RFL
Kigali

Ibyamamare byambariye kwitabira igitaramo ‘Christmas Carols Concert’ cya Chorale de Kigali

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:6/12/2023 14:27
0


Ibyamamare mu ngeri zinyuranye bakomeje kugaragaza ko biteguye kwitabira igitaramo “Christmas Carols Live Concert” cya Chorale de Kigali, izakora yizihiza urugendo rw’imyaka icumi ishize bategura igitaramo nk’iki mu rwego rw’ivugabutumwa.



Kuva mu mezi abiri ashize, iyi Korali ifatwa nka Nimero ya mbere muri Kiliziya Gatolika yatangiye urugendo rwo kumenyekanisha igitaramo bazakora tariki 17 Ukuboza 2023 mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena mu rwego rwo gufasha Abakristu kwitegura kwizihiza Umunsi wa Noheli.

Ni urugendo rwatangijwe no gukora ibiganiro mu itangazamakuru no kwifashisha imbuga nkoranyambaga zabo, basaba abantu kutazacikwa n’iki gitaramo.

Rwaherekejwe kandi no guha urubuga abakunzi bayo bagira uruhare mu guhitamo indirimbo zihimbaza Imana n’izindi zamenyekanye bashaka ko bazabaririmbira muri iki gitaramo.

Ibi byatumye abantu bazwi mu ngeri zinyuranye, batangira kwifata amashusho bakoresheje Telephone bagaragaza ko biteguye kuzitabira iki gitaramo.

Mu butumwa bw’amashusho bagiye basakaza, bagaruka cyane ku mpamvu abantu badakwiye gucikwa n’iki gitaramo, bakavuga uburyo abantu bashobora kugura itike, ibyo abantu bamenya kuri Chorale de Kigali n’ibindi.

Mu bamaze kugaragaza ko bazitabira iki gitaramo, harimo umukinnyi wa filime Amb. Isimbi Alliance [Alliah Cool], umukinyi wa Basketball Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson;

Umusizi Rumaga uzwi mu bisigo binyuranye, umukinnyi wa filime 'Nyabitanga' wamenyekanye muri Filims 'Miss Mulenge', 'Madederi' uzwi cyane muri filime Papa Sava, umunyamakuru w'ikigo cy'igihugu cy'itangazamakuru, Japhet Mazimpaka, Aline Gahongayire, Marina, Alyn Sano n'abandi.

Mu gitaramo ‘The Christmas Carols Concert’ baririmba cyane indirimbo zo kwizihiza Umunsi wa Mukuru wa Noheli, indirimbo zanditswe n’abanyamuziki banyuranye yaba Abanyaburayi n’Abanyamerika, indirimbo zakunzwe cyane zo mu buzima busanzwe n’izindi.

“Christmas Carols Concert" ni kimwe mu bitaramo bikomeye biba bitegerejwe n’Abakristu benshi cyane cyane abo muri Kiliziya Gatolika mu mpera z’umwaka, biturutse ku kuba abaririmbyi b’iyi korali bafasha abantu gusoza neza umwaka begerana n’Imana.

Perezida wa Chorale de Kigali, Hodari Jean Claude, aherutse kubwira InyaRwanda ko bagiye gukora iki gitaramo bishimira imyaka 10 ishize bahuriza hamwe Abanyarwanda n’abandi mu busabane n’Imana, kandi avuga ko buri mwaka wabaga ufite umwihariko wawo mu mitegurire n’imiririmbire.

Yavuze ko nubwo Isi yahuye n’amakuba arimo n’icyorezo cya Covid-19, ariko bishimira ko nta mwaka n’umwe bigeze basimbuka mu gukora iki gitaramo kuva mu 2013. 

Hodari ati “Kuba tutarigeze dusimbuka umwaka n'umwe tudakoze Christmas Carols Concert kuva 2013 no mu bihe bya Covid-19 bigakunda; ni ibyo kwishimira.”

Akomeza ati “Kuba buri mwaka byarabaga byiza kurusha umwaka wabanje haba mu mitegurire no mu buhanga bwo kuririmba, kandi ababyitabira bagakomeza kwiyongera,nabyo ni ibyo kwishimira.”

Hodari Jean Claude avuga ko bafite ishimwe rikomeye ku muterankunga Mukuru, Sanlam bagendanye urugendo rukomeye kuva mu 2013 bahuriza abakristu mu byishimo bya Noheli buri mwaka. 

Akomez ati “Kuba umuterankunga witwa Sanlam twaratangiranye muri 2013 akaba atarasibye kubana natwe n'umwaka n'umwe no mu gihe cya Covid-19 kandi ubu abaterankunga bakaba batarahwemye kwiyongera.”

Uyu muyobozi avuga ko iki gitaramo bategura buri mwaka cyatinyuye andi makorali abona ko bishoboka gutegura ibitaramo nk’ibi byagutse birenze kuba baririmba mu rusengero. 

Yavuze ati “Kuba hari ayandi makorali aririmba neza yaboneyeho gutinyuka gutegura ibitaramo bya buri mwaka bigafasha igihugu muri rusange gususuruka mu mpera za buri mwaka (nabyo ni ibyo kwishimira).”

Hodari yavuze ko muri iki gitaramo bazakora ku wa 17 Ukuboza 2023, abazakitabira bakwiye kwitega kuzabona imbuto z’imyaka 10 bamaze bakora ‘ibi bitaramo harimo ubuhanga mu kuririmba no gucuranga bwiyongereye’. 

Kandi avuga ko bazahitamo indirimbo bazaririmba bashingiye ‘ku byo twabonye bikenewe n'abantu benshi harimo n'indirimbo nshya’.

Uyu muyobozi yavuze ko bahisemo gukorera igitaramo muri BK Arena mu rwego gufasha abantu kubona ahantu hagari ho gushimira Imana, kandi mu biciro biboneye buri wese. Yungamo ati “Ibindi bisigaye ni agaseke gapfundikiye ntitwabivuga byose.” 

Chorale de Kigali yashinzwe mu 1966 imaze kuba ikimenyabose mu Rwanda ndetse no mu mahanga kubera indirimbo zihimbanywe kandi zikaririmbanwa ubuhanga igenda igeza ku bakunzi bayo haba mu bitaramo, muri gahunda zitandukanye iririmbamo ndeste n’izo ibagezaho kuri shene yabo ya Youtube.

Intego yabo nyamukuru (RGB), ni uguteza imbere umuziki wanditse ku rwego mpuzamahanga. 

Chorale de Kigali yagiye ikora ibitaramo byinshi mu Rwanda no hanze, harimo Misa zisanzwe, amasengesho ndetse n’ibindi birori byinshi by’umuco mu gihugu.

Iyi korali yamye ifite umubare munini w’abatunganya n'abahimbyi b'umuziki wa chorale mu Rwanda. Abamenyekanye cyane muri bo ni Saulve Iyamuremye, Apollinaire Habyarimana Dr. Jean Claude Byiringiro, Dr. Alfred Ngirababyeyi, Pacifique Tunezerwe n’abandi. 

Chorale de Kigali yakunze gutanga ibyishimo binyuze mu ndirimbo zirimo ‘Ijuru n’Isi nibirangurure’, Comme un enfant, Fernando, Tubifurije Noheli Nziza, Ma Vie c’est le Christ, Indabo za Mariya, ‘Reçois l’adoration’, Adeste Fideles, ‘Ab’ijuru baririmba’, Kleinzac, n’izindi.

Kugeza ubu amatike yo kwinjira muri iki gitaramo yashyizwe ku isoko, aho mu myanya isanzwe ari ukwishyura 5,000 Frw, 10,000 Frw mu myanya ya Premium, 25,000 Frw mu myanya ya VIP na 50,000 Frw mu myanya ya VVIP. Ni amatike ushobora kubona unyuze ku rubuga rwa www.ticqet.rw 

Umukinnyi wa filime Amb. Isimbi Alliance [Alliah Cool] yasabye abantu kutazacikwe n’iki gitaramo


Umukinyi wa Basketball Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson yabwiye abafana be kugura amatike hakiri kare


Umusizi Rumaga uzwi mu bisigo binyuranye yavuze ko gucikwa n’iki gitaramo ari ukunyarwa zigahera


Umukinnyi wa filime 'Nyabitanga' wamenyekanye muri Filime 'Miss Mulenge' yavuze ko iki gitaramo kizafasha benshi guhimbaza Imana


'Madederi' uzwi cyane muri filime Papa Sava avuga ko tariki 17 Ukuboza 2023 muri BK Arena bizaba ari ibicika muri iki gitaramo


Umunyamakuru w'ikigo cy'igihugu cy'itangazamakuru, Japhet Mazimpaka avuga ntawe ukwiye gucikwa n’iki gitaramo cy’ubudasa


Aline Gahongayire yavuze ko Chorale de Kigali ifite ibigwi mu gukora iki gitaramo buri mwaka


Umuhanzikazi Marina yavuze ko tariki 17 Ukuboza 2023 azaba ari muri iki gitaramo


Alyn Sano yumvikanishije ko ushobora kugura itike yawe muri iki gitaramo ukagabanyirizwa 25%


Muyoboke Alex wabaye umujyanama w’abahanzi avuga ko azitabira iki gitaramo 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'NDARATA  UMWAMI'

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND