RURA
Kigali
26.0°C
11:55:17
March 22, 2025

Rumaga na Kibasumba Confiance bahanuye ababyeyi batererana abakobwa batewe inda-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/11/2023 11:33
0


Umusizi Kibasumba Confiance yahuje imbaraga na mugenzi we Rumaga Junior bakorana igisigo bise “Impanuro” kigaruka ku babyeyi bihakana abakobwa babo batewe inda, bumvikanisha ko bitari bikwiye.



Kibasumba yabwiye InyaRwanda ko yakoranye na Rumaga iki gisigo, bitewe nuko ari umwe mu bo afatiraho urugero, kandi bijyanye n’ubutumwa yanyujije muri iki gihangano bashyize hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Ugushyingo 2023.

Yavuze ati “Impamvu ni uko ariwe nigiraho, Rumaga ni urugero rwiza mu busizi natekereje ku gisigo twakorana buri umwe yakwisangamo cyane cyane urungano rwanjye muha igitekerezo arankundira ambera imfura tunoza umugambi.”

Uyu mukobwa avuga ko muri rusange iki gisigo kibanda ku guhanura urubyiruko cyane cyane abakobwa bishobora mu ngeso mbi biturutse mu kwizera abasore, rimwe na rimwe ugasanga bararyamanye havuyemo gutwita.

Akomeza ati “Ubutumwa bukubiyemo bwibanda cyane ku rubyiruko ariko kandi nti busiga abakuru inyuma n’abo burabareba cyane. Nahanuraga urungano rwanjye, cyane abakobwa kujya batekereza mbere yo gukora.”

Muri iki gisigo, Confiance akina ubutumwa bw’umukobwa utoroherwa no kubwira Se ko yatwaye inda. Uyu mukobwa avuga ko yabeshywe n’umusore, ariko kandi agashinja Se kuba ataramuhanuye mbere byatumye akora ibyo atari yatekereje.

Rumaga ukina mu mwanya wa Se, yumvikanisha ko ababajwe no kuba umukobwa we yaratwaye inda, akamwihakana avuga ko adateze kuzongera kumubera Se.

Rumaga asubiza ko yakoranye igisigo n’uyu mukobwa kubera ko ari umwe mu bahanga mu bo amaze kubona bakora ubusizi.

Yavuze ko uyu mukobwa yamubonyeho gukunda ibyo akora, yiyemeza kumushyigikira. Ati “Uyu mwana w’umukobwa, ni umwe mu bana b’abahanga mu bo nabonye bakora ubusizi pee.”

“Ikindi burya impano ni kimwe ariko na ‘discipline’ ni indi mpano by’umwihariko ifasha indi mpano wavukanye kubaho, rero jye namubonyemo ubushobozi bwo kuba umuntu utangaje mu busizi aramutse yihanganiye ibigora umuntu atangira.”

Kibasumba Confiance [Confy] wakoranye igisigo na Rumaga, ni umwe mu bakobwa bari kwigaragaza cyane mu busizi muri iki gihe.

Uyu mukobwa w’imyaka 22 y’amavuko, avukamu muryango w’abana barindwi, akaba ari umwana wa Gatandatu. Muri iki gihe akurikirana amasomo ajyanye n’ubukerarugendo, kuko ari kimwe mu bintu yakuze ashaka gukora.

Asobanura ko yinjiye mu busizi biturutse ku matsiko yakuranye yo gusesengura buri jambo rishya yabaga yumvise. Ariko kandi avuga ko yakuze ashaka kuba umunyarwenya, nyuma abona atari impano yo gushyigikira no guteza imbere.

Uyu mukobwa amaze gukora ibisigo birimo icyo yise “Rukundo”, “Impano”, “Ndaje” na “Masisi” n’ibindi.


Kibasumba Confiance yashyize ahagaragara igisigo yise ‘Impanuro’ yakoranye na Rumaga


Rumaga yavuze ko Confiance ari umwe mu basizi b’abakobwa yabonye batanga icyizere


Confiance avuga ko yatekereje gukora iki gisigo mu rwego rwo gukangurira ababyeyi tudatererana abakobwa batewe inda imburagihe


Rumaga avuga ko buri muryango ukwiye kuganiriza abana b’abakobwa mbere y’uko bahura n’ibibazo

KANDA HANOUREBE AMASHUSHO Y’IGISIGO ‘IMPANURO’ CYA CONFIANCE NA RUMAGA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND