RFL
Kigali

Menya byinshi kuri Agbani Darego, umunyafurika wa mbere wabaye Nyampinga w’Isi

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:2/11/2023 15:33
0


Miss World, ni rimwe mu marushanwa y’ubwiza akomeye ndetse amaze kubaka izina ku isi. Kuva yatangira kubaho, umukobwa ukomoka muri Nigeria Agbani Darego, niwe wanditse amateka mu 2001, yegukana ikamba rya Nyampinga w’Isi.



Chief Ibiagbanidokibubo Asenite wamenyekanye nka Agbani Darego niwe mwirabura wa mbere w’umunyafurika wanditse amateka yo kwegukana ikamba rya Nyampinga w’Isi. Darego wabonye izuba mu 1982, yavukiye Lagos muri Nigeria, akaba umwana wa gatandatu mu bana umunani bavukana.

Ku myaka micye, Darego yapfushije nyina umubyara nyuma y’igihe yarazahajwe na kanseri y’ibere. Iki gihombo, avuga ko yakifashishije nk’intwaro yamufashije guhangana n’ibibazo byinshi yahuye nabyo.

Yinjiye mu bijyanye n’imideli atarageza imyaka 20, ndetse yagiye yitabira n’amarushanwa akomeye arimo ‘M-Net Face of Africa modelling competition.’

Amashuri abanza n’ayisumbuye, yayigiye mu wundi mujyi wa Nigeria, Port Harcourt aho bimukiye afite imyaka ibiri gusa y’amavuko. Nyuma yo gusoza ayisumbuye, Darego yahise ajya muri kaminuza ya Port Harcourt, aho yize ibijyanye n’imibare ndetse na ‘Computer Sceince.’

Muri 2001, ni bwo Darego yatorewe kuba Nyampinga wa Nigeria. Nyuma y’igihe gito yambitswe ikamba, yahise yandika amateka yo kwitabira irushanwa rya Miss Universe, ndetse aca agahigo ko kuba umukobwa wa mbere ukomoka muri Nigeria wakandagije ikirenge mu bakobwa icumi bari bahataniye iryo kamba.

Ntibyatinze, mu Ugushyingo uwo mwaka, Darego yanditse amateka atazibagirana muri Afurika, maze aba umunyafurika wa mbere w’umwirabura wegukanye ikamba rya Nyampinga w’Isi wa 2001. Intsinzi ye icyo gihe yakiriwe bidasanzwe n’abanya-Nigeria ndetse n’abanyafurika muri rusange.

Yambitswe iri kamba ku myaka ye 18 y’amavuko, ubwo iri rushanwa ryaberaga muri Afurika y’Epfo ku nshuro yaryo ya 51. Iri kamba yaryamitswe na Priyanka Chopra umukinnyi wa filime w’umuhindekazi uri mu bahembwa neza, wabaye Nyampinga w’Isi wa 2000.

Nyuma y’ibijyanye n’imideli, wagutse cyane nyuma y’aho yitabiriye Miss Universe aho yahise atumirwa n’umunyamideli ukomeye w’umwongereza, Naomi Campbell Frock 'n' Roll, ikirori cyo kumurika imideli cyaberaga muri Barcelona. 

Ibyo, byamuhaye amahirwe yo gutangira gukorana na Trump Model Management yatangijwe ndetse ikaza no guhagarirwa n’uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.

Usibye kuba umunyamideli ukomeye no kuba yarabaye Nyampinga w’Isi, Darego yagiye no mu kanama nkemurampaka ka Miss World 2014, Miss England 2002, Mr. Scotland 2002, ndetse n’andi marushanwa y’imideli nka Elite Model Look Nigeria 2012, 2014 n’ayandi.

Aho agiriye muri New York, Darego yinjiye muri kaminuza yaho ajya kwiga ibijyanye na ‘Psychology’ nuko abisoza muri 2012. Muri 2017 ni bwo yasezeranye kubana akaramata na Ishaya Danjuma, umuhungu w’umubiliyoneri, General Theophilus Yakubu Danjuma mu birori by’akataraboneka byabereye i Marrakesh, umujyi ukomeye wa kane wa Morocco. Kuri ubu, aba bombi bafitanye abana babiri b’abahungu, uw’imfura babyaye muri 2018 ndetse n’undi bibarutse mu mpera za 2020.


Agbani Daredo wabaye Miss World 2001


Ni umunyamideli ukomeye


Yambitswe ikamba na Priyanka Chopra wabaye Miss World 2000


Wari umunsi udasanzwe kuri we, Nigeria na Afurika yose muri rusange


Darego n'umugabo we bamaranye imyaka 6






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND