RFL
Kigali

Bruce Melodie yashimiye Trace Awards yahaye agaciro ibikorwa bye – VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:24/10/2023 11:17
0


Umwe mu bahanzi bakomeye u Rwanda rufite, Itwahiwacu Bruce wamenyekanye nka Bruce Melodie, yashimiye Trace Awards yitegereje ibyo akora ikabiha agaciro maze ikamugenera igihembo.



Umuhanzi Bruce Melodie wari uri mu bahataniye ibihembo bya Trace Awards 2023, aganira na InyaRwanda Tv yafashe umwanya ashimira ababiteguye, asobanura ko ari igikorwa gikomeye ku muziki Nyafurika, uw’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, ndetse n’uw’u Rwanda by’umwihariko.

Bruce Melodie yagize ati: “Iki ni igikorwa kinini ku muziki Nyafurika muri rusange, ku muziki wo mu Karere, no ku muziki w’igihugu duturukamo muri rusange. Cyane cyane, iyo akazi gakozwe abandi bakabibona bagatekereza ko akazi wakoze kagomba guhabwa ibihembo, cyangwa se hakagira abakwereka ko bakamenye. Ni ikintu cy’ingenzi cyane ku muhanzi kuko iyo ukoze ntugire ababona ko wakoze sinibaza ko hari uwo byashimisha mu kazi ako ariko kose.”

Melodie yakomeje avuga ko ari iby’agaciro gakomeye kuba yaratoranijwe mu bahatanira ibihembo bya Trace, yongeraho ko igihembo gihabwa uwitwaye neza muri buri cyiciro gihataniwe, kuko by’umwihariko mu muziki habamo ibisa no guhatana. Avuga ko iyo utsindiye igihembo, uba uciye impaka, ukagaragaza ko warushije abandi gukora.

Ati: “Rero ni iby’agaciro kuba dukora aka kazi hakagira ababibona, bagatekereza no kuba baduhemba cyangwa se bagaragaza ko bishimiye ibyo twakoze.”

Bruce Melodie wari uhatanye mu cyiciro cy’Umuhanzi mwiza ukomoka mu Rwanda ndetse no mu cyiciro cy’umuhanzi mwiza uhiga abandi bakomoka muri Afurika y’Iburasirazuba, yegukanye igihembo cy’umuhanzi mwiza w’Umunyarwanda mu bihembo bya Trace Awards 2023.

Ni ibihembo byatangiwe mu nyubako ya BK Arena mu mpera z’icyumweru gishize tariki 22 Ukwakira 2023, akaba ari na bwo bwa mbere byari bitangiwe muri Afrika. Iki cyiciro, yari agihuriyemo na Kenny Sol, Ariel Wayz, Bwiza na Chriss Eazy.


Bruce Melodie yashimiye abategura Trace Awards bahaye agaciro ibyo akora bakamugenera igihembo 


Yavuze ko kuba yarahawe igihembo yari abikwiriye kuko yahize abandi


Ajya kwakira igihembo cye, Bruce Melodie yaserukanye na Producer Element ku rubyiniro


Reba hano ikiganiro cyose InyaRwanda yagiranye na Bruce Melodie

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND