RFL
Kigali

Amavubi yakoze ibimenyerewe imbere ya Zimbabwe-AMAFOTO

Yanditswe na: Aloys Niyonyungu
Taliki:15/11/2023 14:32
1


Ikipe y'igihugu y'u Rwanda,Amavubi yakoze ibyo amenyeweho anganya na Zimbabwe mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2026.



Kuri uyu wa Gagatatu tariki 15 Ugushyingo 2023 saa cyenda kuri sitade mpuzamahanga ya Huye haberaga k umukino wa mbere w'ijinjora ry'imikino y'igikombe cy'Isi mu itsinda C aho Amavubi ariyo yari yakiriye Zimbabwe.

Kuri iyi sitade umukino Amavubi yaherukaga kuhakinira yanganyije na Senegal igitego 1-1 mu gushaka itike y'igikombe cy'Afuruka ariko n'ubundi nta cyahindutse n'ubundi byarangiye anganyije na Zimbabwe 0-0. 

Uko umukino wagenze  umunota ku munota:

Umukino urangiye ikipe y'igihugu y'u Rwanda ikoze ibemenyerewe inganya na Zimbabwe 0-0

90+3' Mugisha Gilbert yarazamutse neza ashaka kwinjira mu rubuga rw'amahina ariko baramutega umusifuzi atanga kufura ariko Muhire Kevin ayiteye ntihagira ikivamo

90+2'Ikipe y'igihugu ya Zimbabwe ibonye uburyo bwanyuma kuri kifura yarirekuwe na Lunga ariko habura ukozaho

umukino wongeweho iminota 4

89' Niyomugabo Claude yarafunguye amazamu ku mupira mwiza cyane yarahawe na Muhire Kevin ariko arekura ishoti rinyura hejuru y'izamu kure

83' Imanishimwe Emmanuel Manguende asimbuwe na Niyomugabo Claude

82' Amavubi abonye kufura yariteretse ahantu heza ariko iterwa na Muhire Kevin umuzamu ahita ayifata

77' Aamavubi akoze impinduka mu kibuga ,Muhire Kevin asimbura Hakim Sahabo naho Sibomana Patrick asimbura Nshuti Innocent

74' Hakim Sahabo yongeye guha umupira mwiza Nshuti Innocent ariko arekura ishoti ry'abana  umuzamu wa Mozambique ararifata 

71' Munetsi atsinze igitego ariko umusifuzi avuga ko habayemo kurarira

Umukino winjiye mu minota 70 nta kipe nimwe irafungura amazamu

60' zimbabwe ikomeje kwatsa umuriro imbere y'izamu ry'Amavubi,uwitwa Twakara yaratsinze igitego cy'umutwe ku mupira waruvuye muri koroneri ariko habura gato

58' Ikipe y'Igihugu ya Zimbabwe iri gusatira cyane muri iyi minota ndetse inabona koroneri nyinshi nubwo batari kuzibyaza umusaruro 


Hakim Sahabo witwaye neza muri uyu mukino

50' Amavubi yongeye kubona uburyo buremereye imbere y'izamu aho Hakim Sahabo azamutse acenga neza maze ashyira umupira kwa Nshoti Innocent nawe arekura ishoti ariko umuzamu wa Mozambique awukuramo 

47'Gitego Arthur yaragerageje guhindura umupira imbere y'izamu ashaka Hakim Sahabu ariko ba myugariro ba Zimbabwe bawukuraho

Igice cya kabiri gitangiye umutoza w'Amavubi akora impinduka mu kibuga,Niyonzima Olivier Sef yinjira mu kibuga asimbuye Mugisha Bonheur naho Gitego Arthur asimbura Byiringiro Lague 

Igice cyambere kirangiye amakipe yombi anganya 0-0

Umukino wongeweho umunota umwe

44' Amavubi yongeye kurata uburyo bw'igitego aho Byiringiro Lague yarahinduye umupira ashaka Nshuti Innocent ariko myugariro wa Zimbabwe awushyira muri koroneri

39' Abasore b'Amavubi bari gukorera cyane amakosa aba Zimbabwe hakavamo kufura ariko ntibazibyaze umusaruro

35' ikipe y'igihugu ya Zimbabwe ibonye kufura nziza ariko Musona ayitera nabi inyura hejuru y'izamu kure maze Ntwali Fiacre ahita atanga umupira vuba kwa Imanishimwe Emmanuel Manguende nawe azamuka yiruka awuhinduye imbere y'izamu uragenda habura ukozaho urarenga


32' Umukino watangiye gushyuha cyane, umupira urava ku izamu rimwe ujya ku rindi,Migisha Gilbert aracenze arekura ishoti ariko umupira uhita ishyirwa muri koroneri 

30'ikipe y'igihugu y'u Rwanda, Amavubi ahushijwe igitego aho Dzvukamanja abonye umupira ari wenyine mu rubuga rw'mahina ariko Mutsinzi Ange aza yiruka aratabara 

28' Ikipe y'igihugu y'u Rwanda, Amavubi ari gusatira cyane ndetse arinako abana uburyo imbere y'izamu nkaho Nshuti Innocent ashyize umupira ku mutwe ariko unyura hepfo y'izamu gato cyane 

15' Ikipe y'igihugu y'u Rwanda iri kugerageza kuzamuka ngo isatire binyuze ku bakinnyi nka Byiringiro Lague ariko abakinnyi ba Zimbabwe bari gukina cyane

13' Umukinnyi ukina mu kibuga hagati,Banda yarazamukanye umupira acenga ashaka Musona ariko umupira ntiwamugeraho 

11' Ntwali Fiacre yaragize ikibazo mujishonta muntu umukozeho ariko ahita yongera aba muzima

9' Byiringiro Lague aryamye hasi arikwitabwaho n'abaganga

6' Ikipe y'igihugu ya zambibwe yaribonye uburyo imbere y'izamu aho Muskwe yyinjiye mu rubuga rw'amahina acenga ariko Imanishimwe Emmanuel Manguende aratabara aramubangamira ,Ntwali Fiacre ahita awufata

4' Aamavubi ari guhererekanya neza cyane mu kibuga cyane cyane binyuze kuri Byiringiro Lague

Abakinnyi 11 b'Amavubi babanje mu kibuga:

Ntwari Fiacre

Omborenga Fitina

Imanishimwe Emmanuel Mangwende

Mutsinzi Ange

Manzi Thierry

Mugisha Bonheur

Mugisha Gilbert

Bizimana Djihad

Nshuti Innocent

Hakim Sahabo

Byiringiro Lague


Abakinnyi 11 ba Zimbabwe babanje mu kibuga:

Dovon

Takwara

Hadebe

Lunga

Mbeba

B.Banda

Nakamba

Munetsi

P.Dube

Musona

Muskwe


14: 30' Abakinnyi bo ku mpande zombi barimo barishyushya

14:38' Abakinnyi bose basubiye mu rwambariro

14:55' Hari kuririmbwa indirimbo y'ubahiriza igihugu ya Zimbabwe

14: 57' Hari kuririmba indirimbo y'igihugu y'u Rwanda


Umutoza w'Umudage Torsten Frank Spitller 



Abakinnyi b'Amavubi baririmba indirimo y'ubahiriza igihugu 

Abakinnyi b'Amavubi batakoreshejwe kuri uyu mukino



Bamwe mu bafana ba Zimbabwe







Abakinnyi b'Amavubi bishyushya 


Abakinnyi ba Zimbabwe ubwo bageraga ku kibuga




Guhera saa sita abafana batari benshi batangiye kwiniira muri sitade








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Dukundimana claude9 months ago
    Narinchaka kume uko umukino umeze njewe nkunda amavubi





Inyarwanda BACKGROUND