RFL
Kigali

Ngenzi yasubije abamwita umugome kubera ibyo akina muri filime

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:4/12/2023 15:04
0


Umukinnyi wa filime nyarwanda Daniel Gaga wamenyekanye nka Ngenzi benshi bakamubona mu isura y’ubugome kubera uburyo akina, yasobanuye byinshi ku mwuga we yinjiyemo mu myaka ya kera atanga ubutumwa yageneye abakunzi ba filime nyarwanda



Daniel Gaga wavukiye mu Gihugu cya Uganda yamamaye muri filime nyarwanda mu mwaka wa 2004 akina bwa mbere  muri filime yiswe “ Shake Hands With The Devil” yari filime mpuzamahanga igaruka ku mateka ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu Rwanda.

Nyuma yo gukina muri iyi filime yavumbuye ko yifitemo impano yo gukina, atangira kugaragara no mu zindi filime zirimo “Ikigeragezo cy’urukundo”yakinnyemo  umuhanzikazi Aline Gahongayire n’abandi.


Anenga abantu bakomeza kumubona mu isura y'abagome kubera filime

Mu kiganiro na InyaRwanda, Ngenzi yatangaje ko kwitwa umugome kubera uburyo yakinnye byamugizeho ingaruka zikomeye zirimo nko kugera mu bantu bakinkanga rimwe na rimwe bagahunga, cyangwa gutereta umukobwa bajyana mu rukundo akamutinya.

Ati " Ntabwo byari byoroshye kuba barambonaga nkina ndwana, nica, ndasa,mfunga abantu n'ibindi ngo babe bankunda,  cyane cyane ku gitsina gore kuko nari mu myaka yo gutereta”

Nubwo byagoranye, Ngenzi yatangaje ko kuri we yabibonye nk’amahirwe gukina mu buryo benshi batashoboraga. Gukina yica abantu, gukina akora ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byari imfashanyigisho, kuko atangaza ko ntaho bihurira n’ubuzima bwe bwite.


Daniel Gaga avuga ko gukina filime bisaba ko umuntu akina imico itandukanye kugira ngo hatangwe ubutumwa bwafasha abazikurikira, bityo ko abantu bakwiye kumenya gutandukanya ubuzima bwa filime n’ubuzima busanzwe bw'umuntu.

Ati “ Ndi umuntu nkawe, meze nkawe, mpumeka nkawe, noga nkawe, ndyama nkawe, duhumeka umwuka umwe, ndarya nk’uko urya, noga nkawe, navutse nkawe. Mugarukire aho ngaho kutwitiranya ntabwo turi ibimanuka turi abantu nk’abandi, icyo dutandukaniye ni igikorwa runaka, nuko nkora ahatandukanye naho uhahira ariko twese turi bamwe”.

Yavuze ko yigeze kujya gusura umwana we ku ishuri, abantu bose bagahurura bamusanga, ndetse benshi bamuzi nk’umugome bigatuma n’umwana we yibaza impamvu bose bakora uruziga kuri se umubyara.

Avuga ko ari umuntu usanzwe nyuma ya sinema ndetse ko badakwiye kumutekereza mu buryo bamubonamo muri filime cyangwa ngo bamutinye.

Yagize ati “Gukina wicana ntibikugira umwicanyi. Gukina uhohotera abantu ntibisobanura ko biri mu bikorwa bikuranga no mu buzima bwa buri munsi, ahubwo ni imfashanyigisho tuba dutanga.


Uyu mukinnyi wa filime benshi batinye bibwira ko ibikorwa bibi akina bimuranga no mu buzima busanzwe, yatangaje ko asabana cyane ku bantu baziranye kandi ntibamutinye.

Umukinnyi wa filime Ngenzi yatangaje ko kurangwa n’ikinyabupfura byamuhinduye umuntu udasanzwe muri filime nyarwanda, bikaza kuba akarusho ubwo yakiraga agakiza akiyegurira Yesu, nka kimwe cyari gikenewe  mu buzima bwe bwa buri munsi.

Ngenzi ukunze kugaragara nk’uwabaye umusirikare yatangaje ko se umubyara yabayeho umusirikare, bigatuma barerwa mu buryo butajenjetse. Uburyo yakunze kugaragara aseka gake, byatumye benshi bamufata nk’uwavuye mu gisirikare.


Ashimira benshi bakunze impano ye, na bamwe bifuza gushyigikira ibikorwa bye ko bamusanga, bagakomeza kuzamura sinema nyarwanda ikagera ku rwego mpuzamahanga.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND