RFL
Kigali

Kigali Boss Babes yagarutsweho! Ibintu 5 byaranze igitaramo cya Japhet Mazimpaka-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:30/10/2023 15:12
0


Umunyarwenya w’umunyamakuru, Japhet Mazimpaka yatangaje ko atabasha kubona amagambo yasobanura uburyo yiyumva nyuma y’uko akoze igitaramo cye cya mbere yise “Diaspora Upcoming Comedy Show” ashingiye ku bwitabire n’uburyo abanyarwenya bagenzi be bamushyigikiye mu rugendo rwe.



Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 29 Ukwakira 2023, Japhet yakoreye igitaramo muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali yahuriyemo n’abanyarwenya barimo Doctall Kingsley, Michael Sengazi, Joshua, Babou Joe, Josh2funny, abanyeshuri batatu bo muri Kaminuza, Phronesis na Sundiata.

Yari amaze amezi arenga atatu yamamaza iki gitaramo, kandi yumvikanisha ko yaruhutse nyuma y’uko ashyize akadomo kuri iki gitaramo cyahuje imbaga.

Yabwiye InyaRwanda ati “Ndishimye mu mutima wanjye! Ndumva meze nk’umuntu utuye umutwaro. Ndishimye kubera y’uko iyi ‘Upcoming Diaspora’ ni igitaramo nateguye igihe kinini kandi ngiha umwanya wanjye wose, rero ndishimye ko abantu baje. Mu by’ukuri ndishimye kubera ko haje abantu benshi ntatekerezaga.”

Hafi 80% by’abanyarwenya bitabiriye iki gitaramo bakoresheje ururimi rw’icyongereza, kandi buri munyarwenya wese watumiwe yahabontse. Ni igitaramo kitabiriwe n’abantu bo mu bihugu cyane cyane abo muri Nigeria, mu Bubiligi, mu Budage n’ahandi.

Japhet yavuze ko kuva yatangira gutera urwenya ni “ubwa mbere mbonye abantu bitabiriye igitaramo bishimye kandi bavanze ku buryo buri wese yumva ibivugwa.”

Uyu munyarwenya yavuze ko urugendo aherutse gukorera mu Nigeria rwabaye imbarutso yo kuba yarabashije gutumira abanyarwenya bo muri kiriya gihugu.

Yavuze ko ibitekerezo yubakiyeho iki gitaramo yabikuye kuri aba banyarwenya. Ati “Kujya muri Nigeria byampaye kwagura ibitekerezo ku kintu cyitwa ‘Comedy’. Uyu munsi wanone nari nihanduje icumu, ariko byagenze neza.”

Japhet anumvisha ko bwa mbere agitangira gutekereza gukora iki gitaramo yumvaga ko azagikora ari wenyine, ariko ko uko iminsi yicumaga yagiye agira ibitekerezo aganira n’abandi bigeze ku gutumira n’abandi.

InyaRwanda igiye kugaruka ku bintu 5 byaranze iki gitaramo cya Japhet Mazimpaka

1.Abanyeshuri batatu bo muri Kaminuza bagaragaje impano

Kimwe mu byo Japhet Mazimpaka yashyizemo imbaraga mu gutegura igitaramo cye ni uguha umwanya abanyeshuri b’abanyarwenya biga mu mashami atandukanye ya Kaminuza y’u Rwanda.

Ni ubwa mbere aba banyeshuri bari bataramiye imbaga y’abantu benshi. Ni abasore babiri n’umukobwa umwe! Japhet yabahisemo ashingiye ku bitwaye neza mu bitaramo yagiye akorera mu mashuri makuru na za Kaminuza zitandukanye.

Aba basore babiri bitaye cyane ku rwenya rwagarutse ku buzima bw’abo, ni mu gihe Alice yitaye cyane ku kuvuga ukuntu umubyeyi we yamusengeye kugeza ubwo agarutse ku shuro eshatu yasibiye mu mwaka wa Gatatu w’amashuri abanza.

Bitewe n’uko bwari ubwa mbere, aba basore babiri bagaragaje kutoroherwa no gutera urwenya imbere y’abantu benshi cyo kimwe n’uyu mukobwa, ariko bavuye ku rubyiniro bavuga ko bize imbere byinshi bazifashisha mu rugendo rw’abo.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Japhet Mazimpaka yavuze ko yahaye umwanya aba banyeshuri bo muri Kaminuza mu rwego rwo kurizikana uburyo nawe yaciriwe inzira muri ‘Comedy’.

Yavuze ko yabahisemo ashingiye ku kuntu bigaragaje mu bitaramo bahuriyemo cyane cyane uwitwa Alice. Ati “Nk’uriya mukobwa witwa Alice, ni umwana w’i Musanze uzi urwenya rwose, ndi umufana we, rero washyiraho bariya basore bandi, ni abana ubona ko baje neza. Rero ni itangiriro kuri bo nk’uko nanjye natangiriye muri Arthur Nation.”


2.Umunyarwenya Sundiata yemeje abanya-Kigali

Ni ubwa mbere uyu munyarwenya wabiciye bigacika mu gihugu cya Uganda yari ataramiye i Kigali- Ariko yagaragaje kwihagararaho kugeza ubwo avuye ku rubyiniro abantu batabishaka, bituma asezeranya kuzagaruka.

Uyu musore akigera ku rubyiniro, yavuze ko yiteguye gutembagaza abitabiriye iki gitaramo, kandi koko yabigezeho. Asanzwe akora ibitaramo bizenguruka ibice bitandukanye by’umujyi wa Uganda, mu bihe bitandukanye mu mwaka.

Yinjiriye mu ndirimbo arabyina karahava. Ati “Nitwa Sundiata, ni ubwa mbere ngeze muri iki gihugu cyiza (u Rwanda) mukome amashyi, mwarakoze gukomeza gushyigikira uruganda rwo gutera urwenya.”

Sundiata yavuze ko mu 2020 ari bwo yatangiye gutera urwenya biturutse ku muhanzi Wizkid nyuma y’ibitaramo yari amaze kubona agenda ategura.

Yavuze ko Wizkid yateguye igitaramo agurisha amatike yose hashize iminota 10, arongera ategura ikindi gitaramo amatike ashira hashize iminota 20.

Sundiata avuga ko ashingiye ku byo yabonye byatumye nawe atekereza gutegura igitaramo cye bwite, ariko ko n’itike imwe yaguzwe hashize ukwezi nabwo iguzwe na Nyina utarabashije kwitabira igitaramo cye. Ati “Mama ntiyaje yari yagiye mu gitaramo cya Fireboy. Ndasetsa, mwitegure ndabatembagaza.”

Uyu munyarwenya yavuze ko hari gahunda nyinshi zibera mu Rwanda ahora yifuza ko zagera no muri Uganda.

3.Joshua yisunze ibyavuzwe na Kigali Boss Babes abantu baraseka barihika

Umunyarwenya Joshua Kamilindi yongeye kugaragaza ko ibijyanye no gutera urwenya yisunze ingero z’abantu banyuranye ari ibye.

Uyu musore yavuze uburyo Diamond yafashe Kenny Sol na Okkama aziko ari abana be bahuriye mu gitaramo cyatangiwemo ibihembo bya Trace Awards.

Yatembagaje abantu ubwo yari ageze ku cyongereza cyavuzwe n’abagize Kigali Boss Babes ubwo bajyaga gutangaza umwe mu batsinze muri Trace Awards.

Yagiye asubiramo ijambo ku rindi, avuga ko aba bagore batahagarariye neza u Rwanda nk’uko byakagombwe, ariko ko baragerageje.

Joshua yavuze ko iyo azaba kuba ari Shaddyboo yari kugaragaza ko yisanzuye neza mu Cyongereza. Uyu munyarwenya yagiriye inama abahanzi ababwira ko ari byiza kwiga ururimi, kuko rubafasha mu buzima bwa buri munsi.

Joshua aherutse kubwira InyaRwanda ko igitaramo “Diaspora Upcoming Comedy Show” ari cyo cya nyuma ateyemo urwenya kuko agiye kwerekeza muri Canada.

Ni umwe mu banyarwenya bigaragaje mu bitaramo bitandukanye yakoreye ahantu hanyuranye, yagiye ahuriramo n’abandi barwenya bagenzi be. 

4.Josh2funny yatunguwe n’uburyo yakiriwe

Mbere y’uko agera ku rubyiniro, abari bitabiriye iki gitaramo bazimije amatara mu rwego rwo kumwakira, nawe ageze ku rubyiniro ahamya uburyo yakiriwe neza.

Yavuze ko yakozwe ku mutima n’uburyo yakiriwe i Kigali, kandi avuga ko azi neza ko afite abantu bakunda ibyo akora.

Uyu musore wamamaye muri “America’s Got Talent” yagize ati “Nanjye ndabakunda. Ni ubwa mbere ngeze i Kigali, nitwa Josh3funny, ni njye muraperi wa mbere ku Isi, ninjye muntu wa mbere uzi gusoma cyane nihuta, ni njye mutetsi wa mbere ku isi, mbese ndi uwa mbere muri byose.”

Josh2funny yavuze ko azi kubyina, ariko ko Japhet yamwishyuye kugirango atere urwenya gusa abanya-Kigali ‘kubyina bitarimo’.

Yitaye ku gukoresha cyane indimi zo muri Nigeria, ndetse avuga ururimi akunze gukoresha rw’abantu bari mu cyiciro cy’abatunzi. Anagaruka ku ruganda rw’imyambaro ruzwi cyane muri kiriya gihugu rwambika abantu benshi.

Uyu musore yanavuze ukuntu aherutse kumva umunyarwenya Trevor Noah ari mu kiganiro avuga ukuntu ubukerarugendo bw’u Rwanda bwinjiza 25%.

Yahamije ko ashingiye kubyo yabonye, u Rwanda rwashyize imbere guteza imbere ubukerarugendo.

