RFL
Kigali

RFI na La Benevolencija bahuguye abayobozi b’ibitangazamakuru ku guhangana n’ikwirakwizwa ry’amakuru y’ibinyoma

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:31/10/2023 12:59
0


Tariki 23 Ukwakira 2023 hari hatahiwe abayobozi bibitangazamakuru bikorera mu Rwanda, mu guhugurwa na RFI [Radio France Internationale] ku guhangana n’isakazwa ry’amakuru y’ibinyoma akomeje kwangiza sosiyete nyarwanda n’Isi muri rusange.



Mu gihe ikoranabuhanga rikomeje gutera imbere umunsi ku munsi, niko n’ibitangazamakuru bikomeza kuvuka, ndetse n’ibihari rimwe na rimwe bikisanga mu mutego wo gutangaza amakuru y’ibihuha adafitiwe gihamya kubera impamvu zitandukanye, zirimo gushaka amafaranga vuba n’ubumenyi buke ku bijyanye no gutahura amakuru yizewe ndetse n’ay’ibinyoma.

Jupiter Mayaka, umukozi wa RFI ari nawe wahuguraga aba bayobozi barimo aba Radio na Televiziyo ndetse n’ibinyamakuru byandika, yababwiye ko ikibazo cy’isakazwa ry’amakuru y’ibinyoma gikomeje gufata indi ntera, ari nayo mpamvu nyamukuru yatumye biyemeza guhugura abafite ibitangazamakuru mu bihugu bitandukanye mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo.

RFI Kiswahili ku bufatanye n’umuryango utegamiye kuri Leta, La Benevolencija nibo bateguye aya mahugurwa yo kungurana ibitekerezo hagati y’inzobere mu itangazamakuru ryo mu Rwanda, ku nsanganyamatsiko igira iti "Uburyo bwo gucunga no kwirinda amakuru y'ibinyoma - ikibazo k’ingutu ku banyamakuru."

Aya mahugurwa yayobowe n’uwashinze ikinyamakuru cya radio RFI "Ukweli Au Uongo," Jupiter Mayaka abera i Kigali mu kigo cy’Abafaransa ku ya 23 Ukwakira 2023. Mu masaha make bamaranye, Jupiter yaganirije abayobozi ku nararibonye ye kuri iki kibazo, nabo bamusangiza icyo bumva cyakorwa n’inzitizi bahura nazo.

Mu byo bahuguwe harimo gukoresha ‘Applications’ zinyuranye zifashishwa mu gutandukanya amakuru yizewe n’atizewe, amafoto agezweho n’amaze igihe adakwiye gukoreshwa mu nkuru, hamwe no kubanza gukurikirana neza imbuga nkoranyambaga za nyazo z’uwo ushaka gutangazaho inkuru mbere yo kuyigeza rubanda, mu rwego rwo gutambutsa amakuru y’ukuri.

Zimwe mu mbogamizi aba bayobozi bagaragaje, harimo n’uburenganzira busesuye buhabwa abakoresha imbuga nkoranyambaga ndetse n’abashinga ibinyamakuru bidafite umurongo, kuko ngo bafite uruhare runini mu gusakaza amakuru y’ibinyoma kubera gushaka kunguka cyane kandi mu gihe gito, batitaye niba ari ukuri cyangwa ari ibinyoma.

Ni muri urwo rwego bose uko bari bitabiriye haba abo mu ntara ndetse n’abakorera mu Mujyi wa Kigali, bahavuye biyemeje kongera imbaraga mu gukoresha imbuga nkoranyambaga zabo mu rwego rwo guhangana n’abazikoresha nabi, ndetse bakanashyiraho abakozi bashinzwe kugenzura ubuziranenge bw’amakuru mbere y’uko atambuka nk’uko andi maradiyo akomereye ku isi yiyemeje gukoresha uwo murongo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Urwego rw'Abanyamakuru Bigenzura (RMC), Mugisha Emmanuel, yatangaje ko ikwirakwizwa ry’amakuru y’ibinyoma ryiyongereye cyane mu gihe cya Covid-19, aho bantu benshi babaye inzirakarengane z’ayo makuru. 

Yongeyeho ko uko iki kibazo kirushaho gufata ubukana, ari na ko abantu barushaho gutakariza icyizere itangazamakuru kuko ritagitangaza amakuru y’ukuri nk’uko byahoze. Uyu muyobozi yasobanuye ko ibi byose biterwa na huti huti ibitangazamakuru bisigaye bifite yo kurwanira kuba aba mbere mu gutangaza inkuru.

Yasabye abanyamakuru gukomeza ubunyamwuga bagahangana n’iki kibazo nubwo bigoye mu kugihagarika burundu kuko kimaze kugera ku rundi rwego, abasaba kubikora mu rwego rwo kwirinda no kurinda abo bagezaho amakuru.

Yatangaje ko ubu hari imbogamizi ikomeye y’uko umubare w’abantu benshi kuri ubu bashakira amakuru ku mbuga nkoranyambaga, mu gihe arizo ziyoboye mu gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma. Ikibazo gikomeye gihari ni uko abantu bataragira ubushobozi bwo kumenya kuvangura amakuru yizewe n’ay’ibinyoma.

Yasobanuye ko hakenewe kongera uburyo bunyuranye burimo amakinamico magufi, ibishushanyo birimo ubutumwa n’ibindi mu rwego rwo kongerera abaturage ubumenyi no kubamenyesha ko koko iki kibazo gihari. Ndetse avuga ko hagomba kongerwa amahugurwa ahabwa abanyamakuru ku makuru bakwiye gutangaza aherekejwe n’ubunyamwuga. 


RFI Kiswahili, n'umuryango La Benevolencija nibo batanze amahugurwa ku kwirinda no guhangana n'ikwirakwizwa ry'amakuru y'ibinyoma


Ku ikubitiro, hahuguwe abayobozi b'ibitangazamakuru bikorera mu Rwanda, nk'inzobere ndetse banahabwa umukoro wo guhugura abanyamakuru babo


Jupiter Mayaka, umunyamakuru wa RFI ni we watanze aya mahugurwa






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND