Muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ugushyingo 2023 inkongi y'umuriro yafashe imwe mu nyubako zubatse muri Gare ya Musanze bivugwa ko byatewe n'iturika rya Gaz.
Umwe mu baturage wari muri gare ya Musanze , yabwiye InyaRwanda.com ko inyubako y'iri muri Gare ndetse bakaba bakeka ko iyo nkongi yaturutse kuri gaz batekeshaga mu inyubako iri mu igorofa ryo hejuru .
Yavuze ko Polisi y'Igihugu ishami rishinzwe kurwanya inkongi ryazimije uwo muriro utaragera mu bindi bice bya Gare.
Ubwo twakoraga iyi nkuru hari hataramenyekana ibyangijwe n'iyi nkongi.
TANGA IGITECYEREZO