5.Doctall Kingsley, umunyarwenya w’umunsi

Ni umwe mu banyarwenya bari bamaze igihe bategerejwe n’abantu benshi ahanini biturutse ku kuba yaraciye ibintu ku rubuga rwa Tiktok rwazamuye izina rye.

Yaserutse mu myambaro asanzwe akoresha mu bihangano bye, ubundi abanza kuririmbira abitabiriye iki gitaramo yisunze indirimbo za bamwe mu bahanzi bo muri Kenya.

Doctall yahereye ku kuvuga ko telephone iPhone 16 igiye kujya ku isoko, abaza abakobwa igice cy’umubiri biteguye gutanga kugirango bazagurirwe iyi telefoni. Yamamaye cyane mu guherekeza ibihangano bye yifashishije ijambo ‘This Life no Balance.”

Yumvikanishije ko ku nshuro ye ya mbere ataramiye i Kigali yahagiriye ibihe byiza, kandi yatunguwe n’uburyo ibihangano bye byacengeye bigera i Kigali.


 

Japhet yakomoje ku rugendo rwe yinjira muri RBA nyuma y'igitaramo cye cya mbere

 

Japhet Mazimpaka yatangaje ko umutima we unezerewe nyuma yo gukora iki gitaramo



Japhet imbere y'abitabiriye igitaramo cye muri Camp Kigali- Yitaye ku nkuru z'imibereho y'abanya-Nigeria n'abanya-Kenya


 

Japhet yavuze ko amezi arenze atanu yitegura iki gitaramo

Doctall Kingsley, umunyarenya wabiciye bigacika muri Kaminuza yataramiye i Kigali ku nshuro ya mbere 







Doctall wamamaye kuri Tiktok yashimye Japhet wamufashije gutaramira i Kigali nyuma yo guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga


Umunyarwenya 'Rufendeke' wo muri Giti Business Group
 

Umuhanzikazi Bwiza ari mu bitabiriye iki gitaramo cy'urwenya cyabereye muri Camp Kigali

Uhujimfura Claude, Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa muri Kikac Music Label 

Umushyushyarugamba akaba n'umunyarwenya Nkusi Arthur witabiriye igitaramo cya Japhet yashyigikiye kuva ku munsi wa mbere

 

Alice, umunyarwenya w'umukobwa ubarizwa i Musanze yagaragaje impano ye muri iki gitaramo


Umunyarwenya Sundiata yagaragaje ko hari ibyo Uganda yakabaye yigira k'u Rwanda 

Sundiata yavuze uburyo yinjiye muri 'Comedy' yigana Wizkid 

Akaliza Hope witabiriye Miss Rwanda 2019, 2020 na 2021 yitabiriye iki gitaramo 

Muyoboke Alex wabaye umujyanama w'abahanzi banyuranye mu Rwanda 

Joshua yagarutse ku ndirimbo abahanzi bashyira hanze zitavugwaho

Umunyarwenya Michael Sengazi yongeye gutembagaza abantu yisunze ururimi rw'Igifaransa

 

Umunyarwenya Babou Joe yitaye cyane ku rwenya rwinisha n'abasomye ku mutobe


 

Umunyarwenya Phronesis yavuze ko gutaramira i Kigali ari kimwe mu byo yifuzaga mu buzima bwe 

Umunyamakuru Khamiss Sango wa Radio/Tv10 ari kumwe n'umuhanzi Victor Rukotana 

Umuhanzi Da Rest uherutse gushyira hanze Extended Play (EP) ye ya mbere 

Abakinnyi ba filime bagezweho muri iki gihe, Dr Nsabi, Nyambo ndetse na Lynda wahatanye muri Miss Rwanda 2022 




Umunyarwenya Joshua yagarutse ku cyongereza Kigali Boss Babes yakoresheje mu itangwa ry'ibihembo bya Trace Awards 

Umunya-Kenya MCA Tricky yemeje abanya-Kigali yisunze inkuru nyinshi bigera n'ubwo aza umugabo wo mu Budage




 

Josh2funny yagiye aramukanya n'abanya-Nigeria buri uko yateraga urwenya 


Itsinda ry'abagize umuryango mugari wa Magic FM bashyigikiye Japhet mu gitaramo cye    

Umwe mu basore wo muri Kaminuza wagaragaje impano ye mu gutera urwenya muri iki gitaramo 

Uyu musore wo muri Kaminuza yagarutse ku buzima bwe n'umubyeyi we n'ibindi









Japhet ari kumwe na mugenzi we 5K Etienne bahuriye muri "Bigomba Guhinduka" 




Doctall yaserutse mu myambaro akunze kwambara ndetse n'igikapu akunze kwitwaza






Umushyushyarugamba Nario wayoboye iki gitaramo cy'urwenya

AKARI KU MUTIMA WA JAPHET NYUMA Y'IGITARAMO GIKOMEYE YAKOZE

">


Kanda hano urebe amafoto menshi y'igitaramo "Diaspora Upcoming Comedy Show" cya Japhet


AMAFOTO: Rwigema Freddy-InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND