RFL
Kigali

Ruti Joël agiye gukora igitaramo yatuye umubyeyi we kizahuza urungano

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:26/10/2023 8:27
0


Umuhanzi mu njyana gakondo, Ruti Joel yatangaje ko agiye gukora igitaramo cye bwite yise “Rumata wa Musomandera” yatuye umubyeyi we ‘Musomandera’.



Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Ukwakira 2023, ni bwo uyu muhanzi yatangaje ko ku wa 26 Ukuboza 2023 azataramira mu Intare Conference Arena mu rwego rwo kwizihiza Umuco Nyarwanda ataramana n’abafana be n’abakunzi b’umuziki.

Uyu muhanzi agiye gukora iki gitaramo nyuma yo gushyira ku isoko Album ye yakunzwe cyane yise ‘Musomandera’, iriho indirimbo zakunzwe cyane nka ‘Amaliza’, ‘Cunda’, ‘Gaju’, ‘Nyambo’ n’izindi.

Yabwiye InyaRwanda ko iki gitaramo yacyise ‘Rumata wa Musomandera’ mu rwego rwo gushimira umubyeyi we byihariye wamutoje inzira y’ubutore.

Ati “Ndi Rumata wa Musomandera, kandi Rumata aracyari muto, Musomandera arakuze. Ubwo rero azaba ari igitaramo kiririmbira, gihuza urungano rw’abatubyaye n’abo tungana ubu ngubu, niyo mpamvu nacyise ‘Rumata wa Musomandera’.”

Rumata anavuga ko iki gitaramo yagihaye iriya nyito biturutse ku kuba kuri album ye hariho indirimbo yise ‘Rumata’ ikoze mu buryo bwa gakondo.

Hejuru y’ibi anabihuza no kuba Album ye ‘Musomandera’ yarayikoze mu buryo bwa gakondo gusa. Ati “Ubwo urumva rero nzabihuza uko ari bibiri. Nzabataramira iby’umuco Nyarwanda bitavangiye n’ibivanze by’iterambere. Ni ibyo nteganya gukora. Ni Rumata uzabataramira rivuye inyuma, igitaramo rwose rwanjye.”

Ubwo yashyiraga hanze Album ye ‘Musomandera’, Ruti yumvikanishije uburyo yatoye umuco w’intore, ndetse anabigaragaza ku mbuga nkoranyamba ze.

Yifashishije ifoto ye imugaragaza ari mu ngamba nk’intore yavuze ikivugo cye, agira ati “Ndi ruti mu ngeri baririmba rwamwaga mu ngabo iyogeye ingabo y’Inkotanyi umukogoto wa marere ngira ingoga sintinda ngira imbaraga simbashwa.”

Ruti ni umusore w’urubavu ruto wakuriye iruhande rwa Massamba Intore na Jules Sentore bamuharuriye urugendo rw’umuziki we. Byasembuwe no kuba umwe mu bagize Gakondo Group n'itoreri Ibihame anywana n’umuco kuva ubwo.

Ijwi ry’uyu musore ryumvikanye mu ndirimbo ‘Diarabi’ yakoranye na Jules Sentore ndetse na King Bayo witabye Imana.

Ni indirimbo nawe avuga ko yamwaguriye amarembo y’umuziki, abatari bamuzi batangira kubazanya ngo uwo musore ni nde w’ijwi ryiza!

Muri Gashyantare 2019 yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘La vie est belle’ yasubiyemo y’umuhanzi w’umunyabigwi mu muziki Papa Wemba. Iyi ndirimbo yumvikana mu rurimi rw’Igifaransa n’Igiswahili.

Uyu musore avuga ko gukurira muri Gakondo Group byamufashije kumenya kubyina no guhamiriza mu Ibihame Cultural Troupe yigiramo imibyinire gakondo n’ibindi.

Urugendo rw’umuziki we yarushyigikiwemo na Masamba Intore wamuhaye album z’indirimbo ze azigiraho kuririmba ndetse ngo rimwe na rimwe bakoranaga imyitozo yo kuririmba. 

Ruti Joël yatangaje ko ku wa 26 Ukuboza 2023 azakora igitaramo cye cyihariye kizahuza urungano


Ruti yavuze ko iki gitaramo yagituye umubyeyi we mu rwego rwo kuguza urungano rw’abakiri bato n’abakuze


KANDA HANO UBASHE KUMVAALBUM ‘MUSOMANDERA’ YA RUTI JOEL

"> 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND