RFL
Kigali

Filime ya Bora Shingiro yahembwe $1000: Uko ibihembo byatanzwe mu isozwa rya 'Mashariki'-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/12/2023 11:36
1


Umunyarwanda Shingiro Bora yegukanye igihembo gikuru mu byatanzwe mu gusoza Iserukiramuco Mashariki African Film Festival (MAAFF) ryabaga kuba ku nshuro ya Cyenda.



Ryasojwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Ukuboza 2023, mu muhango wabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Ni nyuma y’iminsi itanu yari ishize riba rihujwe n’ibikorwa byo gucuruza no kumenyekanisha cinema yo mu Rwanda binyuze mu rubuga ‘Masharket’.

Ni ubwa mbere iri serukiramuco ryitabiriwe ku rwego rwo hejuru, kandi ni ubwa mbere ryitabiriwe naba Minisitiri batatu.

Ryitabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko, Sandrine Umutoni waritangije ku mugaragaro, Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula watangije ku mugaragaro ibikorwa bya Mashaket ndetse na Bizimana Jean Damascene Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu warisoje.

Mu 2024 abategura iri serukiramuco bazaba bizihiza imyaka 10 ishize mu rugendo rw’amavugurura n’iterambere bahanze amasomo mu guteza imbere cinema Nyarwanda ikagera ku rwego Mpuzamahanga nk’imwe mu nkingi itanga umusaruro.

Muri uyu mwaka, berekanye filime zitigeze zerekanwa ahandi muri Afurika, kandi zari muri filime zihataniye ibihembo.

Iri serukiramuco risanzwe ribera kuri Kigali City Tour, Canal Olympia na Kigali Convention Center n’ahandi ryitabiriwe n’ibyamamare mu ngeri zinyuranye, abafite filime bakoze zerekanwe muri iri serukiramuco, abafatanyabikorwa banyuranye n’abandi.

Muri uyu mwaka hakiriwe filime 2,103, aho Akanama Nkemurampaka kicaye gahitamo filime 100 gusa zerekanwe mu gihe cy’iminsi itandatu.

Zigizwe na filime ngufi, filime mbarankuru, filime ndende, filime z’uruhererekane za Televiziyo n’izindi.

Filime itsinze muri buri cyiciro ihabwa igikombe. Muri uyu mwaka bahisemo ko filime yerekanwa na nyirayo ahari, nyuma agasobanurira abitabiriye umuhango impamvu yayihisemo n’ubutumwa bukubiyemo. Filime nyinshi zatwaye ibihembo zigaruka ku mateka.

Ubwo yasozaga iri serukiramuco, Minisitiri Dr Bizimana yasabye buri wese gukora atekereza ku gihugu kuko 'ibyo dukora byose tumurikira Isi yose, duhagarariye Igihugu ari cyo cyacu cy'u Rwanda'.

Yavuze ko ari ngombwa ko 'ibyo dukora byose dukomeza kwibuka izo ndangagaciro n'urugendo rw'imyaka 29 ishize gihugu kimaze kiyubaka'.

Ibyo avuga ko 'bizadufasha guteza imbere Igihugu kurushaho kandi twubaka umurage n'umuhate w'abitanze kugirango u Rwanda rusubirane ijambo'.

Umuyobozi wa Mashariki African Film Festival, Tresor Nsenga yavuze ko imyaka 9 ishize bategura iri serukiramuco, ari urugendo rutoroshye kuko bahuriyemo n’ibyiza n’ibibi.

Ati “Ntabwo byari byoroshye mu rugendo rw’imyaka icyenda, mu mvura, mu muyaga, ubushobozi bucye bw’amafaranga yo gukoresha, ariko aho abantu babiri cyangwa batatu bari ntakibananira.”

Nsenga yashimye abafatanyabikorwa bakoranye n’iri serukiramuco kugeza uyu munsi, ashima cyane Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwabafashije kubona aho gukorera.

Yashimye kandi abatunganya filime bo mu bihugu bitandukanye byo ku Isi batanze filime zari zihatanye muri iri serukiramuco rya ‘Mashariki’, anashima cyane Akanama Nkemurampaka kagize uruhare mu kwemeza filime zahize izindi.

Bora Shingiro afite ishimwe rikomeye kuri iri serukiramuco nyuma yo kwegukana igikombe kiruta ibindi

Uyu musore niwe wagize uruhare mu gutegura no gutunganya filime ‘City Maid’ yamamaye cyane kuri Televiziyo Rwanda.

Bora yatangiye kwigaragaza cyane muri sinema mu mwaka wa 2010, akaba yaratangiriye kuri filime ndende ‘Icyabuze’.

Filime ye ‘Igihuku’ yegukanye igikombe cy’amadorali 1000 ihigitse izindi mu cyiciro cya ‘Signis Awards’ muri Mashariki.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Bora yavuze ko atabona amagambo asobanura uko yiyumva, kuko yari ahataniye igikombe na filime zikomeye.

Yavuze ati “Ntabwo navuga ukuntu ndi kwiyumva, kuko biri hejuru cyane. Nshingiye kuri filime twari duhatanye, zari filime zikomeye, ubwanjye nahuye na ba nyirizo, nkababwira nti rwose mwakoze akazi gakomeye, zari filime nabonaga ko gutsinda byari bigoye ariko biza kurangira na ba nyirazo ubwabo bambwiye ngo ufite filime nziza ku rwego tubona ko igikombe ari icyawe. Muri macye ndumva nishimye."

Filime ye 'Igihuku' yubakiye ku rugendo rw'umwana w'umukobwa n'umuryango we bahungiye muri Kiliziya Gatolika mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Bari bizeye y'uko Imana izabatara.

Ariko baje gusanga ahantu bafataga nk'ahantu hera, ariko hiciwe abatutsi benshi mu bice bitandukanye by'u Rwanda.

Bora Shingiro yabwiye InyaRwanda ko yandika iyi filime yashakaga kugaragaza ko muri iki gihe hakenewe uruhare rw'amadini mu isanamitima.

Ati "Kuko twashenguwe cyane n'uruhare rw'amadini muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Turabakeneye kugirango bubake sosiyete Nyarwanda."

Uyu musore yavuze ko aya mafaranga yahawe azayifashisha mu gutegura filime ye ngufi yatangiye gukoraho.

Filime ye 'Igihuku' yerekanwe bwa mbere mu iserukiramuco nyafurika rya sinema ribera muri Amerika rizwi nka Silicon Valley African Festival, muri Nyakanga 2019.

Urutonde rw'abegukanye ibihembo muri Mashariki African Film Festival:

1.IZIWACU

Filime 'Love Me' yo mu Rwanda ya Uwamahoro Claudine niyo yahize izindi

2.Tv Series

Filime 'Tray Sao' yo mu Bwongereza yakozwe na Filipe Anjos na Hernique Sunjo

3.Shorts Films (Filime ngufi)

Filime 'Act of Love' yo muri Kenya ya Eric Mwangi

4.Documentary

Filime 'Between the rains' yo muri Kenya ya Andrew Brown na Moses Thuranira

5.Signis Awards

-Filime 'Igihuku' ya Bora Shingiro wo mu Rwanda (Yahawe amadorali 1000$)

-Filime 'Half Open Window' ya Omar Hamza Hassan wo muri Kenya (Yahawe igikombe)

-Filime 'Malaika' ya Maisha Maene wo muri Afurika y'Epfo (Certificate)

6.Fetaure Filim

Filime 'Mami Wata' yo muri Nigeria ya C.J Fiery Obasi 

Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu Dr. Jean Damascène [Uri uburyo] yashimye ibikorwa bya Mashariki, avuga ko ubwo bazaba bizihiza isabukuru y’imyaka 10 azifatanya n’abo 

Umuyobozi wa Mashariki African Film Festival, Tressor Nsenga yavuze ko imyaka 9 ishize bategura iri serukiramuco ari urugendo rutoroshye 

Bora Shingiro yavuze ko atabona amagambo asobanura uko yiyumva nyuma y’uko filime ‘Igihuku’ imufashije kwegukana amadorali 1000 

Jen Luc Mitana yahawe amadorali 100 ku bwa filime yashimwe na Mashariki 

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko, Sandrine Umutoni ubwo yatangizaga ku mugaragaro ibikorwa bya Mashariki 

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula atangiza gahunda ya ‘Mashaket’, urubuga rugamije guhuza abaguzi n’abacuruzi ba filime 

Umuhuzabikorwa w’iri serukiramuco ngarukamwaka ryiswe ‘Mashariki African Film Festival’ Lionnel Kayitare, yavuze ko ibigo bikomeye birimo Youtube, Amazon, Netflix bizaba biri mu Rwanda ku isabukuru y’imyaka 10 ya Mashariki



















TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Dr 10 months ago
    Bora shingiro ntabwo yahembwe 100 USD yahembwe 1000 USD, ubanza mwibeshye





Inyarwanda BACKGROUND