RFL
Kigali

Kigali: Urubyiruko rwaturutse mu bihugu 10 bya Afurika rwitabiriye amarushanwa ya ‘COY’ – AMAFOTO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:7/12/2023 2:01
0


I Kigali mu Rwanda hateraniye urubyiruko rwaturutse mu bihugu bisaga 10 byo muri Afurika, rwitabiriye amarushanwa yiswe ‘Company of the Year’ ategurwa n’umuryango wa Junior Achievement (JA) Africa.



Ku nshuro ya 13, Umuryango utegamiye kuri Leta wa JA Africa wongeye guhuriza hamwe urubyiruko ruri mu kigero cy’imyaka 14-17 rwaturutse impande n’impande muri Afurika, mu gikorwa cy’amarushanwa ashingiye ku bumenyi mu by’ishoramari ndetse no guhanga udushya.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ukuboza 2023, i Kigali muri Serena Hotel hatangijwe igikorwa cy’amarushanwa ya JA Africa yiswe ‘COY’ kigiye kumara iminsi itatu, cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo umuyobozi mukuru wa Junior Achievement ku rwego rw’isi, Asheesh Advani, umuyobozi mukuru wa JA Africa, Simi Nwogugu, umuyobozi wa JA Rwanda ndetse na Ishango Consulting Ltd, Emery Rubagenga, uwaje ahagarariye Minisitiri w’Uburezi, Nsengiyaremye Christophe, n’abandi.

Umuyobozi wa JA Africa, Simi Nwogugu niwe wafunguye ku mugaragaro iki gikorwa aha ikaze abitabiriye bose, ashimira abaterankunda, abarimu ndetse n’abayobozi bagize uruhare mu gutegura abanyeshuri ndetse no gutegura aya marushanwa.

Umuyobozi wa JA Africa Rwanda, Emerry Rubagenga yahaye ikaze abana b’abanyeshuri baturutse mu bihugu icumi bya Afurika, bagaragaje ko biteguye neza amarushanwa ateganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Ukuboza 2023.

By’umwihariko Bwana Emerry yashimiye byimazeyo ubuyobozi bwa Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda bwahaye agaciro iki gikorwa.

Yagize ati: “Umwaka ushize nari ndi muri Nigeria, niryo rushanwa rya mbere nari nitabiriye. Byari byiza cyane. Ndabasezeranya ko mugiye kugira ibihe byiza, muzahabonera ibyishimo ntagereranwa ndetse n’icyizere cy’ejo hazaza h’Umugabane wa Afurika.”

Nyuma y’aba bayobozi, abanyeshuri baje bahagarariye ibihugu byose uko ari icumi biri mu irushanwa, bahawe umwanya muto bakora imyiyereko, aho buri gihugu cyajyanaga ibendera ryacyo ku rubyiniro mu rwego rwo kwerekana ko gihagarariwe.

Ku ikubitiro habanje kwakirwa Côte d’Ivoire, hakurikiraho Eswatini, Ghana, Mauritius, Nigeria, u Rwanda, Afurika y’Epfo, Uganda, Zambia, haheruka Zimbambwe. Aba banyeshuri bose, baserukanye akanyamuneza amabendera y’ibihugu baje bahagarariye mu myambaro myiza cyane ijyanye n’umuco wabo.

Iki gikorwa kandi cyaranzwe n’ibiganiro byagarukaga ku mwihariko w’uyu muryango umaze imyaka irenga 100 ubayeho, aho umuyobozi wawo ku rwego rw’isi, Asheesh yasobanuye ko ibanga bifashishije ari ukwigisha abakiri bato kwihangira imirimo binyuze mu guhindura imitekerereze yabo hakiri kare bakabasha kubyaza amahirwe yose umusaruro.

Simi yavuze ko bigisha urubyiruko kwihangira imirimo aho baba bari hose, n’iyo baba nta mafaranga bafite bakabasha kureba ibitagenda neza bakabishakira ibisubizo maze ababibona bakifuza kubashyigikira.

Emerry, yasobanuye ko ubu bumenyi JA ikomeje guha urubyiruko, bugiye kugira uruhare rukomeye mu iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda.

Ati: “Kwihangira imirimo, nicyo kintu cyonyine kizafasha u Rwanda ndetse na Afurika kurushaho gutera imbere. Dukeneye abashoramari benshi b’abayobozi, imisoro myinshi kugira ngo hubakwe ibindi bikorwa remezo kuko haracyarimo icyuho, kandi ibyo ntibizakorwa na Banki y’isi gusa, hakenewe n’ubufasha bw’abantu ku giti cyabo.”

Umwe mu banyeshuri baje bahagarariye igihugu cya Nigeria yavuze ko iyi gahunda ya JA yo kwagura imitekerereze y’abakiri bato yamwunguye ubumenyi haba mu bijyanye n’imibanire n’abandi, gukemura ibibazo, ubuyobozi ndetse no gukorera hamwe. Yongeraho ko hamwe no gukorera hamwe nk’itsinda bizeye kugera kure.

Kuri uyu munsi wa mbere w’amarushanwa ntihabaye ibikorwa gusa, kuko abanyeshuri bahawe umwanya baridagadura, barabyina ndetse banagira umwanya wo gusubiramo ibyo bazamurika ku munsi nyirizina w’amarushanwa.

Iyi, ni inshuro ya kabiri agiye kuba imbonankubone nyuma ya Nigeria kuko mu yindi myaka yabanje mu gihe cya Covid 19, aya marushanwa yabereye ku ikoranabuhanga inshuro zigera kuri ebyiri.

JA Africa ifite icyicaro mu bihugu 16 byo muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, aho buri mwaka uyu muryango ugera ku rubyiruko rusaga 390,000.

Ibyo bihugu ni: Burkina-Faso, Côte d’Ivoire, DR Congo, Eswatini, Ghana, Kenya, Madagascar, Mauritius, Nigeria, u Rwanda, Senegal, Afurika y’Epfo, Tanzania, Uganda, Zambia na Zimbabwe.

JA ikorana umunsi ku wundi na minisiteri z’uburezi zibarizwa muri ibi bihugu kugirango ubumenyi bwabo butangwe mu mashuri arenga 3,000 buri mwaka.

Buri mwaka kandi, hamwe n’abanyamuryango barenga 100, JA ku rwego rw’isi yifashisha abakorerabushake bari hejuru y’ibihumbi 470 bita ku rubyiruko rusaga miliyoni 10 ku isi.


Mu Rwanda hateraniye abayobozi batandukanye ndetse n'urubyiruko rwaturutse mu bihugu 10 byo muri Afurika

Itsinda ryaturutse muri Ghana

Abaje bahagarariye Eswatini nuko baserutse

Abo muri Cote d'Ivoire baserutse batyo

Abitabiriye basusurukijwe n'itorero ribyina imbyino gakondo

Abayobozi ba JA bari bizihiwe

Abitabiriye basoje basangira   

Reba hano amafoto yose yaranze igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro amarushanwa ya 'COY'

AMAFOTO: Doxvisual - InyaRwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND