RFL
Kigali

Abahungu batsinze neza kurusha abakobwa mu bizamini bya Leta

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:4/12/2023 15:39
1


Minisiteri y’Uburezi (Mineduc) yatangaje ko abahungu batsinze neza ku kigero cyo hejuru kurusha abakobwa mu bizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2022/2023.



Kuri uyu wa Mbere tariki 4 Ukuboza 2023, nibwo Minisiteri y’Uburezi yatangaje amanota y’abanyeshuri mu muhango wabereye ku cyicaro cy’iyi Minisiteri.

Witabiriwe n’ibigo bishamikiye kuri Minisiteri y’Uburezi, Abayobozi mu nzego zinyuranye, ababyeyi, abanyeshuri n’abandi.

Amanota yatangajwe ni iy'abanyeshuri basoje amashuri yisumbuye harimo abiga Ubumenyi rusange; Tekinike n'Inderabarezi

Umuyobozi mukuru w'Ikigo gishinzwe ibizamini n'Ubugenzuzi bw'Amashuri (NESA), Dr. Bernard Bahati avuga ko muri uyu mwaka abanyeshuri bose biyandikishije gukora ibizamini bya Leta bari 80,892, barimo 80,525 bangana n'ikigereranyo cya 99,55% nibo babashije gukora ikizami cya Leta.

Abakandida bari biyandikishije gukora ibizamini mu Bumenyi rusange bari 48,699, muri tekinike, imyuga n'ubumenyi ngiro bari 2, 8192, n'aho mu inderabarezi ni 4,001.

Abakandida bigenga bakoze ibizamini mu bumenyi rusange bari 2,045, muri tekinini ni 1,687 n'aho inderabarezi ni 14.

Umubare w'abakobwa bakoze ibizamini mu burezi ni 2,7382, muri tekiniki ni 12,966, n'aho mu inderabarezi ni 2,293.

Umubare w'abahungu bakoze ibizamini mu burezi rusange ni 21,317, muri tekinike bari 15,226 n'aho mu inderaberezi ni 1,708.

Mu burezi rusange abanyeshuri bakoreye ibizamini mu mashuri 776; muri tekinike mu mashuri 232 n'aho mu nderabarezi ni amashuri 16.

Abanyeshuri 46,051 bangana na 95.4% nibo babashije kugera ku bipimo ngenderwaho by'imitsindire, ni mu gihe abanyeshuri 4.9% batabashije gutsinda.

Dr. Bernard Bahati yavuze ko ashingiye ku mibare bafite mu bakoze ibizamini mu bumenyi rusange 'ikigaragara ni uko abakandida b'abahungu bakoze neza ugereranyije n'aba bakobwa'.

Akomeza ati "Kuko ufashe abahungu bose bakoze ikizamini cya Leta 96,8% baratsinze n'aho wafata abanyeshuri b'abakobwa bose bakoze ikizamini cya Leta 93,6% nibo babashije kugera ku bipimo ngenderwaho by'imitsindire dukoresha."

Ibyavuye mu bizamini by'abanyeshuri bakoze mu inderabarezi bigaragaza ko hatsinze 39,898 bangana na 99,7% ni mu gihe hari hiyandikishije 40,001 bangana na 99,8%.

Muri bariya banyeshuri bakoze abangana na 0,3% nibo batageze ku gipimo cy'imitsindire. Bahati avuga ko no muri iki cyiciro nabwo harebwe imitsindire y'abanyeshuri usanga abanyeshuri b'abahungu 'bararushije gato' abakandida b'abakobwa.

Yavuze ko mu nderabarezi imibare igaragaza ko 99.8% by'abahungu batsinze neza ikizamini, ni mu gihe abakobwa batsinze bangana na 99,6%. Bernard ati "Mu by'ukuri babarushijeho gato cyane."

Mu mashuri ya tekinike, imyuga n'ubumenyingiro; hakoze abanyeshuri 28,070; muri aba 97,6% nibo babashije gutsinda neza n'aho 2,3% baratsinzwe.

Bernard avuga ko no muri iki cyiciro abahungu bahize abakobwa, kuko batsinze ku kigero cya 97.7%; abakobwa batsinda ku kigero cya 97.5%.

Muri uyu mwaka habayeho impinduka mu bihembo, kuko ibihembo byatanzwe hagendewe ku byiciro abanyeshuri bigamo. 

Hatanzwe ibihembo ku cyiciro cy'abiga mu burezi rusange (Siyansi, Ubumenyamuntu ndetse n'Indimi).

Hatanzwe kandi ibihembo mu cyiciro cy'inderabarezi (Harimo ibyiciro bine); hanahembwe abo mu cyiciro cya tekiniki, imyuga n'ubumenyingiro (hahembwe ibyiciro 10).

Minisitiri w'uburezi, Twagirayezu Gaspard avuga ko abanyeshuri basoje amasomo mu inderabarezi aribo ba mbere nyuma y'uko hagiyeho politiki ' yo gufasha abanyeshuri biga inderabarezi mu buryo bwo kongera gufasha abarimu gukura mu mwuga'.

Yavuze ko byatangiye Minisiteri yishura amafaranga 50% y'uruhare rw'umubyeyi, kandi bimaze imyaka itatu. Ari nayo mpamvu avuga ko aba banyeshuri ari bo ba mbere barangije muri iyi gahunda.

Kanda hanoubashe kureba amanota y’abanyeshuri


Umuyobozi mukuru w'Ikigo gishinzwe ibizamini n'Ubugenzuzi bw'Amashuri (NESA), Dr. Bernard Bahati yavuze ko abahungu bahize abakobwa mu bizamini bisoza ayisumbuye


Minisitiri w'uburezi, Twagirayezu yashimye abanyeshuri bitwaye neza mu bizamini bya Leta


Abanyeshuri 17 bahize abandi mu masomo anyuranye mu gihugu hose bashimiwe

KANDA HANOUREBE UKO UMUHANGO WO GUTANGAZA AMANOTA WAGENZE

">

AMAFOTO: TNT






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nyirimanzi Eric 9 months ago
    Banatubwire amanota bazafatiraho kugira go batange Basal mubyiciro byose





Inyarwanda BACKGROUND