RFL
Kigali

Shaggy yavuze urwibutso afite ku Rwanda nyuma y’imyaka 15 ahataramiye

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:29/11/2023 10:52
0


Rurarangirwa mu muziki wa Jamaica, Orville Richard Burrell CD wamenyekanye ku Isi nka Shaggy, yatangaje ko kuva mu 2008 ataramira mu Rwanda ahafata nk’ahantu heza yageze mu rugendo rwe rw’ubuzima, kandi akangurira abatuye Isi kuhagera bakaba abahamya bw’ibyo yabonye.



Abikubira mu ijambo rimwe akavuga ko ari urwibutso afite ku mutima nyuma y’imyaka 15. Ni umwe mu bahanzi b’ibikomerezwa ku Isi, bagiye bashyira itafari ku rugendo rw’abandi bahanzi batandukanye, byanatumye yiyemeza gukorana na Bruce Melodie.

Ibi byafashije uyu muhanzi wavukiye i Kanombe kwisanga ku nshuro ya mbere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bitaramo bya ‘iHeart Radio Jingle Ball’ azakorana na Shaggy. Bataramanye mu ijoro ryo kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2023, bazongera guhurira ku rubyiniro tariki 16 Ukuboza 2023.

Kuri Bruce Melodie gukorana na Shaggy indirimbo bise ‘When She’s Around’ ni amata yabyaye amavuta.

Mu kiganiro bagiranye na Kiss Fm yo muri Amerika binyuze mu Kid Nation mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, Bruce Melodie yavuze ko afite urwibutso rudasaza kuri Shaggy, kuko mu 2008 yataramiye mu Rwanda mu gitaramo cya MTN nta bushobozi afite bwo kwitabira igitaramo cye’.

Bruce Melodie yavuze ko yakuze ari umufana ukomeye wa Shaggy, ku buryo kuba atarabashije kwitabira igitaramo cya Shaggy Kigali abifata nk’igihombo gikomeye.

Yavuze ati “Byari mu 2008! Eehhh uribuka n'igihe byabereye [Shaggy abwira Bruce].  Nari umusore muto cyane ugerageza kwinjira mu muziki, nyuma numva ko Shaggy agiye kuza i Kigali nagombaga kujyayo ariko sinari mfite amafaranga yo kwishyura kugirango ninjire."

Akomeza ati "Ubu ndashimira Imana ko ndi kumwe na Shaggy. Ibi ni byiza cyane."

Umunyamakuru yabajije Bruce Melodie niba kwinjira mu gitaramo cya Shaggy byarasabaga nibura amadorali 33, atarasubiza Shaggy abiteramo urwenya amubwira ko amufitiye ideni [Abari muri studio basetse barihika].

Bruce yanavuze ko yatangiye umuziki mu buryo bwo kugerageza, kuko yabanje kuba Producer w’indirimbo z’abahanzi, ubwo yari kumwe na Fazzo bajya inama yo gutangira kuririmba aho kugirango akomeze urugendo rwo gutunganya indirimbo.

 Ni ikiganiro kandi cyagarutse ku kuntu bombi bahuye kugeza ubwo bakoranye indirimbo, ariko kandi Shaggy yitsa ku rwibutso afite igihe yari mu Rwanda.

Shaggy yavuze kuva yava mu Rwanda ahabwira buri wese nk'ahantu heza yageze mu buzima bwiza. Ati "Nageze mu Rwanda, kandi nzabikangurira buri wese kujyayo. Icyo nabwira buri wese mpazi nk'ahantu hasa neza cyane."

Uyu munyamuziki wamamaye mu ndirimbo zinyuranye zirimo ‘Boombastic’, yavuze ko yanyuzwe n'uburyo imihanda ya Kigali isa neza n'uburyo buri kimwe kiri ku murongo.

Yavuze ko yagiye mu bihugu bitandukanye byo mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba (EAC) ariko ko 'nta gihugu yabonye cyaruta u Rwanda'.

Orville Richard Burrell wamenyekanye nak Shaggy ari mu bahanzi bamaze igihe kinini mu muziki, kandi izina rye ryatangiye guhangwa amaso nyuma yo gusohora indirimbo ‘It wasn’t me’ yabiciye bigacika mu bihugu bitandukanye ku Isi.

Anazwi cyane mu ndirimbo ziirmo nka ‘Bombastic’, ‘In the Summertime’, ‘Oh Carolina’, ‘Angel’ n’izindi. Yari amaze igihe atumvikana cyane mu bitangazamakuru by’i Kigali.

Mu 2008 uyu mugabo yarabiciye biracika, bituma sosiyete y’itumanaho ya MTN imutumira akorera igitaramo muri Parking ya Petit Sitade. Abo yataramiye baramwibuka!

Shaggy yigeze kubwira Ikinyamakuru Blogowitz ko itangiriro y’urugendo rwe rwo gukora umuziki yamutunguye,kuko atigeze arota yavuyemo umuhanzi ukomeye ku Isi. Yavuze ko yatangiye aririmbira abasirikare babaga bari mu myitozo, nyuma asabwa ko abigira ibintu bya buri gihe, atangira kwitoza kuririmba kuva ubwo.

Uyu munyamuziki yavuze ko byari ibihe bigoye kuri we, kuko atari azi ibijyanye no kwita ku ijwi no kuririmba. Kandi avuga ko yakoraga urugendo rurerure kugirango ahagere. Ati “Byansabaga urugendo rwa 5 Km, kandi naririmbaga buri gihe.”

Avuga ariko ko nyuma yahuye n’umunyamuziki Barrington Levy amutoza ibijyanye n’amajwi. Akomeza ati “Nyuma y’aho nahuye n’umuhanzi Sting amfasha kwiga byinshi mu muziki bijyanye n’uburyo ukorwamo.”

Tariki 18 Mutarama 2023, yabwiye kiriya kinyamakuru ko afite indirimbo zirenga 100 ari gukoraho, biturutse ku bitekerezo yagiye agira. Ati “Ikigoye muri ibi byose ni uguhitamo indirimbo yo gushyira hanze. “


Shaggy yatangaje ko kuva mu myaka 15 azi u Rwanda nk'ahantu heza yageze, kandi ashishikariza buri wese kuhasura


Bruce Melodie yavuze ko kuba atabarashije kwitabira igitaramo cya Shaggy mu 2008, muri iki gihe bakaba barakoranye indirimbo ari amashimwe afite ku Mana


Bruce Melodie na Shaggy bakoranye indirimbo bise 'When she's around' iri mu zigezweho muri iki gihe

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIRAMBUYE SHAGGY NA BRUCE MELODIE BAHURIYEMO

 ">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'WHEN SHE'S AROUND' YA BRUCE NA SHAGGY

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND