RFL
Kigali

Clarisse Karasira yazirikanye abarwayi mu ndirimbo yakomoye ku nshuti ye-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:28/10/2023 6:51
0


Umuhanzikazi mu njyana gakondo, Clarisse Karasira yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo ye nshya yise “Gira Ubuzima” mu rwego rwo gukomeza abarwayi n’abarwaza, abifuriza gukomera mu bihe bigoye ubuzima bari kunyuramo.



Iyi ndirimbo ni imwe mu zigize Album ya Gatatu ya Clarisse Karasira yise "Bakundwa." Ndetse, avuga ko amashusho ya zimwe mu ndirimbo zikubiye kuri iyi album yamaze kuyakoraho igisigaye ari ukugenda azishyira hanze.

Yabwiye InyaRwanda ko yahimbye iyi ndirimbo nyuma y'uko mu minsi ishize asuye umwe mu nshuti ze wafashwe n'uburwayi bukomeye bwamuhejeje mu bitaro.

Clarisse avuga ko iriya nshuti ye yamuganirije uko yafashwe n'uburwayi kugeza ubwo bumuzahaje. Uyu muhanzikazi avuga ko muri we yahise yiyumvamo gukora indirimbo ihumuriza abantu bose barwaye, ariko ko atari azi igihe izagira hanze.

Hari mu mpera z'umwaka wa 2022. Kuva icyo gihe atangira kwandika iyi ndirimbo 'Gira Ubuzima' kugeza ubwo yayishyize hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Ukwakira 2023.

Ati "Ni indirimbo yankoze ku mutima nk'izindi mfite kuri album. Ariko cyane cyane atari n'uwo murwayi gusa, ahubwo no gutekereza n'abandi barwayi mbanarahuye nabo mu buzima butandukanye yaba mu Rwanda, abo mu muryango wacu n'abandi. Turi abantu, tuba tuzengurutswe n'abantu benshi."

Clarisse avuga ko ahimba iyi ndirimbo yatekereje ko yafasha abantu barwaye n'abarwaje. Yavuze ko mu 2006 yigeze gufatwa nk'uburwayi bukomeye, kandi ko muri icyo gihe kimwe mu byamukomeje harimo kumva indirimbo z'abahanzi.

Ati "Cyera ndi umwana mutoya mu 2006 narwaye ariko hari indirimbo nakundaga kumva n'ubwo ntabaga nzi ibyo ari byo. Nifuza ko iyi ndirimbo yafasha abarwayi, abarembye, cyane n'abarwayi gahora ikabongera icyizere."

Uyu muhanzikazi asobanura ko iyi ndirimbo ye idasanzwe yaba mu butumwa n'uburyo ihimbitse, anashingiye ku kuba ariyo ya mbere kuri album ye yise 'Bakundwa'.

Yumvikanisha ko adakora umuziki ugamije ubucuruzi, ahubwo arajwe ishinga n'umuziki "w'inganzo y'imitima, womora imitima, wo gufasha abantu mu buryo bumwe cyangwa ubundi."

Iyi album ‘Bakundwa’ ya Clarisse Karasira iriho indirimbo nka 'Icyampa', 'Icyimbo', 'Imbere', 'Ibarabara', 'Gira ubuzima', 'RuhinyuzImana; 'Mu nsi y'izuba', 'Uwo mwana', 'Roho' ndetse na 'Ntukababare'. Zitsa ku rukundo, icyizere, ubudaheranwa n’ibindi. Yubakiye ku muziki w’umurage wa Kinyafurika uhujwe n’umuziki ugezweho.

Clarisse avuga ko muri rusange iyi album igamije kwishimira ikiremwamuntu, ikibutsa ko buri muntu ari nk’undi, kandi ko umuziki ari ururimi rumwe.

Yumvikanisha ko ari album izumvikanisha imbaraga z’umuziki mu gukira ibikomere, gutera imbaraga abantu, guhuza imbaraga no gukorera hamwe.

Clarisse avuga ko indirimbo 10 ziri kuri iyi album nta wundi muhanzi bazikoranyeho, kandi muri iki gitaramo azafitanye n’abandi bahanzi basanzwe babarizwa muri Amerika bazamufasha mu kumurika iyi album.

Mu buryo bw’amajwi (Audio) iyi ndirimbo ‘Gira Ubuzima’ yakozwe na Jimmy Pro n’aho amashusho (Video) yakozwe na Kibonge Eric.


Clarisse yatangaje ko indirimbo "Gira Ubuzima" yayiyumvisemo nyuma yo kumva ubuzima bw’uburwayi bw’inshuti ye


Karasira avuga ko mu bihe by’uburwayi abantu baba bakeneye indirimbo zibahumuriza

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘GIRA UBUZIMA’ YA CLARISSE KARASIRA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND