RFL
Kigali

Dj Bissosso yahuje abahanzi 14 mu bitaramo byo gusoza umwaka i Musanze na Rubavu

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:12/12/2023 10:21
0


Sakubu Hassan wamenyekanye nka Dj Bissosso yateguye ku nshuro ya kabiri ibitaramo byo kwizihiza Noheli no gusoza neza umwaka bizabera mu Karere ka Musanze mu Majyaruguru y’u Rwanda no mu Karere ka Rubavu mu Burengerazuba.



Ibi bitaramo bibiri byiswe “Xmass and Happy New Year Party Edition 2” bizabera mu Mujyi wa Musanze ku wa 25 Ukuboza 2023 no ku wa 31 Ukuboza 2023 ndetse na tariki 1 Mutarama 2024 mu Mujyi wa Rubavu.

Byateguwe inkunga n’abarimo uruganda rwa Bralirwa binyuze mu kinyobwa cya Miitzig. Ni ku nshuro ya kabiri, Dj Bissosso ateguye ibi bitaramo, kuko umwaka ushize nabwo byabereye mu Majyaruguru no mu Burengerazuba.

Yabwiye InyaRwanda ko ibitaramo nk’ibi bigamije kwereka Abanyarwanda ko abahanzi b’abo bashoboye no kubafasha kwizihiza Iminsi Mikuru neza.

Ariko kandi anavuga ko biri mu murongo wo kwereka ibigo by’ubucuruzi ko igihe kigeze kugira ngo bagere mu bice bitandukanye by’u Rwanda bafashe Abanyarwanda kwishima.

Yavuze ati “Muri rusange igitaramo nk’iki kigamije kwereka Abanyarwanda ko ibigo by’ubucuruzi nk’ibi byaduteye inkunga bikwiye kugera mu bice bitandukanye by’u Rwanda kugirango abahatuye n’abo babashe kubona abahanzi, kandi bishime.  Biri mu rwego kandi rwo gufasha no kubifuriza iminsi Mikuru myiza isoza umwaka.”

Muri rusange, avuga ko ari ibitaramo bigamije gufasha Abanyarwanda kwizihiza Umunsi Mukuru wa Noheli no kurangiza neza umwaka wa 2023.

Kuri iyi nshuro azakorana n’abahanzi 14 barangajwe imbere na Davis D, Chriss Eazy, Bushali, Bull Dogg, Igisupusupu, Senderi, Kivumbi King, Diva, Okkama, Papa Cyangwe, Sagameri, Bluster, Agnes ndetse n’itsinda ry’Abarashi.

Azakorana kandi n’aba Dj bagezweho muri iki gihe barimo Mushiki we, Dj Ira, Dj Sonia, Dj Drizzy, Dj Khizz Beats, Selecta Danny na Dj Omer.

Muri ibi bitaramo kandi azifashisha abashyushyarugamba babiri, ‘Fatakumavuta’ ndetse na Gitego w’ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA).

Agaragaza ko kwinjira ari ibihumbi biri (2000Frw) mu myanya isanzwe ugahabwa n’icyo kinywa, 5,000 Frw mu myanya ya VIP ugahabwa n’icyo kunywa. 

Abahanzi 14 bategerejwe mu Karere ka Musanze na Rubavu mu bitaramo byo kwizihiza Noheli no gusoza umwaka wa 2023 

Umuraperi Bushali wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Ku Gasima’, ‘Niyibizi’ n’izindi ategerejwe i Rubavu 

Davis D uzwi mu ndirimbo zirimo nka ‘Truth or Dare’, ‘Bad Boy’ agiye gutaramira abanya-Musanze


Chriss Eazy ugezweho muri iki gihe binyuze mu ndirimbo zirimo ‘Bana’ yakoranye na Shaffy


Dj Bissosso yatangaje ko ibi bitaramo bigamije gufasha Abanya-Musanze na Rubavu kwizihiza Umunsi wa Noheli no gusoza umwaka wa 2023


Umuraperi Kivumbi King uherutse guhura na Kendrick Lamar ategerejwe i Musanze na Rubavu






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND