko imyaka izana n'ibyayo.

Yago yamuritse umuzingo yise 'Suwejo' akaba ari no muri gahunda yo gutangira ibitaramo bizenguruka igihugu agenda asanga abakunzi be hafi yaboDJ Didiman ukorera ikigo cy'igihugu cy'itangazamakuru yari ahariIbyamamare byaje kumushyigikira ku bwinshiKarigombe, Alyn Sano na Junior Rumaga nabo bari baje gushyigikira YagoYago asuhuzanya na Bob Pro wamamaye mu kuyungurura umuziki [Mastering]Bob Pro yari ari kumwe na Bijou Dabijou inshuti y'akadasohoka ya YagoInyogoye n'umugore we, abantu b'ingenzi mu buzima bwa Yago nabo bari bahari ndetse banafatanije gususurutsa abakunzi baboMitsutsu na Sky 2 bari baje gushyigikira Yago Pon DatNoopja na David Bayingana nubwo bafite inshingano zitoroshye mu bukwe bwa The Ben baje kwifatanya na YagoByari umunezero mu bafana n'abakunzi ba Yago Pon Dat bananyuzagamo bakamuha amanyarwanda n'amadoraliMC Nario ari mu baje kwifatanya na Yago ku munsi we w'amatekaAbabyeyi ba Yago bari baje kumushyigikira Element na Junior Rumaga barimo baganira mu gitaramo cya YagoYago yazanye n'ababyinnyi barushijeho gutuma igitaramo kigira igisobanuroJojo Breezy na Divine Uwa batambukanye umucyo mu gitaramo cya YagoAnita Pendo ni we wayoboye igice cya mbere cy'igitaramo cya YagoPhil Peter yayoboye igice cya kabiri cy'igitaramo cya Yago

KANDA HANO UREBE AMAFOTO YOSE Y'IGITARAMO CYA YAGO

AMAFOTO: NGABO SERGE/INYARWANDA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND