RFL
Kigali

Ruti Joël yavuze uko ndirimbo ya Muyango yabaye inganzo kuri Album ye

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:22/11/2023 12:56
0


Umunyamuziki Ruti Joël yatangaje gukurira mu maboko y’abahanzi ba gakondo, byatumye agira igitekerezo cyo gukora Album ye ya mbere yise ‘Musomandera’ iriho imwe mu ndirimbo yakoze afatiye ku nganzo y’indirimbo ya Muyango Jean Marie.



Aravuga ibi mu gihe ari kwitegura kuzaririmba mu gitaramo ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ kizaba ku Cyumweru tariki 26 Ugushyingo 2023 muri BK Arena, guhera saa kumi z’amanywa.

Ni igitaramo azahuriramo n’abahanzi bakuru barimo Cecile Kayirebwa, Muyango Jean Marie, Cyusa Ibrahim, Nzayisenga Sophia ndetse n’Itorero Ibihame by’Imana.

Kuri Ruti Joel, kuzahurira n’aba bahanzi ku rubyiniro ni ibyishimo by’ikirenga. Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Ugushyingo 2023, ati “Nshimishijwe cyane no kuzatarama hagati y’abambanjirije, ni ishema ni n’ubwa mbere nataramana n’abo. Nifuza kuzagera mu myaka bagezemo nyibasha kuririmba nanjye no kubasha guhamiriza neza.”

Uyu muhanzi avuga ko by’umwihariko, Muyango Jean Marie bazahurira ku rubyiniro muri iki gitaramo, yamubereye imvano y’imwe mu ndirimbo ziri kuri Album ye yashyize hanze mu ntangiriro z’uyu mwaka.

Yumvikanishije ko indirimbo nyinshi abahanzi ba gakondo bahimba bagendera ku bitekerezo by’ababyeyi b’abo mu muziki.

Ruti avuga ko indirimbo ye yise ‘Ibihame’ iri kuri album ye ‘Musomandera’ yayihimbye agendeye ‘ku gitekerezo cy’indirimbo ‘Urabaramutse’ ya Muyango.

Mu ndirimbo ‘Ibihame’ uyu muhanzi aririmba arata intore bagenzi be babana mu Itorero Ibihame, ari nabyo byumvikana mu ndirimbo ‘Urabaramutse’ aho Muyango aba agaruka ku ntore babyirukanye.

Ati “Igitekerezo cyavuye ku mutoza Muyango! Yanteye ishyaka ryo kuririmba itorero mbarizwamo, ndabibashimira rero cyane.”

Album “Musomandera” yagiye hanze ku itariki 10 Gicurasi 2023, yayitiriye izina ry’umubyeyi we Musomandera, akaba ari izina ryitiriwe nanone uwahoze ari Umugabekazi w’u Rwanda Kanjogera.

Ni album iriho indirimbo icumi yakoze mu njyana ya gakondo gusa, ndetse akaba ari we wenyine uri kuri iyi album. Yayikozeho mu gihe cy’imyaka ibiri.

Ishingiye ku rukundo rw’umubyeyi n’umwana, umugabo n’umugore ndetse n’urukundo rw’umuturage ku gihugu, asobanura nk’urukundo rutagira icyasha ari byo yise Rukundorwera. Iri rikaba ari ijambo akoresha cyane muri iyi album.

Iyi album ‘Musomandera’ ni iya kabiri yashyize hanze, nyuma y’iyo yitiriye izina rye ‘Rumata’ muri 2021.

Ruti ni umwe mu bakomoka kuri Sentore Athanase, akaba mubyara wa Sentore Jules uri mu bahanzi bafite izina rikomeye bakora injyana gakondo.

Ruti yatangiye umuziki mu 2013 abarizwa muri Gakondo Group, kugeza ubwo yatangiraga kuririmba wenyine.

Mu bahanzi afatiraho icyitegererezo harimo Massamba Intore wamubaye hafi kuva kera, Muyango, Sentore Athanase, Rujindiri, Kayirebwa, Jules Sentore n’abandi.

Ruti ubusanzwe witwa Rumata Joël, mu 2017 nibwo yagiye muri studio akorana indirimbo na King Bayo witabye Imana ndetse na Jules Sentore, bise ‘Diarabi’.

Indirimbo zazamuye izina rye zirimo ‘Ndaryohewe’ yahuriyemo n’abandi bahanzi, ndetse na ‘Diarabi’. Hari kandi ‘La Vie est Belle’, ‘Rumuri rw’Itabaza’, ‘Rusaro’, ‘Igikobwa’, ‘Rasana’, ‘Rumata’, ‘Cyane’ n’izindi nyinshi.

Ruti yatangaje ko yakoze indirimbo ‘Ibihame’ agendeye ku ndirimbo ya Muyango, umunyamuziki yigiraho byinshi

Muyango yumvikanisha ko afitiye icyizere abahanzi bakibyiruka mu muziki gakondo

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘IBIHAME’ YA RUTI JOEL

">

KANDAHANO WUMVE INDIRIMBO ‘URABARAMUTSE’ YA MUYANGO

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND