RFL
Kigali

Bamwe bahiye abandi batahana ipinda! Iwacu Comedy Show yasize umugani – AMAFOTO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:4/12/2023 13:37
1


Abanyarwenya bagera kuri 14, baraye bahaye ibyishimo imbaga yitabiriye igitaramo cy'urwenya cya ‘Iwacu Comedy Show’ cya teguwe n’itsinda ry’abanyarwenya rya Zuby Comedy.



Ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 03 Ukuboza 2023, ryari ijoro ridasanzwe ku bakunzi b’urwenya i Kigali. Abanyarwenya batandukanye, barimo abamaze kwandika izina n’abakizamuka ndetse n’abaririmbyi bafashije abanya-Kigali gutangira neza Ukuboza, binyuze mu isekarusange rya ‘Iwacu Comedy Show’ ryabaga ku nshuro yaryo ya kane.

Isaha yari iteganijwe iki gitaramo cyagombaga gutangiriraho, yageze salle yambaye ubusa, ariko uko amasaha yagendaga yicuma , abantu bagendaga bahagera.

Ku isaha y’i Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba, nibwo igitaramo  nyirizina cyasaga nk’igitangiye, aho ku ikubitiro hakiriwe umusore uririmba ‘Karaoke,’ maze akaririmba indirimbo zinyuranye z’abahanzi b’abanyamahanga, kugeza ubwo avuye ku rubyiniro bikagorana kumukomera amashyi.

Nyuma ye, hakurikiyeho umunyarwenya ukizamuka witwa Iradukanda, maze amara iminota mike ku rubyiniro. Haje kwakirwa umunyarwenya wo muri Gen Z Comedy uzwi nka No Stress Deo. Uyu, yasekeje abantu yifashishije inzenya zitandukanye, akurikirwa n’uwitwa Isaka. Abo banyarwenya bose babanje ku rubyiniro ntibabashije gusetsa abari bateraniye aho ku kigero gikwiye, kuko nk’uko byagaragara abantu bari bakonje ubona guseka bigoye cyane.

Umunyarwenya Clapton Kibonke wanafatanije na Zuby Comedy kuyobora iki gitaramo, yaje ku rubyiniro mu cyiciro cya kabiri asetsa abari aho imbavu zenda kuvamo, aho yibasiriye cyane abishyuye benshi bari bicaye ku meza yaguzwe 200,000 Frw.

Mu nzenya Clapton yifashishije, harimo ukuntu yariye amafaranga itsinda rya ‘Bigomba Guhinduka’ rigizwe n’abanyarwenya babiri; Etienne na Japhet none ubu bakaba basa n’abatandukanye.

Clapton kandi nawe ubwe yagiye yitangaho urugero mu rwego rwo gusetsa abantu, avuga ukuntu hari ibintu byinshi birimo gutanga amaraso no guterura ibiremereye kubera ibiro bye bicye.

Hari aho yagize ati “Ibaze umugabo ufite umugore n’abana babiri ariko urwana no kugeza ibiro 50! Nubwo ntatanga amaraso kuko nanjye ntayo ngira, ariko kwa muganga ntibashobora kubura umutsi kuko imitsi yanjye ihora ireze.”

Amaze gutembagaza abari aho, Clapton yahise yakira umuramyi Soma Fred waririmbye indirimbo aherutse gukorana na Bosco Nshuti bise ‘Ndamushima.’ Fred akiri ku rubyiniro, yasabye imbaga yari iteraniye aho gukunda abahanzi b’indirimbo zihimbaza Imana kimwe n’uko bakunda abanyarwenya ndetse n’abandi bahanzi baririmba indirimbo zisanzwe.

Clapton yagarutse gusetsa abantu ari nako akomeza kuzenguruka mu byamamare n’abaterankunga bari aho, aho yagendaga abasaba guhaguruka bagasuhuza abari aho.

Nyuma, haje kwakirwa umunyarwenya wamenyekanye nka Isekere Nawe, maze atangira yibasira Dj kuko yamusabye igisirimba akabanza kukibura. Aho igisirimba kibonekeye, uyu munyarwenya yahagurukije umwe mu baterankunga bari bicaye imbere maze aramusirimbisha karahava.

Isekere Nawe yakurikiwe n’umunyarwenya mugufi witwa Abijuru Lucien waturutse i Nyaruguru, atera urwenya maze abantu baramwishimira, aza kuvuga ko urwenya agezeho rusaba ko aba afite inote ya bitanu. Ati: “Ntawe ufite inoti ya bibiri cyangwa bitanu ngo mbereke utwo nikorera?”

Ubwo abarimo Fally Merci n’abandi bose bagiye bamuha amafaranga, nawe agakomeza avuga ko byaba byiza izo noti zikomeje kwiyongera.

Lucien yakurikiwe na Kandera wamenyekanye muri filime y’uruhererekane itambuka kuri RTV yitwa ‘Indoto Series,’ maze akora uko ashoboye ngo asetse abantu ariko biranga burundu, birangiye asabye ko bazimya amatara maze abari aho bose bagacana amatoroshi ya telefone zabo kugira ngo yifatire ifoto.

Mu bandi ikibuga cyanyerereyeho, harimo umunyarwenya Makanika, waje yambaye imyambaro y’abasaza asanzwe amenyerewemo akagerageza gukora uko ashoboye kose akanabyina ariko ntihagire useka.

Mitsutsu wari utegerezanijwe amatsiko yageze ku rubyiniro abantu bose barahaguruka bamwakirana amashyi menshi cyane, maze aseruka mu myambaro ye yasinze nk’uko bisanzwe, aserukana na bamwe mu bakini asanzwe yifashisha muri ‘Comedy’ asanzwe atambutsa kuri Youtube maze basetsa abantu karahava.

Nyuma ya Mitsutsu hajeho umunyarwenya akaba n’umunyamakuru,Taikuni Ndahiro, wasekeje abantu yibasira abanyamakuru byumwihariko abakora mu gisata cy’imikino, yigana ukuntu batereta mu njyana yo kwamamaza umupira n’uko bakora ibindi bintu byose muri iyo njyana maze abantu baraseka imbavu zenda gutakara.

Taikuni kandi yifashishije Bamenya wari ukihagera ako kanya, amubaza ibibazo nk’umuntu ukora akazi ko kwakira no kwita ku mirambo mu bitaro.

Samu, umwe mu bagize Zubby Comedy yinjiye maze yakiranwa urugwiro rwinshi, cyane ko yinjiye no mu buryo budasanzwe ateruwe na ‘Bouncer’ yanibasiye amusaba kumukorera buri kimwe kuko ngo yamwishyuye aye.

Uyu munyarwenya yaje afatanya na Clapton batera urwenya umwanya munini, bibasira abantu bitewe n’imyanya bari bicayemo bijyanye n’ayo bishyuye, bahagurutsa abantu, abari aho bose ntihagira usigara adasetse.

Baje kwakira Isekere Nawe (Mushumba) ku rubyiniro, maze aza mu isura y’umushumba yitwaje n’ibitabo ndetse n’agatuti, asoma ijambo ry’Imana risekeje maze ahamya ko ijambo ‘kurya abana’ atari iry’ubu.

Uyu musore umenyerewe ku ijambo ‘Noneho’ risetsa abantu bitewe n’uburyo arivugamo, yasekeje abantu we yiturije maze va ku rubyiniro ashimishije abantu, maze bose bamuherekeresha amashyi.

Seth wo muri Zubby Comedy niwe wakurikiyeho maze asetsa abari aho yifashishije Papa we, wigeze kwitabira igitaramo cye maze akamuvangira bitewe n’uko yamuvugagaho ibintu bitari byiza kandi ahibereye.

Abanyarwenya bakomeye, Dr Nsabi na Killer Man nibo basoje iri sekarusange, aho bakinnye urwenya rugaragaza ukuntu Nsabi yatuburiye umusirikare (Killerman) aje kumwivuzaho imvune, maze yamara kumutera ubwoba bikarangira ahakanye ko atari umuganga ahubwo ari ‘Umuvumvu.’

Iki  gitaramo  cyarangiye ahagana saa Tanu z’ijoro, maze abantu bacyitabiriye biganjemo ibyamamare byaturutse mu ngeri zose batahana ibyishimo bidasanzwe.

Clapton Kibonke niwe wari MC

Nguko uko Mitsutsu yaserutse ku rubyiniro

Yaserukanye n'abakinnyi be

Taikuni ku rubyiniro



Samu wo muri Zubby Comedy yaserutse atyo


Ba MC bo muri Iwacu Comedy Show


Isekere Nawe waserutse gishumba


Dr Nsabi na Killerman bapfundikiye igitaramo

Kanda hano urebe amafoto yose yaranze isekarusange rya ''Iwacu Comedy Show Edition 4''

AMAFOTO: Freddy RWIGEMA - InyaRwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nyirakanani Gaudence 7 months ago
    Utaseka ntabaho





Inyarwanda BACKGROUND