RFL
Kigali

Ibitaramenyekanye mu masezerano ‘avuguruye’ y’imyaka 10 Marina afite muri The Mane

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:8/12/2023 22:06
0


Ugereranyije n’abandi bahanzi bo mu Rwanda, birashoboka ko Marina ariwe muhanzi wa mbere ufite amasezerano azamara igihe mu inzu ifasha abahanzi (Label).



Uyu mwari w’ijwi ritangaje yashyize umukono ku masezerano na The Mane mu mpera za 2017, kuva icyo gihe batangira gukorana nk’umuhanzi bafasha mu muziki.

Ibi byakurikiwe n’ibikorwa birimo gushyira hanze ibihangano bye, kujya mu biganiro n’itangazamakuru, kuririmba mu bitaramo binyuranye n’ibindi.

Impano ye itangira gutangarirwa kuva ubwo! Muri Mata 2021 yaratunguranye asohora ibaruwa avuga ko yasezeye muri The Mane nyuma y’ibibazo byavuzwemo.

Agira ati “Ndabamenyesha ko guhera ku wa 21 Mata ntakiri umwe mu bareberwa inyungu na The Mane Music, ku bw’impamvu ntashobora gutangaza ubu muri iyi baruwa.”

Hashize amezi atatu, uyu mukobwa w’i Rwamagana yasohoye ibaruwa yuzuyemo kwicuza, avuga ko ‘yagarutse mu rugo’ muri The Mane.

Icyo gihe Bad Rama washinze The Mane yavuze ko yahaye imbabazi umwana wagarutse mu rugo. Mu butumwa bwo kuri Instagram ati “Warenzaho iki ubaye wowe uri The Mane? Umwana akosheje akagaruka akagusaba imbabazi zibyo yakoze, nta kindi nari gukora nk’umubyeyi, imbabazi nazitanze."

Marina yakomeje ibikorwa bye by’umuziki, zimwe mu ndirimbo zikajya hanze bigaragara ko nta ruhare The Mane yagizemo. Ndetse, hari amakuru yavuzwe ko ashaka kujya akorana cyane na Yvan Muziki uherutse gufungura Label ye bwite.

Kiriya gihe Marina asezera muri The Mane, yari akurikiye Queen Cha, Clavin Mbanda, Safi Madiba, Calvin Mbanda ndetse na Aristide Gahunzire wari umujyanama.

Bad Rama yahishuye ko amasezerano ya Marina muri The Mane ‘yavuguruwe’

 

Mu kiganiro n'itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Ukuboza 2023, Bad Rama yavuze ko abantu bamumenye nk'umujyanama gusa, nyamara yatangiye urugendo rwo kwiyegurira umuziki binyuze mu kubanza kuba umuhanzi, kumenyekanisha ibikorwa by'abahanzi mu bitangazamakuru n'ahandi.

Asobanura ko yatangiye kwisanisha n'umuziki 'ubwo hari Radio imwe mu Rwanda'. Yavuze ko yatangiye umuziki mu nsengero, kandi Radio nyinshi zavutse 'ndeba’.

Uyu mugabo avuga ko afite ubumenyi 'buhagije' mu muziki, kuko yatangiye mu 2005. Kandi avuga ko 'abahanzi bose bakomeye mu gihugu batangiye bansaga'. Ati "Ubwo bumenyi rero bumpa ubushobozi bwo guhitamo umuhanzi nshaka, kuko mbona ko nkeneye abyujuje'.

Bad Rama yavuze ko ashinga The Mane yihaye imyaka itanu yo kuyimenyekanisha ku rwego rwo mu Rwanda kandi n'abahanzi bayibarizwamo bakazamuka ku rwego rwiza.

Mu myaka itanu ya mbere, avuga ko begukanye ibikombe birimo icya Label nziza, ibikombe bibiri by'umuhanzikazi mwiza w'umwaka, igikombe cy'indirimbo nziza, igikombe cy'umuhanzi mushya ukizamuka n'ibindi.

Asobanura ko imyaka itanu ya mbere, iyo ayisuzumye abona ko 'nari maze gufasha cyane uruganda rwacu rw'umuziki kuzamuka'.

Bad Rama yavuze ko The Mane yamaze guha 'rugari' Marina, kuko afite uburenganzira bwo kuba yakorana n'abandi ashatse n'ubwo agifite amasezerano muri The Mane.

Yavuze ati "Kugeza uyu munota, Marina ni umuhanzi The Mane yahaye rugari, kuko haje kubaho ikibazo cyo guhuga bitandukanye, muri izo ntambara twari turimo, nawe afite ize nk'umuhanzi n'ibindi."

Akomeza ati "Twaje guhana amahirwe turavuga ngo ese twagerageza ibindi, ko mpuze nawe ukaba uri hano, ushobora gufata umwanya ukitekerezaho, ukareba aho ushaka kuganisha ibikorwa byawe, ukareba niba koko ugikeneye izi mbaraga za The Mane cyangwa se ukeneye kuba waba umuhanzi wigenga nk'abandi."

Bad Rama yavuze ko nk'umushoramari atarajwe ishinga no gusinyisha umuhanzi amasezerano atuma aba 'imbata yanjye', ahubwo arashaka kubona impano z'abahanzi zitera imbere.

Yavuze ko umwaka ushize ari bwo yagiranye amasezerano na Marina amuha uburenganzira bwo kuba umuhanzi wigenga ushobora gukorana n'abandi n'ubwo afite amasezerano muri The Mane.

Ati "Kuba yaba umuhanzi wigenga agakora ibikorwa bye, akagerageza uburyo bwose bushoboka, amahitamo ni aye. Kuba muri The Mane cyangwa kutabamo biri mu biganza bya Marina."

Yavuze ko Marina agifite amasezerano y'imyaka irenga 10 muri The Mane, kandi ko ataraseswa. Bad Rama avuga ko n'ubwo uyu mukobwa agifite amasezerano muri iyi Label, ariko amuha uburenganzira bwo kuba yakorana n'abandi bashoramari.

Gahunzire Aristide wabaye umujyanama wa The Mane, yavuze ko Marina agifite amasezerano muri Label, ariko ko hari ibiganiro impande zombi zagiranye byatumye aba umuhanzi wigenga muri iki gihe ku buryo yakorana n'uwo ashatse wese.

Yavuze ko Marina afite uburenganzira bwo gukora ibihangano bye, akabishoramo imari kandi n'inyungu ivuyemo ikaba iye. Kandi afite uburenganzira bwo guhitamo uwo bakorana.

Ariko kandi avuga ko igihe cyose Marina azashakira, impande zombi zizicara bagasesa amasezerano bari baragiranye.


Bad Rama yatangaje ko hari ingingo zavuguruwe mu masezerano bafitanye na Marina bimuha uburenganzira bwo kuba yakorana n’abandi


Marina afite amasezerano y’imyaka 10 muri The Mane, yasinye mu mwaka wa 2017


Mu 2021, Marina yagerageje kuva muri The Mane ariko akomwa mu nkokora n’iningo ziri mu masezerano yasinye 

KANDA HANO UREBE BAD RAMA ASOBANURA KURI KONTARO YA MARINA MURI THE MANE

">


KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO YA MARINA

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND