RFL
Kigali

Kenny Sol agiye kongera guhurira na The Ben mu gitaramo

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:21/11/2023 8:58
0


Rusanganwa Norbert wamenyekanye mu muziki ku izina rya Kenny Sol agiye kongera guhurira ku rubyiniro na Mugisha Benjamin [The Ben] binyuze mu ihuriro ry’urubyiruko rw’Abanyarwanda “The 2023 Rwanda Youth Convention” bazaririmbamo.



Iri huriro rizaba ku wa 25-26 Ugushyingo 2023 mu mijyi ya Ottawa ndetse n'umujyi bihana imbibi wa Gatineau mu gihugu cya Canada, aho urubyiruko ruzaganirizwa ku ngingo zinyuranye zirimo gukunda Igihugu, amahirwe ahari mu ishoramari, indangagaciro n’ibindi.

Muri iyi nama y’iri huriro izibitabirwa n’abarenga 2000 kandi hazaganirwa ku rugendo rw’u Rwanda n’ibimaze kugerwaho, habeho n’umwanya wo guhura kw’abantu banyuranye bo mu bihugu byo muri Amerika ya Ruguru.

Iyi nama y’iri huriro yateguwe na Guverinoma y’u Rwanda kubufatanye n’Ihuriro ry’Abanyarwanda baba mu mahanga, RCA ndetse n’iry’Abanyarwanda baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada, hamwe n’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Urubyiruko rw’Abanyarwanda (International Rwanda Youth for Development-IRYD).

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ugushyingo 2023, nibwo abari gutegura iri huriro batangaje ko Kenny Sol yiyongereye ku bahanzi bazaririmba muri iri huriro asanga The Ben ndetse na Massamba Intore.

The Ben yerekeje muri Canada ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ugushyingo 2023. Mu kiganiro yahaye InyaRwanda, uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Habibi’ yagaragaje ko yishimiye kuba agiye gutaramira urubyiruko. Abishimangira agira ati “Iyo Igihugu kiguhamagaye uritaba!

Ni ku nshuro ya kabiri Kenny Sol agiye guhurira mu gitaramo na The Ben. Uyu muhanzi yari ku rutonde rw’abagombaga kuririmba mu gitaramo ‘Rwanda Rebirth Celebrations’ The Ben yakoreye muri BK Arena mu 2022 n’ubwo atabashije kuririmba bitewe n’impamvu yagaragaje zirimo ko atafashwe neza mu gitaramo.

Kenny Sol amaze iminsi muri Canada aho yakoze ibitaramo bitandukanye byageze ku bakunzi be b’umuziki babarizwa muri kiriya gihugu n’abandi.

Umuyobozi akaba n’umwe mu bashinze IRYD, Me Moses Gashirabake, aherutse kubwira One Nation Radio ko batangije iri huriro muri 2015 bagitangirije mu Mujyi wa Montreal mu rwego rwo kwishyirahamwe kugirango bagire uruhare mu iterambere ry’u Rwanda.

Uyu mugabo usanzwe ari umunyamategeko, avuga ko iri huriro muri rusange rigamije kureba uko urubyiruko rw’abanyafurika batuye mu bindi bihugu bagira uruhare mu guteza imbere ibihugu bakomokamo kandi bagateza imbere n’umugabane wa Afurika.

Yavuze ko biyemeje ko iki gikorwa kikazajya kiba buri nyuma y’imyaka ibiri, ari nabyo byatumye mu 2017 bakorera iri huriro mu Mujyi wa Edmonton, muri 2019 bakoreye mu Mujyi wa Milan mu Butaliyani, mu 2021 bagomba gukorera mu Mujyi wa Ottawa birasubikwa bitewe n’icyorezo cya Covid-19.

Gashirabake avuga ko bahisemo kuri iyi nshuro gukorera mu Mujyi wa Ottawa na Gatineau kubera y’uko hari Abanyarwanda benshi. Yagaragaje ko ibi biganiro byatanze umusaruro, kuko mu gihe cy’imyaka umunani ishize bamaze kugera ku rubyiruko rurenga ibihumbi icumi.

Yavuze ko hari urubyiruko rwari rufite imishinga bashakaga gukora, ariko biyemeza kuyikorera mu Rwanda. Ati “Niba nibeshye neza hari imishinga irenga nka 500 imaze gutangizwa mu Rwanda, kandi turifuza y’uko iyo mishinga yakwiyongera ahubwo ikagera biramutse bibaye byiza ikarenga 5000 bikikuba inshuro 10.”

Iyi nama y’urubyiruko kandi izatangwamo ibiganiro n’abayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda, bamwe mu bafata ibyemezo bikomeye mu Rwanda, abayobozi mu by'ubucuruzi, abashoramari, ndetse n’abandi.

Insanganyamatsiko zo kuganiraho muri iyi nama zizibanda ku ruhare rw’urubyiruko rw'Abanyarwanda ruba mu mahanga mu iterambere ry’u Rwanda.

Hazaganirwa kandi ku ngingo zishingiye ku mibereho n’ubukungu ndetse n'ubufatanye hagati y'urubyiruko rwo mu Rwanda rutuye muri Canada no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu kandi uzaba ari umwanya mwiza wo kwishimira ibimaze kugerwaho kuva Ihuriro rya "The International Rwanda Youth for Development [IRYD]" ryashingwa n'abarimo Moses Gashirabake, akaba ari na we urihagarariye kugeza ubu. 

Kenny Sol yongewe mu bahanzi bazatarama mu ihuriro ry’urubyiruko muri Canada 

Massamba yaherukaga muri Canada ku wa 8 Nzeri 2023, icyo gihe yahuye n’abayobozi mu nzego zinyuranye muri Diaspora y’Abanyarwanda muri Canada 

The Ben yamaze kwekereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho atangaza ko yiteguye gutaramira urubyiruko rubarizwa muri Canada 


Iri huriro rizahuza urubyiruko rurenga 2000 rw'abanyarwanda babarizwa muri Amerika ya Ruguru

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA THE BEN MBERE Y’UKO YEREKEZA MURI CANADA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND