RFL
Kigali

Umunyamakuru yahishuye uko abarimo Taylor Swift banze kuririmba mu birori byo kwimika Umwami

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:29/11/2023 10:40
0


Umwe mu bahanzi bakomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Tylor Swift, byatangajwe ko ubwo himikwaga umwami w’u Bwongereza yanze ubusabe yari yahawe bwo kujya kuririmba muri uyu muhango.



Mu muhango wo kwimika umwami w’u Bwongereza, Charles III wabaye muri Gicurasi uyu mwaka, hari hatumiwemo abahanzi batandukanye bagombaga gutaramira Umwami n’Umwamikazi ndetse n’Abitabiriye ibyo birori.

Icyo gihe, n’umuhanzikazi Taylor Swift yari yatoranyijwe ariko birangira yanze ubusabe, yikomereza ibitaramo arimo mu ruzinduko rwe rwo kuzenguruka Isi yise ‘Eras Tour.’

Swift siwe gusa wanze kwitabira ubu butumire, ahubwo n’abandi bahanzi bafite amazina aremereye nka Ed Sheeran, Spice Girls, Harry Styles, Adele na Elton John bose hatangajwe ko bateye umugongo ibi birori bakikomereza gahunda zabo.

Ibi byatangajwe mu gitabo cyasohotse kuri uyu wa Kabiri, cyanditswe n’Umunyamakuru w’i Bwami, Omid Scobie akacyita ‘Endgame: Inside the Royal Family and the Monarchy's Fight for Survival.’

Scobie yatangaje ko byabaye ingorabahizi gushyira ku murongo abahanzi bagombaga kuririmba muri uwo muhango.

Katy Perry, Lionel Richie, Andrea Bocelli na Take That, nibo bahanzi babashije  kwitabira ibirori byo kwimika Umwami w’u Bwongereza byabereye i Londres ku ya 7 Gicurasi.

Muri Mata 2023, Katy Perry yabwiye Entertainment Tonight ko yumva yishimiye cyane kuba umwe mu batoranyijwe kuririmbira Umwami n’Umwamikazi.

Richie, w’imyaka 74 na we yabwiye iki kinyamakuru ati: "Kuba umwe mu bgize aya mateka, ndumva bindenze, nshimishijwe cyane no kuzaba mpari."

Swift yasoje ibitaramo bye by’ingenzi bya ‘Eras Tour’ yagombaga gukorera Leta Zunze Ubumwe za Amerika no muri Amerika y’Epfo, mu gihe biteganijwe ko byose hamwe bizarangira mu mpera za 2024.

Charles III ubusanzwe yitwa Charles Philip Arthur George, akaba yaravutse ku ya 14 Ugushyingo 1948. Kuri bu, uyu ni Umwami w'u Bwongereza ndetse n'ibindi bihugu 14 bigize umuryango wa Commonhealth.

Charles yavukiye mu ngoro ya Buckingham ku ngoma ya sekuru ubyara nyina, umwami George wa VI, maze aba umuragwa igihe nyina, Umwamikazi Elizabeth wa II, yimaga ingoma mu 1952.

Yashakanye n'umwamikazi Camilla, Diana wari igikomangomakazi cya Wales, babyarana abana barimo Prince Harry, Duke of Sussex, William akaba ari n'igikomangoma cya Wales.

Taylor Swift yatangajwe nk'umwe mu bahanzi banze kuririmba mu birori byo kwimika umwami w'u Bwongereza





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND