RFL
Kigali

Indirimbo ya UEFA iri imbere mu zihatanira kuririmbwa na Chorale de Kigali mu gitaramo cyayo cyegereje

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:29/11/2023 9:47
0


Cya gitaramo cyageze! Abakunzi ba Chorale de Kigali ifite ibigwi muri Kiliziya Gatolika bashyizwe igororo aho batangiye guhitamo indirimbo bashaka ko iyi Korali izashyira ku rutonde rw’izo izabaririmbira mu gitaramo "The Christmas Carols Live Concert" cyo guhimbaza Imana bazakora tariki 17 Ukuboza 2023 muri BK Arena.



Buri gihe iyo Chorale de Kigali itangaje igitaramo, bikurikirwa no gushyira ku isoko amatike yo kwinjira mu gitaramo n'izindi gahunda zijyana n'imyiteguro.

Bikurikirwa kandi no gufungura urubuga aho bashyiraho uburyo abakunzi bayo  bahitamo indirimbo bashaka ko bazabaririmba mu gitaramo.

Amajwi yafashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ugushyingo 2023, agaragaza ko indirimbo yubahiriza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane w'u Burayi, UEFA Champions League, iri imbere mu zamaze gutoranywa n'abakunzi b’iyi korali bifuza ko bazabaririmbira

Iyi ndirimbo imaze kugira amajwi 62 ifite abakunzi benshi, ku buryo bigoye ko Chorale de Kigali yakora igitaramo nk'iki ngo isoze itayiririmbye.

Mu bihe bitandukanye, byagiye bibaho ko abakunzi b'iyi korali bandika udupapuro bari mu gitaramo bagasaba ko iyi korali y'ubukombe yongera kubaririmbira iyi ndirimbo.

Iyi ndirimbo y’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi, UEFA Champions League, iririmbwa mu ndimi eshatu arizo Igifaransa, Icyongereza n’Ikidage.

Yanditswe na Tony Britten mu 1992, iririmbwa na Orchestre ‘Royal Philharmonic’ yo mu Bwongereza.

Ku mwanya wa kabiri w'indirimbo zimaze gutoranywa, hariho indirimbo 'Chiquitita' ifite amanota 60, ku mwanya wa Gatatu hariho indirimbo 'Bound for the promised Land' ifite amajwi 59, 'Ndarata Umwami' iri ku mwanya wa kane n'amajwi 31.

Ku mwanya wa Gatanu hariho indirimbo 'Mushumba Ushagawe' ifite amanota 19 naho ku mwanya wa Gatandatu hariho indirimbo ya Noheli yitwa 'Ab'Ijuru baririmba' ifite amanota 18.

Urutonde rw'indirimbo Chorale de Kigali izashingiraho iririmba muri iki gitaramo, runagaragaraho indirimbo zirimo 'Imihigo yacu', 'Ca fait rire les oiseaux', 'Uri isugi', 'Inkuru nziza', Turate Rwanda', 'Ubugenga bwawe', 'Ibisingo byose', 'Ijuru n'isi nibirangurure', 'Indabo za Mariya' n'izindi.

Iyi Korali yabaye ubukombe mu muziki cyane cyane uw’indirimbo zihimbaza Imana zanditse mu buryo bw’amanota aririmbwa n’abahanga gusa.

Mu gitaramo ‘The Christmas Carols Concert’ baririmba cyane indirimbo zo kwizihiza Umunsi wa Mukuru wa Noheli, indirimbo zanditswe n’abanyamuziki banyuranye yaba Abanyaburabyi n’Abanyamerika, indirimbo zakunzwe cyane zo mu buzima busanzwe n’izindi.

“Christmas Carols Concert" ni kimwe mu bitaramo bikomeye biba bitegerejwe n’Abakristu benshi cyane cyane abo muri Kiliziya Gatolika mu mpera z’umwaka, biturutse ku kuba abaririmbyi b’iyi korali bafasha abantu gusoza neza umwaka begerana n’Imana.

Perezida wa Chorale de Kigali, Hodari Jean Claude, aherutse kubwira InyaRwanda ko bagiye gukora iki gitaramo bishimira imyaka 10 ishize bahuriza hamwe Abanyarwanda n’abandi mu busabane n’Imana, kandi avuga ko buri mwaka wabaga ufite umwihariko wawo mu mitegurire n’imiririmbire.

Yavuze ko nubwo Isi yahuye n’amakuba arimo n’icyorezo cya Covid-19, ariko bishimira ko nta mwaka n’umwe bigeze basimbuka mu gukora iki gitaramo kuva mu 2013.

Hodari ati “Kuba tutarigeze dusimbuka umwaka n'umwe tudakoze Christmas Carols Concert kuva 2013 no mu bihe bya Covid-19 bigakunda; ni ibyo kwishimira.”

Akomeza ati “Kuba buri mwaka byarabaga byiza kurusha umwaka wabanje haba mu mitegurire no mu buhanga bwo kuririmba, kandi ababyitabira bagakomeza kwiyongera,nabyo ni ibyo kwishimira.”

Hodari Jean Claude avuga ko bafite ishimwe rikomeye ku muterankunga Mukuru, Sanlam bagendanye urugendo rukomeye kuva mu 2013 bahuriza abakristu mu byishimo bya Noheli buri mwaka.

Akomez ati “Kuba umuterankunga witwa Sanlam twaratangiranye muri 2013 akaba atarasibye kubana natwe n'umwaka n'umwe no mu gihe cya Covid-19 kandi ubu abaterankunga bakaba batarahwemye kwiyongera.”

Uyu muyobozi avuga ko iki gitaramo bategura buri mwaka cyatinyuye andi makorali abona ko bishoboka gutegura ibitaramo nk’ibi byagutse birenze kuba baririmba mu rusengero.

Yavuze ati “Kuba hari ayandi makorali aririmba neza yaboneyeho gutinyuka gutegura ibitaramo bya buri mwaka bigafasha igihugu muri rusange gususuruka mu mpera za buri mwaka (nabyo ni ibyo kwishimira).”

Hodari yavuze ko muri iki gitaramo bazakora ku wa 17 Ukuboza 2023, abazakitabira bakwiye kwitega kuzabona imbuto z’imyaka 10 bamaze bakora ‘ibi bitaramo harimo ubuhanga mu kuririmba no gucuranga bwiyongereye’.

Kandi avuga ko bazahitamo indirimbo bazaririmba bashingiye ‘ku byo twabonye bikenewe n'abantu benshi harimo n'indirimbo nshya’.

Uyu muyobozi yavuze ko bahisemo gukorera igitaramo muri BK Arena mu rwego gufasha abantu kubona ahantu hagari ho gushimira Imana, kandi mu biciro biboneye buri wese. Yungamo ati “Ibindi bisigaye ni agaseke gapfundikiye ntitwabivuga byose.”

Chorale de Kigali yashinzwe mu 1966 imaze kuba ikimenyabose mu Rwanda ndetse no mu mahanga kubera indirimbo zihimbanywe kandi zikaririmbanwa ubuhanga igenda igeza ku bakunzi bayo haba mu bitaramo, muri gahunda zitandukanye iririmbamo ndeste n’izo ibagezaho kuri shene yabo ya Youtube.

Intego yabo nyamukuru (RGB), ni uguteza imbere umuziki wanditse ku rwego mpuzamahanga.

Chorale de Kigali yagiye ikora ibitaramo byinshi mu Rwanda no hanze, harimo Misa zisanzwe, amasengesho ndetse n’ibindi birori byinshi by’umuco mu gihugu.

Iyi korali yamye ifite umubare munini w’abatunganya n'abahimbyi b'umuziki wa chorale mu Rwanda. Abamenyekanye cyane muri bo ni Saulve Iyamuremye, Apollinaire Habyarimana Dr. Jean Claude Byiringiro, Dr. Alfred Ngirababyeyi, Pacifique Tunezerwe n’abandi.

Chorale de Kigali yakunze gutanga ibyishimo binyuze mu ndirimbo zirimo ‘Ijuru n’Isi nibirangurure’, Comme un enfant, Fernando, Tubifurije Noheli Nziza, Ma Vie c’est le Christ, Indabo za Mariya, ‘Reçois l’adoration’, Adeste Fideles, ‘Ab’ijuru baririmba’, Kleinzac, n’izindi.

Kugeza ubu amatike yo kwinjira muri iki gitaramo yashyizwe ku isoko, aho mu myanya isanzwe ari ukwishyura 5,000 Frw, 10,000 Frw mu myanya ya Premium, 25,000 Frw mu myanya ya VIP na 50,000 Frw mu myanya ya VVIP. Ni amatike ushobora kubona unyuze ku rubuga rwa www.ticqet.rw 

Kanda hano ukomeze kugira uruhare mu gutora indirimbo wifuza ko iyi korali izaririmba mu gitaramo


Chorale de Kigali yatangaje ko igiye gukora igitaramo cyo kwizihiza imyaka 10 ishize bakora 'Christmas Carols Live Concert’


Ubuyobozi bw’iyi korali, buvuga ko iki gitaramo kizaba umwanya mwiza wo kwishimira ibyagezweho mu rugendo rw’imyaka 10 ishize


Iyi Korali imaze kuba ubukombe mu muziki w’indirimbo zihimbaza Imana zanditse mu buryo bw’amanota aririmbwa n’abahanga gusa

 

Indirimbo ya UEAFA iri ku mwanya wa mbere mu ndirimbo ziri gutorwa ku rubuga rwa Chorale de Kigali

KANDA HANO UREBE UBWO CHORALE DE KIGALI YARIRIMBAGA INDIRIMBO YUBAHIRIZA UEFA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND