RFL
Kigali

Bwa mbere mu Rwanda hizihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Abatetsi mu guhesha agaciro uyu mwuga - AMAFOTO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:21/10/2023 12:18
3


Ku nshuro ya mbere mu Rwanda, hizihijwe umunsi mpuzamahanga w’abatetsi b’umwuga (International Chefs Day). Ni umunsi wizihirijwe muri East African University Rwanda, mu rwego rwo kurushaho guhesha agaciro umwuga wo guteka n’abawukora kinyamwuga.



Tariki 20 Ukwakira buri mwaka, ni umunsi mpuzamahanga w’abatetsi b’umwuga (Chefs). Uyu mwaka, ni bwo bwa mbere uyu munsi wizihijwe mu Rwanda, kuva umuryango w’abatetsi bo mu Rwanda washyirwa mu ishyirahamwe ry’abatetsi bo muri Afurika.

Uyu munsi witabiriwe n’abatetsi b’umwuga baturutse impande n’impande mu gihugu, baganirizwa ku byabafasha kurushaho kunoza serivisi batanga zo kugaburira abantu, ari na ko bishimira intambwe bamaze gutera mu guhabwa agaciro nk’abakora indi myuga yose ifitiye igihugu akamaro.

Prof Kabera Callixte, umuyobozi wa Kaminuza ya East African University Rwanda ari nayo yakiriye iki gikorwa, yasobanuye ko batekereje ko ari ngombwa kwizihiza uyu munsi nyuma yo gushyiraho umuryango uhuza abatetsi bo mu Rwanda (Rwanda Chefs Alliance), nyuma bakajya no mu ishyirahamwe ry’abatetsi bo muri Afurika, ndetse bakaba bafite n’intumbero yo kujya mu ishyirahamwe ry’abatetsi bo ku isi.

Yagize ati: “Twasanze ari ngombwa ko uyu munsi ubaho kugira ngo twizihize ibyiza abatetsi bo mu Rwanda bakora, kuko buriya ba mukerarugendo baraza bakarya bakagenda ariko ntibamenya abantu baba babikoze. 

Nyuma y’ibyo rero hari aba chef baba babikoze bakubaka ubuzima bw’abantu, bigatuma abantu bakunda ahantu, bakamenyekanisha umuco w’ahantu, binyuze mu guteka, bakerekana ibyo bazi gukora, byaba byiza bikanatuma ba bakerarugendo bagaruka kenshi. Rero twasanze ari ngombwa mu gihe ubukerarugendo bwacu buri gutera imbere, ko ari ngombwa ko uyu munsi mukuru uba.’’

Umuyobozi wa EAUR yakomeje avuga ko kugira ngo uyu munsi wizihizwe bwa mbere mu mateka y’igihugu kandi ubere muri iyi kaminuza, habayeho ibiganiro hagati yabo n’ishyirahamwe ry’abatetsi mu Rwanda (RCA). 

Yasobanuye ko imwe mu mpamvu yatumye uyu munsi wizihirizwa muri iyi kaminuza ntujye mu mahoteli akomeye hano mu Rwanda, aruko iyi kaminuza isanzwe yigisha ibijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo, kandi bakaba ari bamwe mu bari ku isonga mu bigisha ibijyanye no guteka. Indi mpamvu, ni imikoranire myiza iyi kaminuza isanzwe ifitanye na RCA.

Mu kwizihiza uyu munsi kandi, abanyeshuri biga mu ishami ry’amahoteli n’ubukerarugendo bahawe umwanya bamurikira abari aho ibyo bamaze kungukira muri iyi kaminuza.

Bahawe inama zizabafasha gukomeza kwigana umwete uyu mwuga kugira ngo nibagera hanze ku isoko ry’umurimo bazabashe gutanga umusaruro mwiza urimo no kuzana impinduka nziza igamije guteza imbere imitangire ya serivisi batanga no guhesha ishema igihugu cyabo mu ruhando rw’amahanga.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka iragira iti: “Gutegura abatetsi b’umwuga benshi, twishimira umwambaro bambara.” Prof Callixte yavuze ko impamvu hatoranijwe iyi nsanganyamatsiko aruko uyu mwuga w’ubutetsi ari umwuga ukomeye cyane kandi ufite agaciro. Yongeyeho ko kwambara umwambaro bambara wabugenewe ari ishema, agaciro ndetse n’icyubahiro mu bandi.

Uyu muyobozi yongeyho ko gutegura abatetsi benshi b’umwuga byongera abakora mu mahoteli no mu maresitora beza kandi babyigiye babishoboye. Ibyo kandi bigabanya ibibazo birimo iby’isuku nke, inakunze kugarukwaho n’umukuru w’igihugu, Nyakubahwa Paul Kagame, kugabura indyo ituzuye kubera ubumenyi budahagije ugasanga biteye n’abantu indwara.

Yagize ati: “Gutegura aba chef beza kandi benshi ni ukugira ngo biyongere mu mahoteli, bagere no mu maresitora kuko ntabwo barageramo, usanga afite abantu babyize mu buryo buciriritse ariko tubashije kugira byibura aba chef kugera no mu maresitora byaba ari ikintu cyiza kandi byateza imbere ubukerarugendo, bikongera abagana iki gihugu bagasiga amadovize.”

Kugeza uyu munsi harabarurwa abasaga 450 bahuriye mu ishyirahamwe ry’abatetsi b’umwuga mu Rwanda, nubwo hatangajwe ko umubare munini ari abasigaye batariyandikisha. Iri huriro ryashyizweho mu rwego rwo kugira aho abatetsi babarizwa ndetse bagire n’ahantu bashobora gukura ubumenyi bwizewe.

Bimwe mu by’ibanze abatetsi bose bahuriye muri kaminuza ya East Africa baganirijweho ni ibyo bagomba kwitaho mu gutegura amafunguro y’ababagana akabageraho ari nta makemwa.

Sindayigaya Ramadhan, ushinzwe ibikorwa byo guhuza no kwandika aba chef mu Rwanda asobanura impamvu bahisemo gukorera ibi birori muri East African University yagize ati: “Hano hari amasomo ajyanye n’ubukerarugendo ndetse n’iby’amahoteli by’umwihariko ibyo guteka. 

Nk’aba chef kuba twahurira hano ntabwo ari impanuka ahubwo ni ukugira ngo na wa munyeshuri uri aha ngaha wiga ibyo guteka avuge ati koko bya bintu ndi kwiga bizangirira akamaro. Ku rwego ariho iyo abonye umu chef aje hano hakabera umunsi mukuru nk’uyu nguyu, hagatangwa inyigisho nk’izi ngizi, bimutera imbaraga bikanamufasha kumva ko atari kwiga ibintu by’imfabusa.”

Ramadhan kandi uzwi ku izina rya chef Rama yatangaje ko nubwo abakuru b’igikoni benshi bagaragara mu mahoteli atandukanye hano mu Rwanda usanga ari abanyamahanga, biri hafi guhinduka kuko umubare w’abatetsi b’umwuga mu Rwanda usanga wiyongera umunsi ku wundi.

Mu gusoza uyu munsi, abitabiriye ibirori bose bateraniye hamwe maze basangira amafunguro yateguwe na bamwe mu batetsi b’umwuga baturutse hanze y’iyi Kaminuza ndetse n’abanyeshuri bakiri kwiyungura ubumenyi kuri uyu mwuga. 

Bamwe muri aba babyeshuri batangaje ko bishimiye cyane kwakira umunsi mukuru mpuzamahanga w’abatetsi, bavuga ko byabongereye imbaraga ndetse batewe ishema no kwiga umwuga w’ubutetsi.

Reba hano amwe mu mafoto yaranze umunsi mpuzamahanga w'abatetsi wizihijwe bwa mbere mu Rwanda, ukizihirizwa muri kaminuza ya East African University.


Ibi birori byatangijwe n'isengesho


Byitabiriwe n'abagize ishyirahamwe ry'abatetsi b'umwuga mu Rwanda



Mu bitabiriye kandi harimo n'abiga ibijyanye no guteka mu mashuri makuru ndetse na za kaminuza zitandukanye


Umuyobozi mukuru wa East African University, Prof Kabera Callixte aganiriza abatumirwa



Abatetsi bahawe impanuro zibafasha gukomeza kunoza umwuga wabo


Umuyobozi mukuru wa RCA, Innocent Rutayisire, nawe yahawe umwanya wo kuganiriza abari aho byinshi kuri uyu muryango, aho wavuye, aho ugeze uyu munsi ndetse n'intumbero zawo



Abayobozi batandukanye bari aho baganirije abitabiriye ibi birori batanga impanuro



Umuyobozi wa EAUR yatangaje ko iyi kaminuza iri ku isonga mu kwigisha ibijyanye n'umwuga w'ubutetsi





Bamwe mu biga ibyo guteka bagaragaje ubumenyi bamaze kungukira muri kaminuza ya EAUR



Banasobanuraga uko bateguye amafunguro yabo



Batewe ishema n'umwuga biga kandi bizeye ko uzabatunga


Amwe mu mafunguro yamuritswe muri ibi birori






Akanyamuneza kari kose ku banyeshuri biga ibyo guteka muri kaminuza ya EAUR



Nyuma abari aho bose basangiriye hamwe amafunguro yateganijwe


AMAFOTO: Freddy Rwigema - inyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Chef Ruyonza vitari9 months ago
    Ndi umunyarwanda ariko ubu ndi gukorera Qatar nishimiye byimaze umunsi w'abatetsi by'umwihariko kuba mu Rwanda wijihijwe ni intambwe ikomeye ndetse ni uguhesha agaciro abatetsi,Murakoze
  • Vanessa 9 months ago
    Ndi umunyeshuri muri EAUR , kimwe mu bimpesha ishema muri uyu umwuga wo guteka, ni ukwitinyuka no gutera imbere kw'abari n'abategarugori muri uyu mwuga cyane cyane mu ma Hoteli n'ubukerarugendo. Mwarakoze gushyiraho uyu munsi mwiza wo kwizihiza umunsi w'abatetsi.
  • Musonera josette 9 months ago
    Wouwwww mbega byizaaa big congratulations for us





Inyarwanda BACKGROUND