Abahanzi mu ngeri zinyuranye bagaragarijwe urubuga bazajya bifashisha mu gusaba uburenganzira bwo gufata amashusho y’indirimbo, filime n’ibindi byerekeranye n'ubuhanzi. Ni uburenganzira butangwa mu gihe cyamenyeshejwe, kandi bukarangira.
Inteko y’Umuco ibarizwa muri
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (Minubumwe) niyo
isanzwe ifite mu nshingano gutanga uburenganzira ku bahanzi, abakinnyi ba
filime n’abandi bashaka gufatira amashusho mu bice bitandukanye by’u Rwanda.
Itangazo ryashyizweho
Umukono n'Umuyobozi w'Inteko y'Umuco, Amb. Masozera Robert rivuga ko iyi
serivisi basanzwe batanga yatangiye no kuboneka ku rubuga rwa:
(www.irembo.gov.rw)."
Bagize bati
"Tunejejwe no kumenyesha abahanzi ba sinema, abafatanyabikorwa n'abandi
bose bakenera serivisi zo gusaba ibyangombwa byo gufata amafoto n'amashusho bisanzwe
bitangirwa muri One Stop Center y'Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Iterambere (RDB); ko
iyi serivisi ishobora no kuboneka ku rubuga rwa irembo."
Inteko y'Umuco yavuze ko
yashyizeho ubu buryo "Mu rwego rwo gukomeza kunoza no kwihutisha
serivisi" batanga ku babagana no gusangiza abashoramari, ubunararbonye.
Umwirondoro wa Dosiye
y'usaba uburenganzira bwo gufata amashusho, ugizwe no kugaragaza ubwenegihugu
bw'usaba serivisi, Nimero y'Irangamuntu ye ndetse n'umwuga akora.
Agaragaza izina
ry'umushinga agiye gukora, ubwoko bw'amashusho ashaka gufata, itariki yo
gutangira n'iyo gusoza, kandi akagaragaza Akarere azabikoreramo.
Ku mugereka anagaragaza
ikipe y'abantu bazakora, incamake y'umushinga we n'ibindi.
Iyi serivisi yashyizweho
ifasha abanyarwanda n'abanyamahanga bifuza gufata amafoto mu ruhame, n'abafata
amashusho (videwo) hagamijwe gukora za filime mbarankuru cyangwa filime mpamo
mu Rwanda no mu mahanga.
Ubu burenganzira buhabwa
abahanzi, ntibukuraho ko ufata amashusho akomeza kubahiriza ibyo asabwa
n'inzego z'ibanze ndetse n'izigenga ikoreshwa rya za dorone n'ibindi bikoresho
byihariye.
Inteko y’Umuco yagaragaje ko gusaba uburenganzira bwo gufata amashusho bizajya bikorerwa ku rubuga Irembo
Abahanzi bibukijwe ko
uburenganzira bahabwa bujyana no kubahiriza ibyo basabwa n’inzego z’ibanze z’aho
bafatira amashusho
TANGA IGITECYEREZO