RFL
Kigali

Mr Eazi waserukanye SKOL, yagaragaje ibintu bitatu byafasha abahanzi-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:21/10/2023 0:33
0


Umunyamuziki Oluwatosin Oluwole Ajibade wamenye nka [Mr Eazi] yatangaje ko umuziki wa Nigeria wateye imbere biturutse ku bantu barimo nka Fuse ODG wamamye mu ndirimbo 'Azonto' mu myaka ya 2013 na 2014 na studio z'abanyamuziki nka Major Lazer n'abandi bashyizeho itafari ku muziki wa Nigeria.



Yabigarutseho ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukwakira 2023, mu kiganiro yahuriyemo na Franck Kacou wo muri Universal Music, Ezegozie Eze Jr. wo muri Label ya Empire ireberera abahanzi barimo nka Burna Boy, Fireboy n’abandi ndetse na Tobi Van Zyl wo muri Bett’r

Muri iki kiganiro, Mr Eazi yavuze ko yakuze ari umwana ushakisha ubuzima, ku buryo muri we atari yarigeze yiyumvamo gukora umuziki. Avuga ko umuziki 'wabaye nk'ubuhungiro' kuri we.

Yavuze ko yinjira mu muziki nko mu 2015 yatangiye kwiga buri kimwe gisabwa kugirango abe umuhanzi ukenewe ku rwego Mpuzamahanga. Igihe kimwe yakira telefoni ya Rollen Hill wo muri Ghana watangiye kumufasha kuva icyo gihe.

Eazi yavuze ko yari amaze igihe yumva indirimbo za Rollen Hill, kandi ko muri 2016 ari bwo yiyemeje gukora umuziki mu buryo bw'umwuga, kugeza ubwo atangiye gukorera ibitaramo mu Bwongereza.

Nyuma y'imyaka ibiri, yahisemo gushinga 'Label' ayita Empawa Africa. Yavuze ko kuva icyo gihe yahise yiyemeza gukora umuziki w'abanyafurika gusa, kandi ashima uko abantu bamwakiriye.

 

Uyu mugabo yagaragaje ko mu rugendo rwe rw'umuziki yagiye aca uduhigo, kandi byamufashije kumurika ku ruhando rw'umuziki abahanzi barimo nka Joe Boy, Nandi wo muri Kenya, aba Producer benshi n'abandi.

Yavuze ko nta gushidikanya afite muri we, ko mu myaka itatu iri imbere umuziki wa Afurika uzaba wumvikana ku rwego rw'isi, kandi byaratangiye.

Abajijwe icyo yakoze cyamufashije gutuma aba umuhanzi ukomeye ku Isi, yavuze ko harimo kuba yaramenye uwo ari we, avuga ko ibi ari nabyo buri muhanzi yakabaye yubakiraho umuziki we.

Uyu muhanzi yavuze ko ubwo yari mu rugendo aza mu Rwanda, hari amashusho yarebye agaragaza Rema akinjira mu muziki, abona ko atigeze ahinduka mu miririmbire n'ibikorwa bye, ibintu avuga ko byagakwiye kuba biranga buri muhanzi wese uri mu muziki.

Ati "Rema yari azi uwo ari we. Ntiyigeze ahinduka. Yakomeje gukora indirimbo, kandi agenda azamura urwego rwe, none afite indirimbo zikomeye ku Isi."

Icya kabiri yabwiye abahanzi ni ikipe y'abantu bakorana mu muziki. Yavuze ko umuhanzi akwiye kwita cyane ku kureba umujyanama bakorana n'abandi bagize ikipe ye.

Eazi yavuze ko iyo umuhanzi yiyegereje abantu basobanukiwe neza iby'umuziki, adashobora gukora amakosa arimo nko kubura mu gitaramo kandi yagitumiwemo.

Yavuze ko nta muhanzi wakabaye wemera ikintu hanyuma ngo ananirwe kugikora. Icya gatatu yavuze ko ni ukwiga. Eazi yavuze ko umuhanzi agomba kuba yarize, kandi afite ubumenyi ku muziki.

Eazi yavuze ko nta kintu na kimwe yari azi mu muziki kugeza ubwo yigeze gukora amakosa mu gusakaza indirimbo ze ku mbuga nkoranyambaga z'umuziki.

Yavuze ko ibi ari ubwa mbere abigarutseho imbere. Ati "Kwiga, kwiga, kumenya uwo uri we, kwigirira icyizere, no kumenya ikipe ngari mukorana."

Coach Gael washinze 1:55 AM, yavuze uburyo umwaka ushize yahuye na Olivier washinze Trace Group baganira ku kuba ibihembo bya Trace Awards byatangirwa mu Rwanda. Avuga ko icyo gihe batiyumvishakaga ko bizashoboka, ariko hamwe n’umuhate no kwiyemeza, byarashobotse.

Uyu mugabo yagaragaje ko umuziki ukeneye abashoramari, ashima Guverinoma y’u Rwanda binyuze mu Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere ku bwo gushakira inzira abahanzi.

Mr Eazi yatangaje umuhanzi agomba gukora uko ashoboye akiga kandi akamenya uwo ariwe

Mr Eazi yaserutse yambaye umwambaro wa Skol- Asanzwe afitanye amasezerano n'ikipe ya Rayon Sports binyuze muri ChopLife


Uhereye ibumoso: Umuyobozi wa Trace Group, Olivier Laouchez, Umuyobozi muri Universal Music, Franck Kacou, Karomba Gael washinze 1:55 AM, Ezegozie Eze Jr. wo muri Empire, Tobi Van Zyl wo muri Bett’r ndetse n’umuhanzi Mr Eazi






Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze ikiganiro Mr Eazi yahuriyemo n'abafite aho bahuriye n'umuziki

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'LEG OVER' YA MR EAZI

">

AMAFOTO: Jean Nshimiyimana-InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND