RFL
Kigali

Kureba ubukwe bwa The Ben na Pamella no gutwerera byashyizwe kuri ‘Website’

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:3/11/2023 19:48
0


Umunyamuziki Mugisha Benjamin wamenye nka The Ben aritegura guhamya isezerano rye n’umukunzi we Uwicyeza Pamella, bisunze ijambo ry’Imana riboneka muri Bibiliya muri Mariko 10:8 hagira hati “Bombi bakaba umubiri umwe, bigatuma baba batakiri babiri ahubwo baba babaye umubiri umwe.”



Ubaze umunsi ku munsi, hasigaye iminsi 50 kugirango aba bombi bazahuze imiryango, inshuti n’abavandimwe mu muhango ukomeye w’ubukwe bazakora tariki 23 Ukuboza 2023 muri Kigali Convention Center mu Mujyi wa Kigali. Ni mu gihe ku wa 15 Ukuboza 2023, hazaba umuhango wo gusaba no gukwa hafi ya Intare Conference Arena.

The Ben yabwiye InyaRwanda ko yazirikanye abafana be n’abakunzi b’umuziki batazabasha kwitabira ubukwe bw’abo, ashyiraho umuyoboro wa ‘Website’ abantu bazifashisha bareba ubukwe bwe.

Yavuze ati “Njyewe na Pamella twemeje kumugaragaro ko ibirori byacu bibaye ntakabuza. Ubu, twashyizeho uburyo bwiza buzafasha abari ahantu hatandukanye ku Isi kuzareba ibirori by’ubukwe bwacu bifashishije uburyo bwa ‘Online’ banyuze kuri Website twashyizeho.”

Kuri website hagaragaraho n’uburyo ushobora gutwerera uyu muryango mushya. Ushobora gutwerera wifashishije uburyo bwa Mobile Money, Visa Card n’ibindi.

Inkuru y’urukundo rwabo! The Ben avuga ko ku wa 24 Ugushyingo 2019 ari bwo bwa mbere yahuye na Pamella bahuriye mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya.

Avuga ko icyo gihe byabaye amagambo y’urukundo yari yuzuye mu mutima we atabasha gusobanura, kandi ko umwanya bamaranye wabaye intangiriro y’urugo bagiye gushinga.

Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Habibi’, avuga ko kuri uriya munsi, inseko n’uburyo Pamella yamuganirizaga byasize ibyishimo by’urwibutso muri we adashobora kwibagirwa. Ati “Kuva kuri uriya munsi, umutima ntiwari ukiri uwanjye, ahubwo wahise uba uwe.”

Mu magambo ya The Ben uherutse kuririmba muri Trace Awards, ati “2019 Uko twahuye! Tariki 24 Ugushyingo 2019, mu mutima w’Umujyi wa Nairobi, Kenya niho ururimi rw’urukundo rwabumbukiye. Ubwiza bwe bumurikiwe n’ibijojoba by’imvura bwanyibye roho. Inseko ye n’imyitwarire itangaje byasize ishusho y’umunezero muri njye, ntari kubasha kwirengagiza.”

“Uko twahuzaga amaso, nahise mbona ahazaza ndi kumwe nawe, kuva uwo munsi umutima ntabwo wari ukiri uwanjye ahubwo wabaye uwe.”

Pamella asobanura ko bwa mbere ahura na The Ben ari umunsi adashobora kuzibagirwa. Uyu mukobwa wamamaye mu marushanwa ya Miss Rwanda, yavuze ko yahuye na The Ben ari ku munsi wa Gatatu w’icyumweru, kandi ko icyo gihe imvura yaraguye.

Akavuga ko ari ibihe byaranzwe no kurebana akana ko mu ijisho. Ati “Ijwi rye, ubumuntu muri we, ukuntu yanganirizaga mu bitwenge, n’ukuntu yahumagara… (byubatse urukundo rwabo).”

Pamella anavuga ko hari igihe The Ben yamusohokanye bajya kureba filime, ibintu avuga ko ‘byatumye mukunda kurushaho’.

Uyu mukobwa yumvikanisha ko ahura na The Ben yari ahatanye mu marushanwa y’ubwiza ya Miss Africa, ariko ko atigeze amuburira umwanya. Ati “Buri gihe atuma mpora nseka, ku buryo kwihishira byangora. Ibindi bisigaye ni amateka.”

Pamella yavuze ko mu 2022 ubwo The Ben yamwambikaga impeta ari ibihe ‘ntashobora kwibagirwa’. Yavuze ko icyo gihe bahuriye muri Maldives ubwo bari mu biruhuko.

Akomeza ati ““Kugeza ubu sindibagirwa bya bihe! Twagiye mu birwa bya Maldives kuko twese dukunda gutembera cyane, ubwo umukunzi wanjye yansabaga ko twabana afite impeta nziza hagati mu Nyanja y’Abahinde, navuze “Yego” n’ibyishimo byinshi ari nako mwongorera mu matwi nti “Mbega igihe cyiza cyo kubaho”

The Ben na Pamella bavuga ko ari ibyishimo by’ubuziraherezo kuba bagiye gutera intambwe yo kubana nk’umugabo n’umugore. Kandi Imana izabaherekeza mu birori by’abo by’agatangaza bari gutegura, byabanjirijwe n’urugendo rudasanzwe rw’urukundo rw’abo.

Bavuga ko bashima Imana ‘abantu babashyigikira bari mu bice bitandukanye byo ku Isi, kandi bazishimira kubana na buri umwe ku munsi udasanzwe mu buzima bwabo. 

KANDA HANO UBASHE KUJYA KURI WEBSITE YA THE BEN NA PAMELLA

     

The Ben ashimangira ko yeguriye ubuzima bwe Pamella akimukubita amaso, kuko ari urufatiro rw’ubuzima bwe

 

Pamella yavuze ko atazuyaje kubwira ‘Yego’ The Ben kuko imitima yihuje kuva umunsi wa mbere bahura


Pamella avuga ko kuba The Ben yaramusohokanye bakajya kureba filime mu minsi ya mbere bakimenyanye biri mu byatumye amuha ikibanza cy’umutima we 

The Ben na Pamella bavuga ko guhamya isezerano ry’abo imbere y’amategeko, ari kimwe mu byiza bagezeho kuko bari bashyigikiwe n’imiryango n’inshuti


Pamella yavuze ko kwambikwa impeta na The Ben ari ibihe atajya abasha gusobanura

Binyuzwe kuri ‘Website’ iri mu mazina ya The Ben na Pamella ushobora kuzareba ubukwe bw’aba bombi, kandi ugatwerera 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'WHY' YA THE BEN NA DIAMOND

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND